Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere y’Abanyekongo bo mu gace karimo abavuga Ikinyarwanda Papa yavuze ubutumwa bwuzuye ikiniga

radiotv10by radiotv10
02/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UMUTEKANO
1
Imbere y’Abanyekongo bo mu gace karimo abavuga Ikinyarwanda Papa yavuze ubutumwa bwuzuye ikiniga
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis uri mu ruzinduko rw’amateka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje agahinda atewe n’ingaruka ziri kuba kuri bamwe mu Banyekongo bo mu burasirazuba bwa Congo, ati “amarira yanyu, ni yo yanjye, agahinda kanyu ni ko kanjye.”

Papa Francis yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gashyantare nyuma yo kumva ubuhamya bwa bamwe mu Banyekongo bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni agace kakunze kwibasirwa n’ibikorwa bihungabanya uburengazira bwa muntu byakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bagiye batotezwa n’imitwe yitwaje intwaro ndetse bamwe bakicwa urw’agashinyaguro.

Papa Francis yavuze ko yifatanyije n’aba bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibi bikorwa, ati “Amarira yanyu, ni yo yanjye, agahinda kanyu ni ko kanjye.”

Yakomeje agira ati “Kuri buri muryango uri mu bubabare cyangwa wavanywe mu bye bitewe no gutwikirwa inzu ndetse n’ibindi byaha by’intambara, abafashwe ku ngufu, ku mwana wese cyangwa umuntu mukuru wakomeretse, namubwira nti ‘nifatanyije na mwe, ndabahumurizanya impuhwe z’Imana’.”

Yakomeje avuga ku bikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyekongo bo mu bice bya Bunia, Beni-Butembo, Goma, Masisi, Rutshuru, Bukavu na Uvira, bidakunze kuvugwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga, avuga ko ibi bice bisa n’ibyafashe bugwate n’Ibihugu by’ibihangange, bikaba birimo imitwe yitwaje intwaro ifite imbaraga ikomeje guteza umutekano mucye.

Yanagarutse ku bujura bw’imitungo kamere yibwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko ibi bikorwa na byo hari benshi bahaburira ubuzima.

Ubwo Perezida Felix Tshisekedi yahaga ikaze Papa Francis ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023, yamutakiye amubwira ko Igihugu cye kizwiho ubugwaneza no kwakira neza abantu, ariko ko cyakunze kuzahazwa n’ibibazo by’umutekano mucye byatejwe n’Ibihugu birimo ibituranye na Congo.

Muri ubu butumwa bwa Tshisekedi wongeye no kuvuga ku Rwanda, yavuze ko hari n’Ibihugu by’ibihangange bigira uruhare muri ibi bibazo by’umutekano mucye, ingingo atakunze kuvuga nyamara na yo iri mu bifatwa nk’iza ku isonga mu muzi w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Cyiza Albert says:
    3 years ago

    Reka ntankuru iri nkaha

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame muri Senegal yakiranywe urugwiro n’uyoboye Afurika Yunze Ubumwe baranaganira

Next Post

Hagaragajwe icyaca impaka ku bashoferi bavuga ko bafatiwe gusinda nyamara banyoye ‘energy’

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyaca impaka ku bashoferi bavuga ko bafatiwe gusinda nyamara banyoye ‘energy’

Hagaragajwe icyaca impaka ku bashoferi bavuga ko bafatiwe gusinda nyamara banyoye 'energy'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.