Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu gihe ubwanditse ku bagabo gusa ari 11,7%, naho ubwo abagore n’abagabo bahuriyeho ari 48,98%. Iki kigo cyasobanuye impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho nyamara atari ko byahoze.

Iki Kigo kivuga ko hamaze kwandikwa ubutaka bungana na 11 909 306, bungana na 90% by’ubugomba kwandikwa bwose.

Iyi mibare ikomeza igaragaza ko abagore barusha abagabo ubutaka bubanditseho. Ibyo bishimangirwa n’imibare yerekana ko abagabo banditseho ubutaka ku rugero rwa 11,7% naho ubugera kuri 18,88% bwanditse ku bagore bonyine.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, Marie Grace Nishimwe yavuze ko bifite ishingiro.

Yagize ati “Amategeko yagiye avugururwa, abagore na bo bagira uburenganzira ku butaka. Mbere wasangaga amategko atemerera umugore n’umwana w’umukobwa kuzungura; ariko ubu amategeko yarahinduwe bemerewe kuzungura.”

Usibye impinduka zishingiye ku mategeko; uyu muyobozi avuga ko abagore bamwe bagiye babukura ku bagabo.

Ati “Niba umuntu afite uwo bashakanye witabye Imana; ashobora gusigara acunga ubwo butaka. Niba ari umugabo witabye imana, umugore ashobora gusigara acunga ubwo butaka bukamwandikwaho kandi bwari bwanditse kuri bombi. Niba hari abantu batandukanye; Urukiko rushobora kugena uko ubutaka bujya kuri buri muntu muri abo batandukanye, nabwo birashoboka ko bwajya ku mugore kandi bwari bwanditse kuri bombi.”

Iki Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka kivuga ko 19,98% by’ubu butaka bwanditse ku zindi nzego zitari abantu ku giti cyabo.

Marie Grace Nishimwe ati “harimo amakoperative, amasosiyete, leta, amatorero n’ibindi.”

Nubwo ubutaka bwanditse ku rugero rwa 90%; haracyari ikibazo cyo gukosoza ibibabo by’imbibi, ariko ko iki kibazo na cyo kigiye kubonerwa umuti.

Ati “Ni byo hari aho ubutaka bufite ibibazo bitandukanye bijyanye n’imbibi zinjiranamo, tugenda rero dukosora, dukorana n’Uterere dutandukanye bakatugaragariza aho ibyo bibazo byagiye bigaragara tugafatanya natwo gukosora. Abafite icyo kibazo baturanye; bashaka abapima ubutaka bakabafasha.”

Iki kigo gisaba abaturage bose bafite ubutaka kubwandikisha, abatarakosoza imbibi nabo bazabafashirizwa mu nzego z’ibanze kugira ngo ibibazo byose bikiri mu butaka birangire.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Next Post

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Related Posts

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
13/09/2025
9

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
MU RWANDA

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.