Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali, CHUK bitangaza ko nta miti ishobora kuvura ikibazo cy’amabara asigara ku mubiri w’umuntu wisize amavuta yangiza uruhu ashaka kwitukuza bikamupfubana.

Mu nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye ku Cyumweru tariki 01 Gicurasi 22, Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’uyu muryango, yagarutse ku kibazo cy’abisiga amavuta atukuza uruhu bashaka guhinduka nk’abazungu.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko bibabaje kuba iki kibazo kiri no mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi, abibutsa ko bigira ingaruka zaba izo ku ruhu ndetse n’iz’imbere mu mubiri.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Hari abagira ibyago, bashakaga kwitukuza, bakaba umuhondo bakaba icyatsi kibisi, ugasanga umuntu asigaye asa n’umukororombya. Ibyo se na byo ni RPF?”

Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) byibukije abaturarwanda bakoresha amavuta atukuza uruhu ko agira ingaruka zikomeye nko kuba barware cancer y’uruhu kubera ko uruhu ruba rutakibasha guhangana n’imirasire y’izuba.

Abaganga b’indwara z’uruhu muri CHUK bavuga kandi ko aya mavuta ashobora gutuma uruhu ruzana amabara anyuranye nk’ayo Umukuru w’Igihugu yagarutseho.

Dermatologist said people may know the high risks of using skin bleaching cosmetics leading to skin cancers due to sun damages, skin irritation multicolored which is not fair but also kidney injury for those using Mercury urging them to consult Dermatologist pic.twitter.com/WTuQJLTGzQ

— University Teaching Hospital of Kigali/CHUK (@HospitalChuk) May 4, 2022

Dr Amani usanzwe ari umuganga w’indwara z’uruhu muri CHUK, yavuze ko kugeza ubu nta miti iraboneka ishobora kuvura ibibazo biterwa n’aya mavuta by’umwihariko ibi by’amabara adaanzwe.

Polisi y’u Rwanda imaze iminsi yarashyize imbaraga mu kurwanya aya mavuta yangiza uruhu ariko ntisiba gufata abayacuruza.

Mu cyumweru gishize, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha (ASOC) ryafashe abacuruzi babiri bakorera mu isoko rya Kimironko bacuruzaga aya mavuta.

Aba bacuruzi babiri, barimo umwe wafatanywe amacupa 127 y’amavuta atandukanye yangiza uruhu ndetse na Murengera Narcisse wafatanywe amacupa 120.

Ingaruka za Mukorogo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Amarira yari yose mu gushyingura umukobwa washenguye benshi

Next Post

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.