Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Impaka mu Nteko: Abadepite b’u Rwanda ntibakozwa ibyo kugoragoza igifungo cya burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga w’itegeko rivugurura kandi ryuzuza iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, urimo impinduka zo kuba igifungo cya burundu gishobora kugabanywa, wazamuye impaka mu Nteko Ishinga Amategeko, aho bamwe mu Badepite bavuga ko iki gihano gikwiye kuba ‘ntakorwaho’ bityo ko kidakwiye cyagoragozwa ngo kigabanywe.

Ni impaka zavutse mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kamena 2023, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, yasobanuraga imishinga y’amategeko, Guverinoma yifuza ko avugururwa.

Mu mushinga w’Itegeko rivugurura iriteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, harimo impinduka zo kuba Umucamanza ashobora kugira ubwinyagamburiro bwo kugabanya ibihano byose kugeza no ku wagombaga gukatirwa gufungwa burundu, mu gihe ubusanzwe uteganyirizwa iki gihano, atajyaga agira impamvu nyoroshyacyaha ngo agabanyirizwe igihano.

Uyu mushinga ugaragaza impamvu zatuma Umucamanza agabanya iki gihano cy’igifungo cya burundu akagishyira ku myaka itari munsi y’icumi, zirimo kuba uregwa yagaragaje ibimenyetso nyoroshyacyaha, uburemere bw’icyaha, ingarukaza cyateye, impamvu zamuteye kugikora ndetse n’imyitwarire yari isanzwe imuranga.

Gusa bamwe mu ntumwa za rubanda, ntibakozwa ibyo kuba habaho kugabanya igihano kuri iki kiruta ibindi mu Rwanda.

Umwe mu Badepite yavugaga ko igifungo cya burundu, kidakwiye gukorwaho, ati “Icyo twita burundu, ikaba ari burundu nyine, akaba ari cya kindi ubona ko nta bwinyagamburiro, nta kuzana inyoroshyo. Kuba bamukatiye burundu, nashinyirize.”

Izi ntuma za rubanda, zivuga ko ubu bwinyagamburiro buzahabwa Umucamanza, bushobora kuzatuma habaho ruswa mu nkiko, ku buryo umuntu wari gukatirwa igifungo cya burundu, yakoresha ibishoboka byose kugira ngo agabanyirizwe.

Undi Mudepite yagize ati “Nyuma yo kuvanaho igihano cy’urupfu mu Rwanda, ibihano bihabwa igihano cya burundu, ari ibyaha biremereye cyane, wenda Umucamanza mu bubasha agiye guhabwa, wenda akavana kuri burundu agashyira ku myaka 20, ariko kuvuga imyaka icumu ku cyaha cyahabwaga igihano cya burundu, mbona dusa nk’aho twagiye cyane hasi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, avuga ko kuremereza ibihano atari byo bitanga umusaruro wo kugorora abakoze ibyaha.

Avuga ko uyu mushinga w’itegeko, uzajya wihanukira ku mpamvu nsubiracyaha, ariko ko umuntu ufite impamvu nyoroshyacyaha, we hazajya habaho ubwinyagamburiro bwo kugabanyirizwa ibihano.

Ati “Iyo umuntu akoze icyaha, agasubira icyaha, muri bya bindi uca urubanza akurikiza, iyo arebye agasanga ya myitwarire ya wa wundi wafashwe harimo kuba yarigeze gukora icyaha, bihita bimuzamurira, aho kubaho impamvu nyoroshyacyaha ahubwo hakabaho impamvu nkabyacyaha.”

Mu mpinduka ziri muri uyu mushinga w’itegeko kandi, harimo kuba igifungo gito cyari giteganyijwe mu Rwanda cy’amezi atandatu, gishobora kugabanywa ndetse n’ihazabu ikaba ishobora kuzajya igabanywa kugeza kuri 1/4 cy’iteganyirijwe icyaha cyakozwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NIYOREMBO David says:
    3 years ago

    Njye sinumva ahubwo impamvu, abantu bakora ibyaha bikomeye n’ibyaha by’ubugome bajya muri gereza bakaryama, leta ifite inshingano yo kubagaburira, bavuzwa, bakenera amazi n’amashanyarazi. n’ibindi nkenerwa mubuzima bwabo bwa buri munsi. igitekerezo cyanjye ni :

    1. Kuki hatabaho amahugurwa kubafungwa bakoze ibyaha byo kuri urwo rwego, agamije kubatoza imyuga irimo ubwubatsi bw ‘ibikorwa remezo ( imihanda, amateme, ibiraro, injira za gare ya moshi, inyubako zituwemo n’imiryango myinshi cyane cyane abatuye mumanegeka, no mukajagari) ko Leta yishyura amafaranga menshi kuri ba rwiyemezamirimo kandi byagakozwe nabo bagororwa?

    2. Kuri abo bagororwa bashoje ibihano byabo bagahabwa za Certificate z’ubumenyi batahanye byazabateza imbere bageze mumiryango yabo?

    3. Nko kubagororwa bakatiwe igifungo cya burundu, akoze iyo mirimo ifitiye igihugu akamaro nibura imyaka 15 yakoroherezwa igifungo yakatiwe bitewe n’imyitwarire yagaragaje akaba yahabwa amahirwe yakabili yo kuba mumuryango nyarwanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Hagaragaye amashusho y’uburyo ubutasi bw’u Burusiya bwafashe ukekwaho ibyaha bikomeye

Next Post

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Hahishuwe umuzi w’icyatumye umuhanzi nyarwanda muto yivana mu gitaramo cy’umunyabigwi ukuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.