Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana, impuguke mu mategeko mpuzamahanga, avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, zishobora kuzamuviramo ibyaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, akazabibazwa mu nkiko mpuzamahanga.

Me Evode Uwizeyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru cyagarukaga ku mwuka mubi umaze iminsi uri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avuze ko mu Gihugu cye harimo ibyitso n’abagambanyi bakorana n’u Rwanda ashinja guhungabanya umutekano wa Congo.

U Rwanda rwakunze kugaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu ubwacyo, rukanatanga inama z’inzira byakemukamo ariko iki Gihugu kikaba cyarakomeje kuzitera umugongo.

Me Evode Uwizeyimana wagarutse ku mbwirwaruhame za Perezida Tshisekedi, yavuze ko imvugo ze ziremereye.

Ati “Ni imbwirwaruhame idatandukanye cyane n’abandi bantu twagize mu mateka, ba Habyarimana, kuvuga ko yatewe n’Ubugande muri za 90, ya theory y’ibyitso. Iteye impungege kuko ishobora kuzamushora mu byaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu kuko yongeye kugarura theory y’ibyitso n’abagambanyi.”

Senateri Uwizeyimana yagarutse ku magambo y’igifaransa aremereye yakoreshejwe na Tshisekedi nka ‘Traîtres’ (abagambanyi) ndetse na ‘Brebis Galeuse’, yombi azwi mu mateka ko agamije gutesha agarico abantu.

Avuga kandi ko mu minsi ishize hari abasirikare bakuru baherutse guhagarikwa mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho gukorana n’u Rwanda, ku buryo ntawabura kuvuga ko bifitanye isano n’izo mvugo za Tshisekedi.

Ati “Iyo theory y’abagambanyi n’ibyitso na hano [mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi] yarakoze kandi yacuze inkumbi.”

Me Evode yanagarutse ku biherutse gutangazwa na Tshisekedi ahamagarira urubyiruko kwinjira mu gisirikare no kuruha intwaro, avuga ko ibi na byo bishobora kuzamuganisha mu byaha by’intambara.

Ati “Ibi bintu ntaho bitandukaniye na bya bintu bya milice (udutsiko tw’abarwanyi) kuko iyo arimo guhamagarira abantu mu kivunge, yinjiza abantu b’amabandi, b’abajura, kandi bene uwo muntu iyo umuhaye intwaro ikintu cya mbere akora ni ukwikenura, ni ukumena amaduka.”

Akomeza avuga ko ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bishobora kuzavamo ibyaha bihanwa n’amategeko mpuzamaganga. Ati “Ziriya mbwirwaruhame Tshisekedi arimo gukora njye nta nubwo natinya kuzita incendiaire [rutwitsi].”

Gusa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye i Luanda muri Angola ku butumire bwa mugenzi wabo w’iki Gihugu kiri gufasha ibi Bihugu mu buhuza.

Ibi biganiro byahuje abakuriye dipolomasi z’ibi Bihugu, byanzuye ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeza ibiganiro kandi hakubahirizwa ibyemezo byafatiwe mu biganiro byabereye i Nairobi n’i Luanda mu mezi ashize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 1 =

Previous Post

Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Next Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yongeye gushotora u Rwanda

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.