Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impamvu amatora ya Perezida agiye gusubirwamo mu Gihugu kimwe cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impamvu amatora ya Perezida agiye gusubirwamo mu Gihugu kimwe cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Seychelles hagiye gusubirwamo amatora ya Perezida wa Repubulika y’iki Gihugu, ahanganishije abakandida babiri bakomeye, nyuma yuko habuze uwuzuza amajwi yagenwe kugira ngo atsinde mu buryo bweruye.

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Patrick Herminie, yabonye 48,8% by’amajwi, mu gihe Perezida uri ku butegetsi, Wavel Ramkalawan, yabonye 46,4%, nk’uko Komisiyo y’Amatora yabitangaje.

Ni mugihe umukandida wegukana intsinzi agomba kubona amajwi arenga 50% kugira ngo atangazwe nk’uwatsinze, bityo igice cya kabiri amatora kikaba giteganyijwe mu cyumweru gitaha.

Seychelles ni cyo Gihugu gito muri Afurika, kigizwe n’ibirwa 115 biri mu Nyanja y’Abahinde, kikaba  Gituwe n’abaturage barenga ibihumbi 120 gusa.

Wavel Ramkalawan arashaka manda ye ya kabiri, aho ishyaka rye Linyon Demokratik Seselwa (LDS) ryiyemeje kuzamura ubukungu, iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage ndetse no kurengera ibidukikije.

Ishyaka United Seychelles riyobowe na Herminie bahanganye, ni ryo ryari ku butegetsi kuva mu 1977 kugeza mu 2020, ubwo ryatakazaga ubwiganze ku ishyaka rya Ramkalawan.

Ndetse mu ijambo yavugiye kuri televisiyo y’Igihugu Herminie yagize ati “Twiteguye ku gice cya kabiri cy’amatora, ndetse ejo Tuzatangira ibikorwa byo kwiyamamaza.”

Seychelles ni Igihugu kizwi cyane ku bukerarugendo bushingiye ku bidukikije, ndetse ni cyo gikize kurusha ibindi muri Afurika ku bijyanye n’amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka, (average income per person) aho umuturage umwe yinjiza asaga $9,440 (arenga miliyoni 14 Frw).

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Urukiko rwatangaje icyemezo kuri Adolphe wari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA uregwa kunyereza

Next Post

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Ibyamenyekanya ku by'abafana ba Rayon bafatiwe nzira n'inzego z'umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.