Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano ya M23 na FARDC yongeye kumvikanamo imbunda n’ibisasu bya rutura

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uratangaza ko uruhande bahanganye mu mirwano rugizwe na FRDC ndetse n’umutwe wa FDLR n’ingabo z’u Burundi, rwaramutse rurasa ibisasu biremereye mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe binatuwemo n’abaturage.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa M23 mu kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024, nk’uko bikubuye mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Ubu butumwa bugaragaza amakuru agezweho y’imirwano, Lawrence Kanyuka yavuze ko kuva saa mbiri n’igice (08:30’) z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, imirwano yubuye.

Kanyuka yagize ati “Kuva muri iki gitondo, uruhande rwishyize hamwe rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba, ingabo z’u Burundi n’iza SADC, bagabye ibitero mu bice byacu bituwemo n’abaturage benshi bya Nyange, Gatovu no mu bice bibikikije, bakoresheje intwaro ziremereye, zahitanye ubuzima bwa bamwe, abandi bakava mu byabo.”

Umutwe wa M23 wakomeje uvuga ko ukomeje kubabazwa kandi wamagana ibikorwa by’ubwicanyi bikomeje gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, nyamara abayobozi bo mu karere bakomeje gushaka uburyo hashakwa umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

M23 ivuga ko izakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu bice igenzura, yaboneyeho gutabariza abaturage bari mu kaga batejwe n’iyi mirwano, bakaba batabona ubutabazi.

Iyi mirwano yongeye kubura, mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024, Perezida Felix Tshisekedi yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ni mu gihe Felix Tshisekedi yirukanye ingabo z’uyu muryango wa EAC, agasaba iza SADC kuza kumuha amaboko mu kurwanya M23, ndetse ubu zikaba ziri gufatanya na FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya aturuka mu ikipe imazemo iminsi ibibazo byari byatumye abakinnyi basa nk’abigaragambya

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.