Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abayobozi bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakunze gusezeranya byinshi abatuye mu Bihugu bigize uyu muryango bityo ko igihe kigeze ngo ibyemeranyijweho bishyirwe mu bikorwa.

Perezida Paul Kagame yatangaje ibi mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo guha ikaze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Muri uyu muhango wabereye i Nairobi muri Kenya, Perezida Paul Kagame yashimye intambwe yatewe yo kwinjiza DRC mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aboneraho gushimira by’umwihariko Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye EAC ndetse na Felix Tshisekedi mu kazi bakoze kugira ngo iyi ntambwe igerweho.

Ati “Twebwe akazi kacu kari ako kubihamya no guha ikaze DRC mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Twaje hano kugira ngo tubikore.”

Amasezerano ashyiraho uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aha uburenganzira abatuye mu Bihugu biwugize kugenderana nta nkomyi ndetse no gukuraho imbagamizi mu rwego rw’ubucuruzi, abaturage bakarushaho guhahirana.

Mu mpera z’ukwezi gushize ubwo DRC yemererwaga kujya muri EAC mu buryo budasubirwaho, abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, bavuze ko igihe kigeze ngo uyu muryango urusheho kugirira inyungu abatuye mu Bihugu biwugize.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yavuze ko igihe kigeze ngo ibyo Ibihugu byiyemeje bishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Twagiye dutambutsa imbwirwaruhame nyinshi mu bihe byatambutse. Birakwiye ko dushyira mu bikorwa ibyo twagiye dutangariza abaturage.”

Perezida Kagame yizeje ko ashyigikiye byimazeyo uku kwishyira hamwe no kwagura uyu muryango  wa Afurika y’Iburasirazuba mu rwego rwo kugera ku ntego zawo.

Perezida Kagame avuga ko igihe kigeze ngo ibyagiye byiyemezwa bishyira mu bikorwa
Abakuru b’Ibihugu biyemeje gukomeza kuzamura uyu muryango wa EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seventeen =

Previous Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Next Post

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.