Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Imodoka yarimo Perezida Zelensky wa Ukraine yagonzwe n’indi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’Igihugu cya Ukraine, Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy yakoze impanuka ubwo imodoka yari arimo yagonzwe n’indi y’umuntu usanzwe.

Byatangajwe mu ijoro ryakeye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bishinzwe amakuru mu biro by’Umukuru w’Igihugu cya Ukraine.

Iri tangazo rivuga ko Perezida Zelensky, yakoreye impanuka mu murwa Mukuru wa Kiev ubwo yari mu modoka ikagongwa n’indi.

Muri iri tangazo rigufi ryatanzwe na Sergii Nykyforov ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho mu biro by’Umukuru w’Igihugu, rigira riti “Perezida yakorewe ibizamini n’umuganga ariko nta bikomere bikanganye yamusanganye.”

Sergii Nykyforov yatangaje ko uwari utwaye iyo modoka yagonze iy’Umukuru w’Igihugu yakomeretse, yahise atangira kuvurirwa ahabereye impanuka akaza kugezwa ku bitaro hifashishijwe imbangukiragutabara.

Iyi mpanuka yabaye ubwo Perezida Zelenskcy yagaruka i Kiev avuye mu gace ka Kharkiv aho yahuriye n’abasirikare ba Ukraine mu mujyi wa Izium wisubijwe na Ukraine iwukuye mu maboko y’abasirikare b’u Burusiya.

Perezida Zelensky ukunze gutanga ubutumwa akoresheje amashusho, nyuma yuko ibiro bye bivuze iby’iyi mpanuka, yagaragaye mu butumwa bw’amashusho agaragariza abaturage be ishusho y’Intambara ihanganishije Igihugu cye n’u Burusiya ariko ntiyagira icyo avuga kuri iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

Uwari umukozi wa RADIOTV10 yahawe inshingano nshya muri FERWACY

Next Post

Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi

Related Posts

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi

Akadasangirwa kasangiwe: Abasore b’impanga bashatse umugore umwe n’umwana atwite ngo ni uwabo bombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.