Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali, CHUK bitangaza ko nta miti ishobora kuvura ikibazo cy’amabara asigara ku mubiri w’umuntu wisize amavuta yangiza uruhu ashaka kwitukuza bikamupfubana.

Mu nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye ku Cyumweru tariki 01 Gicurasi 22, Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’uyu muryango, yagarutse ku kibazo cy’abisiga amavuta atukuza uruhu bashaka guhinduka nk’abazungu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko bibabaje kuba iki kibazo kiri no mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi, abibutsa ko bigira ingaruka zaba izo ku ruhu ndetse n’iz’imbere mu mubiri.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Hari abagira ibyago, bashakaga kwitukuza, bakaba umuhondo bakaba icyatsi kibisi, ugasanga umuntu asigaye asa n’umukororombya. Ibyo se na byo ni RPF?”

Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) byibukije abaturarwanda bakoresha amavuta atukuza uruhu ko agira ingaruka zikomeye nko kuba barware cancer y’uruhu kubera ko uruhu ruba rutakibasha guhangana n’imirasire y’izuba.

Abaganga b’indwara z’uruhu muri CHUK bavuga kandi ko aya mavuta ashobora gutuma uruhu ruzana amabara anyuranye nk’ayo Umukuru w’Igihugu yagarutseho.

Dermatologist said people may know the high risks of using skin bleaching cosmetics leading to skin cancers due to sun damages, skin irritation multicolored which is not fair but also kidney injury for those using Mercury urging them to consult Dermatologist pic.twitter.com/WTuQJLTGzQ

— University Teaching Hospital of Kigali/CHUK (@HospitalChuk) May 4, 2022

Dr Amani usanzwe ari umuganga w’indwara z’uruhu muri CHUK, yavuze ko kugeza ubu nta miti iraboneka ishobora kuvura ibibazo biterwa n’aya mavuta by’umwihariko ibi by’amabara adaanzwe.

Polisi y’u Rwanda imaze iminsi yarashyize imbaraga mu kurwanya aya mavuta yangiza uruhu ariko ntisiba gufata abayacuruza.

Mu cyumweru gishize, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC) ryafashe abacuruzi babiri bakorera mu isoko rya Kimironko bacuruzaga aya mavuta.

Aba bacuruzi babiri, barimo umwe wafatanywe amacupa 127 y’amavuta atandukanye yangiza uruhu ndetse na Murengera Narcisse wafatanywe amacupa 120.

Ingaruka za Mukorogo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 5 =

Previous Post

Amarira yari yose mu gushyingura umukobwa washenguye benshi

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.