Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imihigo Brig.Gen.Karuretwa yinjiranye mu nshingano nshya n’impamvu muri RDF ikinyabupfura kiza imbere

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
1
Imihigo Brig.Gen.Karuretwa yinjiranye mu nshingano nshya n’impamvu muri RDF ikinyabupfura kiza imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Brig Gen Patrick Karuretwa wagizwe Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare akaba yanarahiriye izi nshingano, yavuze ko azaharanira gushyira imbere ko mu butabera bw’igisirikare cy’u Rwanda hakomeza kwimakazwa imyitwarire iboneye, kuko uru rwego rusanganywe ububasha bukwiye guherekezwa n’ikinyabupfura.

Perezida mushya w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Brig Gen Patrick Karuretwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, nyuma yuko Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yakiriye indahiro ze, kimwe n’abandi bahawe inshingano muri uru Rukiko.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yakiraga indahiro zabo, yabibukije ko imyitwarire iboneye, ari yo isanzwe iranga Ingabo z’u Rwanda, bityo ko n’izi nshingano binjiyemo bagomba kuyimakaza.

Yagize ati “Nk’uko mubizi Ingabo z’u Rwanda RDF aho ziri hose zirangwa n’ikinyabupfura na disipuline. Iyo ni indangagaciro ikomeye ku Ngabo z’Igihugu cyacu, tutagomba gutatira twese. Turasaba rero gukomeza kuyisigasira, kuko ifite akamaro gakomeye mu kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu.”

Brig Gen Patrick Karuretwa yavuze ko hari impamvu zituma ikinyabupfura kigomba kuza imbere mu Ngabo z’u Rwanda, zirimo kuba uru rwego rusanganywe ububasha bwisumbuyeho, buba bugomba kugira igituma abarukoramo batabwitwaza ngo babukoreshe nabi.

Ati “Disipuline ihabwa imbaraga nyinshi cyane, kugira ngo ububasha tuba dufite n’ibikoresho n’izo nshingano, hatabaho kubukoresha nabi, ni yo mpamvu habaho Inkiko za gisirikare zihariye zihabwa imbaraga zikoreshwa mu buryo bufite uburemere bushobora kuba burenze ubw’izo muri sosiyete nyarwanda isanzwe.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe twakiriye izi nshingano nshya, turabyumva neza, twanabirahiriye ko ikintu cyitwa disipuline, ubutabera mu gisirikare, tubishyiramo imbaraga zidasanzwe bijyanye n’inshingano igisirikare kiba gifite muri sosiyete nyarwanda.”

Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, atangaje ibi ndetse anarahiriye izi nshingano, nyuma y’amasaha macye Urukiko rwa Gisirikare, ruhamije ibyaha bitatu Sergeant Minani Gervais wari ukurikiranyweho kwica abasivile batanu abarasiye mu kabari ko mu Karere ka Nyamasheke, rukamukatira gufungwa burundu no kunyagwa amapeti ya gisirikare

Ni icyemezo cyafashwe nyuma yuko ibi byari byabaye mu kwezi gushize, ariko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bukizeza ko bwafashe ingamba zikomeye zo kuzatuma uyu wari umwe mu ngabo z’u Rwanda ahanwa hakurikijwe amategeko.

Minisitiri w’Intebe yasabye abarahiriye inshingano nshya kuzakomeza gusigasira imyitwarire iboneye muri RDF
Basinyiye kuzuza inshingano zabo

RADIOTV10

Comments 1

  1. tipyg says:
    1 year ago

    continue being genuine in delivering good leadership to the people of rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − four =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Next Post

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.