Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame

radiotv10by radiotv10
08/04/2022
in MU RWANDA
0
Imbwirwaruhame nyinshi twavuze igihe kirageze ngo tuzigabanye dukore ibyo twasezeranyije abaturage- Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko abayobozi bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakunze gusezeranya byinshi abatuye mu Bihugu bigize uyu muryango bityo ko igihe kigeze ngo ibyemeranyijweho bishyirwe mu bikorwa.

Perezida Paul Kagame yatangaje ibi mu muhango wo gushyira umukono ku masezerano yo guha ikaze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Muri uyu muhango wabereye i Nairobi muri Kenya, Perezida Paul Kagame yashimye intambwe yatewe yo kwinjiza DRC mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aboneraho gushimira by’umwihariko Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye EAC ndetse na Felix Tshisekedi mu kazi bakoze kugira ngo iyi ntambwe igerweho.

Ati “Twebwe akazi kacu kari ako kubihamya no guha ikaze DRC mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Twaje hano kugira ngo tubikore.”

Amasezerano ashyiraho uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aha uburenganzira abatuye mu Bihugu biwugize kugenderana nta nkomyi ndetse no gukuraho imbagamizi mu rwego rw’ubucuruzi, abaturage bakarushaho guhahirana.

Mu mpera z’ukwezi gushize ubwo DRC yemererwaga kujya muri EAC mu buryo budasubirwaho, abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, bavuze ko igihe kigeze ngo uyu muryango urusheho kugirira inyungu abatuye mu Bihugu biwugize.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yavuze ko igihe kigeze ngo ibyo Ibihugu byiyemeje bishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Twagiye dutambutsa imbwirwaruhame nyinshi mu bihe byatambutse. Birakwiye ko dushyira mu bikorwa ibyo twagiye dutangariza abaturage.”

Perezida Kagame yizeje ko ashyigikiye byimazeyo uku kwishyira hamwe no kwagura uyu muryango  wa Afurika y’Iburasirazuba mu rwego rwo kugera ku ntego zawo.

Perezida Kagame avuga ko igihe kigeze ngo ibyagiye byiyemezwa bishyira mu bikorwa
Abakuru b’Ibihugu biyemeje gukomeza kuzamura uyu muryango wa EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 17 =

Previous Post

Kamonyi: Habaye impanuka ikomeye y’ikamyo yacitse feri igonga izindi modoka zari zitwaye abagenzi

Next Post

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisiti itegerejwemo ingamba nshya zo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.