Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa indangamuntu koranabuhanga, baravuga ko bayitegerezanyije amatsiko, kandi ko bayitezeho kuzakemura bimwe mu bibazo bahuraga na byo.

Iki gikorwa cyatangiriye mu Turere twa Huye, Gisagara na Nyanza; two mu Ntara y’Amajyepfo, aho abaturage bari kujya gukosoza imyirondo yabo isanzwe iri muri sisitemi y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA.

Enok Mugisha, umwe mu baturage bitabiriye iki gikorwa, avuga ko iyi ndangamuntu nshya izorohereza abaturage muri serivisi basanzwe baka mu nzego za Leta.

Ati “Hari igihe ujya kwaka serivisi ugasanga indangamuntu yawe ifite amakosa cyangwa itagaragaza amakuru yose. Kuba batuzaniye uburyo bushya bugezweho, bizadufasha cyane kubona serivisi vuba kandi neza.”

Niyonzima Jean Claude na we avuga ko iyi gahunda igaragaza icyerekezo cyiza mu kunoza imitangire ya serivisi, nk’imwe mu ntego za Leta y’u Rwanda.

Ati “Iyi ndangamuntu izafasha Leta kumenya amakuru yacu byihuse, natwe bigatuma tubona serivisi zitandukanye mu buryo bworoshye, nko gufungura konti cyangwa gusaba pasiporo, n’ibindi.”

Nubwo bishimira iyi gahunda, hari bamwe mu baturage bavuga muri iki gikorwa cyo gukosora imyirondoro bahabwe ikarita ndangamuntu bari guhura n’ibibazo bitandukanye nko kubura internet, bigatuma badahita bakorerwa bigasaba ko bataha bakazongera gusubirayo.

Uwimana Chantal wo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yagize ati “Twaje mu gitondo dufite ibyangombwa byose, ariko internet yabuze inshuro nyinshi, bamwe barataha batabashije gukosorerwa. Twifuza ko byanozwa kugira ngo twese tubone indangamuntu nshya neza.”

Hategekimana Thaddée avuga ko hari n’abagaragayeho amakuru adahuye n’irangamimerere yabo, bigatuma basabwa ibindi byangombwa by’inyongera.

Ati “Bamwe bagasanga amazina yabo atandukanye n’ayanditse mu bitabo by’irangamimerere, bakoherezwa kuzagaruka bafite ibyangombwa byemeza ayo makuru. Ibyo bitwara igihe n’amafaranga.”

Mutijima Bernard, umukozi ushinzwe gukurikirana iki gikorwa mu Ntara y’Amajyepfo, yavuze ko ibyo bibazo biri gukurikiranwa kandi bigenda bikemuka uko iminsi igenda ishira.

Ati “Ibibazo bigenda biboneka ni ikirere kiba kitameze neza, ndetse n’utundi tubazo tugenda tugaragara tukadukosora, ariko uko igihe kiri kugenda gishira byose bragenda bikemuka ni uko ari mu itangira.”

Uyu mushinga w’indangamuntu koranabuhanga uteganyijwe gutwara arenga miliyari 101 Frw, ukazafasha mu kunoza uburyo amakuru y’umuturage aboneka kandi agakoreshwa mu buryo bwihuse.

Bavuga ko bategerezanyije amatsiko menshi iyi ndangamuntu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Next Post

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.