Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imihigo Brig.Gen.Karuretwa yinjiranye mu nshingano nshya n’impamvu muri RDF ikinyabupfura kiza imbere

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
1
Imihigo Brig.Gen.Karuretwa yinjiranye mu nshingano nshya n’impamvu muri RDF ikinyabupfura kiza imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Brig Gen Patrick Karuretwa wagizwe Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare akaba yanarahiriye izi nshingano, yavuze ko azaharanira gushyira imbere ko mu butabera bw’igisirikare cy’u Rwanda hakomeza kwimakazwa imyitwarire iboneye, kuko uru rwego rusanganywe ububasha bukwiye guherekezwa n’ikinyabupfura.

Perezida mushya w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Brig Gen Patrick Karuretwa yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, nyuma yuko Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yakiriye indahiro ze, kimwe n’abandi bahawe inshingano muri uru Rukiko.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yakiraga indahiro zabo, yabibukije ko imyitwarire iboneye, ari yo isanzwe iranga Ingabo z’u Rwanda, bityo ko n’izi nshingano binjiyemo bagomba kuyimakaza.

Yagize ati “Nk’uko mubizi Ingabo z’u Rwanda RDF aho ziri hose zirangwa n’ikinyabupfura na disipuline. Iyo ni indangagaciro ikomeye ku Ngabo z’Igihugu cyacu, tutagomba gutatira twese. Turasaba rero gukomeza kuyisigasira, kuko ifite akamaro gakomeye mu kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu.”

Brig Gen Patrick Karuretwa yavuze ko hari impamvu zituma ikinyabupfura kigomba kuza imbere mu Ngabo z’u Rwanda, zirimo kuba uru rwego rusanganywe ububasha bwisumbuyeho, buba bugomba kugira igituma abarukoramo batabwitwaza ngo babukoreshe nabi.

Ati “Disipuline ihabwa imbaraga nyinshi cyane, kugira ngo ububasha tuba dufite n’ibikoresho n’izo nshingano, hatabaho kubukoresha nabi, ni yo mpamvu habaho Inkiko za gisirikare zihariye zihabwa imbaraga zikoreshwa mu buryo bufite uburemere bushobora kuba burenze ubw’izo muri sosiyete nyarwanda isanzwe.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe twakiriye izi nshingano nshya, turabyumva neza, twanabirahiriye ko ikintu cyitwa disipuline, ubutabera mu gisirikare, tubishyiramo imbaraga zidasanzwe bijyanye n’inshingano igisirikare kiba gifite muri sosiyete nyarwanda.”

Perezida w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, atangaje ibi ndetse anarahiriye izi nshingano, nyuma y’amasaha macye Urukiko rwa Gisirikare, ruhamije ibyaha bitatu Sergeant Minani Gervais wari ukurikiranyweho kwica abasivile batanu abarasiye mu kabari ko mu Karere ka Nyamasheke, rukamukatira gufungwa burundu no kunyagwa amapeti ya gisirikare

Ni icyemezo cyafashwe nyuma yuko ibi byari byabaye mu kwezi gushize, ariko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bukizeza ko bwafashe ingamba zikomeye zo kuzatuma uyu wari umwe mu ngabo z’u Rwanda ahanwa hakurikijwe amategeko.

Minisitiri w’Intebe yasabye abarahiriye inshingano nshya kuzakomeza gusigasira imyitwarire iboneye muri RDF
Basinyiye kuzuza inshingano zabo

RADIOTV10

Comments 1

  1. tipyg says:
    1 year ago

    continue being genuine in delivering good leadership to the people of rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − sixteen =

Previous Post

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Next Post

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Kigali: Hasobanuwe amayeri yakoreshwaga n’abasore bakekwaho ubujura n’urwego bagendaga biyitirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.