Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in MU RWANDA
0
Imiryango itatu mu Rwanda yihuje ivamo umwe hasobanurwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango IBUKA, AERG na GAERG-AHEZA, yihuje ikora Umuryango umwe witwa IBUKA, mu rwego rwo gushyira hamwe no kongera imbaraga mu mikorere y’Imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uku kwihuza kwatangajwe mu itangazo ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 08 Ukuboza 2024, ryavuze ko byakozwe nyuma y’igihe biganirwaho.

Iyi miryango yose uko ari itatu, isanzwe ikora ibijyanye no kurengera ndetse no kuzamura imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bikazanabikomeza nyuma yo kwihuza.

Iri tangazo rya IBUKA rigira riti “Nyuma y’imyaka 30 Jenoside imaze ihagaritswe, haracyagaragara ingaruka za Jenoside mu Rwanda ndetse no mu mahanga. Umuryango IBUKA ukaba ukomeje Gufata ingamba zo guhangana na zo no kuzikemura. Umuryango IBUKA ufatanyije n’Abanyarwanda muri rusange ndetse n’inshuti z’u Rwanda uzaharanira ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi atazibagirana, uzakomeza kuvuguruza abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Rikomeza rivuga kandi ko uyu muryango IBUKA uzakomeza gukorana na Leta y’u Rwanda muri gahunda z’ubumwe n’ubudaheranwa, nka zimwe mu nkingi zubakiyeho u Rwanda ruzira ivangura n’amacakubiri byigeze kuba muri iki Gihugu bikakigeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iri tangazo kandi rivuga ko nyuma yuko hafashwe icyemezo cyo kwihuza kw’iyi miryango ikaba IBUKA, hahise hanatorwa abayobozi ba Ibuka, barimo Philbert Gakwenzire wagizwe Perezida, akaba yungirijwe na Christine Muhongayire wagizwe Visi Perezida wa mbere, ndetse Blaise Ndizihiwe wagizwe Visi Perezida wa kabiri.

Naho Umunyamabanga Mukuru wa IBUKA, ni Louis de Montfort Mujyambere, Komiseri ushinzwe Urubyiruko, Uburezi n’Umuco ni Aline Mpinganzima, naho Komisiyeri kwibuka, ubudaheranwa, ubutabera no kubaka amahoro arambye, ni Me Janvier Bayingana.

Komiseri ushinzwe ubuzima, Imibereho myiza no kwimakaza uburinganire, yagizwe Monique Gahongayire, naho Komiseri ushinzwe ubushakashatsi, iterambere, kubaka ubushobozi n’ishoramari, ni Evode Ndatsikira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Next Post

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Uwahoze mu mutwe ufite umugambi wo gutera u Rwanda ahishuye uko ukorana n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.