Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko kuva tariki 31 Ukuboza 2026 iki Gihugu kizaba kitakiri umunyamuryango w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere Uburezi, Siyansi, n’Umuco; ngo kuko uyu Muryango utari mu nyungu z’iki Gihugu.

Itangazo ry’icyemezo cyo kwikura muri UNESCO, kwa Leta Zunze Ubumwe za America, ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyakanga 2025, rivuga ko iki Gihugu cyifuje kumenyesha Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Audrey Azoulay, ko kikuye muri uyu muryango.

US ikomeza ivuga ko uyu Muryango ukora ibijyanye n’inyungu rusange mu birebana n’umuco yibanda cyane ku ngamba z’iterambere rirambye z’Umuryango w’Abibumbye, kandi bikaba biri mu murongo rusange ku Isi, bikaba binyuranye “n’umurongo wacu wo gushyira imbere inyungu za America (America First).”

Leta Zunze Ubumwe za America kandi zikomeza zigaragaza ko “Icyemezo cya UNESCO cyo kwemeza Leta ya Palestine nk’umunyamuryango, biteye impungenge zikomeye, binyuranyije na politiki ya US kandi bigashyigikira gahunda yo kurwanya Israel binyuze muri uyu Muryango.”

Iri tangazo rya Guverinoma ya America rivuga ko mu gihe iki Gihugu kizaba kikiri muri uyu Muryango mbere yuko igihe cyo kuwuvamo kigera, kizashyira imbere inyungu z’Abanyamerika.

Kuva Perezida Donald Trump yasubira ku butegetsi muri Mutarama uyu mwaka, yafashe ibyemezo byinshi bihagarika uruhare rwa America mu bikorwa bishyigikira gahunda mpuzamahanga binyuze mu mashami y’Umuryango w’Abibumbye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Next Post

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

Related Posts

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

by radiotv10
23/07/2025
0

Abanyamategeko bunganira Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabye Urukiko rumuburanisha ku...

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

by radiotv10
23/07/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, urashinja ingabo za Mali n’umutwe w’abacancuro wa Wagner umaze imyaka ibiri...

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 gikomeje gutahura intwaro zahishwe n’uruhande bahanganye, zirimo ibibombe,...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya
MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

by radiotv10
23/07/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/07/2025
Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

23/07/2025
The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.