Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana, impuguke mu mategeko mpuzamahanga, avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, zishobora kuzamuviramo ibyaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, akazabibazwa mu nkiko mpuzamahanga.

Me Evode Uwizeyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru cyagarukaga ku mwuka mubi umaze iminsi uri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avuze ko mu Gihugu cye harimo ibyitso n’abagambanyi bakorana n’u Rwanda ashinja guhungabanya umutekano wa Congo.

U Rwanda rwakunze kugaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu ubwacyo, rukanatanga inama z’inzira byakemukamo ariko iki Gihugu kikaba cyarakomeje kuzitera umugongo.

Me Evode Uwizeyimana wagarutse ku mbwirwaruhame za Perezida Tshisekedi, yavuze ko imvugo ze ziremereye.

Ati “Ni imbwirwaruhame idatandukanye cyane n’abandi bantu twagize mu mateka, ba Habyarimana, kuvuga ko yatewe n’Ubugande muri za 90, ya theory y’ibyitso. Iteye impungege kuko ishobora kuzamushora mu byaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu kuko yongeye kugarura theory y’ibyitso n’abagambanyi.”

Senateri Uwizeyimana yagarutse ku magambo y’igifaransa aremereye yakoreshejwe na Tshisekedi nka ‘Traîtres’ (abagambanyi) ndetse na ‘Brebis Galeuse’, yombi azwi mu mateka ko agamije gutesha agarico abantu.

Avuga kandi ko mu minsi ishize hari abasirikare bakuru baherutse guhagarikwa mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho gukorana n’u Rwanda, ku buryo ntawabura kuvuga ko bifitanye isano n’izo mvugo za Tshisekedi.

Ati “Iyo theory y’abagambanyi n’ibyitso na hano [mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi] yarakoze kandi yacuze inkumbi.”

Me Evode yanagarutse ku biherutse gutangazwa na Tshisekedi ahamagarira urubyiruko kwinjira mu gisirikare no kuruha intwaro, avuga ko ibi na byo bishobora kuzamuganisha mu byaha by’intambara.

Ati “Ibi bintu ntaho bitandukaniye na bya bintu bya milice (udutsiko tw’abarwanyi) kuko iyo arimo guhamagarira abantu mu kivunge, yinjiza abantu b’amabandi, b’abajura, kandi bene uwo muntu iyo umuhaye intwaro ikintu cya mbere akora ni ukwikenura, ni ukumena amaduka.”

Akomeza avuga ko ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bishobora kuzavamo ibyaha bihanwa n’amategeko mpuzamaganga. Ati “Ziriya mbwirwaruhame Tshisekedi arimo gukora njye nta nubwo natinya kuzita incendiaire [rutwitsi].”

Gusa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye i Luanda muri Angola ku butumire bwa mugenzi wabo w’iki Gihugu kiri gufasha ibi Bihugu mu buhuza.

Ibi biganiro byahuje abakuriye dipolomasi z’ibi Bihugu, byanzuye ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeza ibiganiro kandi hakubahirizwa ibyemezo byafatiwe mu biganiro byabereye i Nairobi n’i Luanda mu mezi ashize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eight =

Previous Post

Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Next Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
Uncategorized

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yongeye gushotora u Rwanda

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.