Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
14
Impaka z’urudaca ku nkwano: Hari uwifuza ko iba 5.000Frw mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Umudepite agaragarije ko inkwano ikomeje kuremerera abifuza kurushinga muri iyi minsi, bamwe mu banyarwanda bunze mu rye, bavuga ko inkwano ikwiye kuvaho cyangwa ikaba igiciro cyoroheye buri wese kuko hari benshi yatumye bagumirwa kubera kubura amafaranga y’umurengera bakoshwa n’imiryango y’abakobwa.

Mu nteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yabaye mu cyumweu gishize tariki 15 Ugushyingo 2022, ubwo Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yagaragarizaga Intumwa za Rubandu ibibazo byugarije imiryango nyarwanda, umwe mu Badepite yagaragaje ko Inkwano zikoshwa abasore muri iki gihe ziteje ikibazo.

Hon. Depite Ndagijimana Leonard yagize ati “Inkwano ubu zigeze muri za miliyoni, uwo ni umutwaro wa mbere. Umutwaro wa kabiri kugira ngo abone inzu cyangwa ubukode bikaba ari umutwaro uremereye, kugira ngo abone amafaranga y’ubukwe kikaba ari ikibazo ndetse hamwe bagasesagura.”

Yakomeje agira ati “Ahenshi aba yafashe inguzanyo muri banki cyangwa yagujije bagenzi be. Turebe ukuntu twavanaho abantu umutwaro w’inkwano.”

Kuva iyi ntumwa ya rubanda yatangaza iki gitekerezo, bamwe mu baturarwanda bacyuririyeho bavuga ko amafaranga y’umurengera acibwa abasore muri iki gihe nk’inkwano akwiye kuvaho.

Mu kiganiro abaturage biganjemo abasore n’abagabo bubatse bo mu bice bitandukanye bagiranye na RADIOTV10, bagaragaje ko bifuza ko inkwano zivaho.

Umwe w’umusore ugaragara nk’ukuze yagize ati “Inkwano niziveho, natwe dushake abagore tube nk’abandi. Ni ukuri kose ubu nta mugore mfite kandi mfite imyaka mirongo ine (40), nakabaye mfite abana bane.”

Aba basore bavuga ko bakurikije n’uko imibereho ihenze muri iki gihe, badashobora kubona amafaranga bacibwa n’imiryango y’abakobwa.

Undi ati “None se baraduca amafaranga menshi kandi ubukene bwarateye, ntakintu dufite, uzi ko abagabo benshi baretse kurongora. Njye numva inkwano bayihorera cyangwa bagashyiraho igiciro cya macye, nk’ibihumbi icumi cyangwa bitanu ku buryo buri muntu wese yabibona akaba ari sisiteme y’Igihugu twese, Abanyarwanda twese tukajyana abagore nkuko umuntu ajya mu isoko akagura ibirayi.”

Uyu musore avuga ko hari abajya kurambagiza abakobwa, imiryango yabo ikababwira ko bazabakwa miliyoni 1 Frw nyamara uwo musore atarigeze ayatunga.

Ati “Uragenda ku mukobwa ngo ni ibihumbi 800 undi ati ni miliyoni, undi ati ni inka eshatu, kandi wowe nta n’imbwa irinda urugo ufite.”

Undi we wanashatse, avuga ko ubwo yajyaga gukwa umugore bashakanye, yabanje kugurisha isambu ye none byaranabakurikiranye mu muryango wabo, bibateza ubukene bakirimo.

Ati “Ukoye umuntu, urashonje, uramuzanye ntakintu azanye uje no kumutunga, ahubwo iwabo bagakwiye kumuha imperekeza ziza zikamufasha kumutunga.”

 

Ababyeyi bafite abakobwa ntibabikozwa

Bamwe mu babyeyi bafite abana b’abakobwa bavuga ibyo gukuraho inkwano bidashoboka kuko ari ishimwe ryo guha umubyeyi kubera icyuya aba yarabize amurera.

Umwe ati “None se umwana waramureze umurihirira amashuri, nibirangiza baze bamutware, ubwo se icyo mba narakoze cyanshimisha nk’umubyeyi ni ikihe?”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette ubwo yasubizaga uriya Mudepite kuri kiriya kibazo cy’inkwano, yemeye ko igisobanuro cy’inkwano cyahozeho hambere, cyagiye gitaraka.

Ati “Inkwano yari ifite igisobanuro cyayo ariko ni kwa kundi ikintu kiza tukagikoresha mu buryo butari bwo, ni kimwe no ku nkwano, na yo yari ikimenyetso cy’ishimwe ariko uko gukoresha nabi, ugasanga ababyeyi bayifashe nk’aho ari ikiguzi, ni cyo kigomba gushyirwamo imbaraga mu kukirwanya.”

Minisitiri Bayisenge yavuze ko n’itegeko rigenga umuryango, hatabamo ingingo irebana n’inkwano kuko ntabashobora kwangirwa gusezerana kuko batakoye.

RADIOTV10

Comments 14

  1. Nshimiyimana Emmanwer says:
    3 years ago

    Ikwano badufashije bazikuraho rwoxe kuko nicyo kintu gituma tudashinga Ingo

    Reply
  2. Tegamatwi says:
    3 years ago

    Ababyeyi barahemukira urubyiruko bituma abasore batarongora kubera inkwano zihanitse nabakobwa ntibarongerwe kubera ko abasore ntabushobozi niyo mpamvu uburaya bweze mu rwanda

    Reply
  3. Jean d'Amour Ndahayo says:
    3 years ago

    Niba inkwano ari ishimwe ry’ababyeyi se, ababyeyi b’abahungu bo ntibakwiye gushimwa? Inkwano ni cyo kintu kibi ahubwo kigaragaza icuruzwa ry’abantu. Uzi ko hari n’abaciririkanya nk’abagura cyangwa bishyura igicuruzwa runaka? Niziveho na cyane ko zitari mu itegeko ry’umuryango.

    Reply
  4. Munyarigoga Michel says:
    3 years ago

    Ku bwanjye ndatanga igitekerezo kigira kuri: “Leta igize neza yashyiraho itegeko rivuga ko nta nkwano igomba kurenza ibihumbi 100 rwf

    Reply
  5. Ryumugabe eric says:
    3 years ago

    Arik ababyey ntibaka vuge gutyo nones ababahungu barahirirwa kuki batumvak natwe twize tuzishuzanyese ahubwo nibabijyire uburinganire kuk twese tubatwarize kd twaranaryanga ni bikomeza gutyo rero nubundi igihug kizahera muribyo mpaka nibumve ibihe turimo barabizi ntanumubyeyi ujyitagi isambu ngo hari kera ahubwo mbon tujyiye kujya tujya kuba twara twitwaje amashuri ndufite kuk nta money mugan wa wamuhanzi wacu arik icyo navuga nikimwe ndufashanye naho bitaribyo turagowe pee turazaniri imvi ngeto

    Reply
    • Elie Ndungutse says:
      3 years ago

      True

      Reply
  6. Munyehirwe Damien says:
    3 years ago

    None se ngo inkwano nishimwe ryababyeyi b’umukobwa none uwabyaye umuhungu ashimwa nande?

    Reply
  7. DIEUDONNE MREFU says:
    3 years ago

    Leta y’uRwanda nishyireho itegeko regenga ingano yinkwano itagomba kurezwa kumukobwa igihe abakundanye bagiye gukora ubukwe. Kuko byaba byiza kurusha Kandi baba banorohereje abagiye gushakana kugirango bazarusheho kugira urugo rukomeye rudasabiriza.

    Reply
  8. Marco says:
    3 years ago

    inkano izage itangwa kubushacye wenda nko mugihe umugabo yamaze kubona ko umugore bamuhaye yamushimye ( bikaba byaba arinkishimwe umugabo atanze )

    Reply
    • Marco says:
      3 years ago

      nabwo igatangwa kubushake

      Reply
  9. TUMUSHIME Salomon says:
    3 years ago

    Buriya rero aka gakino njyewe karancanze,kuko ikibazo Aho gikomerera cyane ndetse bihita bigaragaza Aho ubusumbane buri nuko umubye wabyaye abana 2 umukobwa n’Umuhungu,arakosha kdi ibyamirenjye ark ntiyemera gukwera umusore ukibaza niba umusore avukana amafaranga dore ko itakiri inkwano y’Inka nkuko bivugwa ahubwo zabaye za Million.

    Reply
  10. UWIMANA Immaculée says:
    3 years ago

    Inkwano mumenye KO n’a kera yahozeho kandi ni umuco twavutse dusangaho kuvuga ngo iveho ndumva atari byo uri umukene udafite inkwano uhabwa umugeni kandi biremerwa bikandikwa KO uhawumugeni w’ubuntu mwibigira urwitwazo ngo ni ubukene bituma mudashaka ikindi umusore n’inkumi bumvikanye ababyeyi ntibabavuguruza kuko n’inkwano baba bayiganiriyeho .

    Reply
  11. Byukusenge Belancille says:
    3 years ago

    Ariko jyewe hari ibyo nsoma ukabona abantu babaho mu bujiji burenze. Umuntu agasimba ati ukwa umukobwa, akaza ntacyo azanye ugakubitaho no kumutunga!!! Uyu mukobwa se ni kajorite, ubu se wowe uri caritas ko ariyo ifasha abakene? Aba badepite mutakira se bababwiye ko nta nkwano batanze? Abafite iki kibazo nibamwe batamenya uko bareshya. Kuko abakobwa b’ Ubuntu bariho. Ariko hakagira abashaka kwipasa miremire bakibagirwa ko akeza kigura. Harya ubundi ko mwirirwa muririmba munashimagiza umuco wabicaje aho mudakwiye ngo nuko mwavitse muri abahungu, inkwano yo si umuco wahozeho kuva na kera? Abo badepite se ubu bagiye guhamya ko u Rwanda rugiye kuba igihugu kitagira umuco? Ngo murakennye! Ubwo bukene bwabazonze se muri mwenyine mugani wanyu numara kongeramo umugore n’abana hazacura iki? Ngo umugabo ajye akwa umugore yamaze kumushima: Ni igikoresho ko aricyo gihabwa garanti cg kikaba expiré? Grosso modo, ibi nibyo bita gupfa uhagaze. Tukabona amapantaro mu nzira naho abantu barangiye kera.

    Reply
  12. Maurice says:
    3 years ago

    Mfite ingero nyinshi zabasore bagiye gushaka mumiryango ikomeye ababyeyi numukobwa bakaka inkano yumurengera umusore. Akishakashaka akayitanga ariko kuko yayitanze atabyishimiye akajya ajujubya umugeniwe bikanarangira batandukanye. Leta igire icyo ibikoresho kuko usanga ahensho arinayo ntandaro yimibanire mini namakimbirane asigaye aboneka mumiryango myinshi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Next Post

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Bugesera: Umunyamakuru yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.