Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga w’itegeko rivugurura kandi ryuzuza iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, urimo impinduka zo kuba igifungo cya burundu gishobora kugabanywa, wazamuye impaka mu Nteko Ishinga Amategeko, aho bamwe mu Badepite bavuga ko iki gihano gikwiye kuba ‘ntakorwaho’ bityo ko kidakwiye cyagoragozwa ngo kigabanywe.

Ni impaka zavutse mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kamena 2023, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, yasobanuraga imishinga y’amategeko, Guverinoma yifuza ko avugururwa.

Mu mushinga w’Itegeko rivugurura iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, harimo impinduka zo kuba Umucamanza ashobora kugira ubwinyagamburiro bwo kugabanya ibihano byose kugeza no ku wagombaga gukatirwa gufungwa burundu, mu gihe ubusanzwe uteganyirizwa iki gihano, atajyaga agira impamvu nyoroshyacyaha ngo agabanyirizwe igihano.

Uyu mushinga ugaragaza impamvu zatuma Umucamanza agabanya iki gihano cy’igifungo cya burundu akagishyira ku myaka itari munsi y’icumi, zirimo kuba uregwa yagaragaje ibimenyetso nyoroshyacyaha, uburemere bw’icyaha, ingarukaza cyateye, impamvu zamuteye kugikora ndetse n’imyitwarire yari isanzwe imuranga.

Gusa bamwe mu ntumwa za rubanda, ntibakozwa ibyo kuba habaho kugabanya igihano kuri iki kiruta ibindi mu Rwanda.

Umwe mu Badepite yavugaga ko igifungo cya burundu, kidakwiye gukorwaho, ati “Icyo twita burundu, ikaba ari burundu nyine, akaba ari cya kindi ubona ko nta bwinyagamburiro, nta kuzana inyoroshyo. Kuba bamukatiye burundu, nashinyirize.”

Izi ntuma za rubanda, zivuga ko ubu bwinyagamburiro buzahabwa Umucamanza, bushobora kuzatuma habaho ruswa mu nkiko, ku buryo umuntu wari gukatirwa igifungo cya burundu, yakoresha ibishoboka byose kugira ngo agabanyirizwe.

Undi Mudepite yagize ati “Nyuma yo kuvanaho igihano cy’urupfu mu Rwanda, ibihano bihabwa igihano cya burundu, ari ibyaha biremereye cyane, wenda Umucamanza mu bubasha agiye guhabwa, wenda akavana kuri burundu agashyira ku myaka 20, ariko kuvuga imyaka icumu ku cyaha cyahabwaga igihano cya burundu, mbona dusa nk’aho twagiye cyane hasi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, avuga ko kuremereza ibihano atari byo bitanga umusaruro wo kugorora abakoze ibyaha.

Avuga ko uyu mushinga w’itegeko, uzajya wihanukira ku mpamvu nsubiracyaha, ariko ko umuntu ufite impamvu nyoroshyacyaha, we hazajya habaho ubwinyagamburiro bwo kugabanyirizwa ibihano.

Ati “Iyo umuntu akoze icyaha, agasubira icyaha, muri bya bindi uca urubanza akurikiza, iyo arebye agasanga ya myitwarire ya wa wundi wafashwe harimo kuba yarigeze gukora icyaha, bihita bimuzamurira, aho kubaho impamvu nyoroshyacyaha ahubwo hakabaho impamvu nkabyacyaha.”

Mu mpinduka ziri muri uyu mushinga w’itegeko kandi, harimo kuba igifungo gito cyari giteganyijwe mu Rwanda cy’amezi atandatu, gishobora kugabanywa ndetse n’ihazabu ikaba ishobora kuzajya igabanywa kugeza kuri 1/4 cy’iteganyirijwe icyaha cyakozwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYOREMBO David says:
    3 years ago

    Njye sinumva ahubwo impamvu, abantu bakora ibyaha bikomeye n’ibyaha by’ubugome bajya muri gereza bakaryama, leta ifite inshingano yo kubagaburira, bavuzwa, bakenera amazi n’amashanyarazi. n’ibindi nkenerwa mubuzima bwabo bwa buri munsi. igitekerezo cyanjye ni :

    1. Kuki hatabaho amahugurwa kubafungwa bakoze ibyaha byo kuri urwo rwego, agamije kubatoza imyuga irimo ubwubatsi bw ‘ibikorwa remezo ( imihanda, amateme, ibiraro, injira za gare ya moshi, inyubako zituwemo n’imiryango myinshi cyane cyane abatuye mumanegeka, no mukajagari) ko Leta yishyura amafaranga menshi kuri ba rwiyemezamirimo kandi byagakozwe nabo bagororwa?

    2. Kuri abo bagororwa bashoje ibihano byabo bagahabwa za Certificate z’ubumenyi batahanye byazabateza imbere bageze mumiryango yabo?

    3. Nko kubagororwa bakatiwe igifungo cya burundu, akoze iyo mirimo ifitiye igihugu akamaro nibura imyaka 15 yakoroherezwa igifungo yakatiwe bitewe n’imyitwarire yagaragaje akaba yahabwa amahirwe yakabili yo kuba mumuryango nyarwanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye

Next Post

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.