Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nubwo ibibazo bya M23 ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko bigira ingaruka ku mutekano w’u Rwanda, bityo ko ari yo mpamvu rukomeje gusaba ko ubutegetsi bwa Congo buganira n’uyu mutwe.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, byahagaritswe ku munota wa nyuma.

Imwe mu mpamvu zatumye ibi biganiro bisubikwa, ni ukuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarisubiye ikavuga ko itazaganira n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe mu ibaruwa itumira u Rwanda muri ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu, umuhuza ari we Angola, yavugaga ko noneho ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo.

Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye ku ya 14 Ukuboza, yarangiye ntacyo igezeho kuko Guverinoma ya Congo yongeye kurahira ko itagaanira na M23, ingingo yafashe amasaha icyenda igibwaho impaka.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko nubwo mu biganiro byabanje mbere hari intambwe yatewe ku ngingo ebyiri, zirimo kwemeranya gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko hatagomba no kwirengagizwa ingingo ya gatatu na yo ikomeye, yo kuba Congo igomba kugirana ibiganiro na M23.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe impamvu u Rwanda rukomeza gusaba ko Congo iganira n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo, kandi ari ibibazo bireba Abanyekongo.

Amb. Nduhungirehe yasubije agira ati “Ni byo rwose M23 ni umutwe w’Abanyekongo, ariko ikibazo cya M23, ni ikibazo cyototera umutekano w’u Rwanda, kuko hagendewe kuri iki kibazo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yubatse ubufatanye bwa gisirikare, bwanashyizwemo umutwe w’Abajenosideri wa FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, abasirikare b’u Burundi, ndetse n’abacancuro b’i Burayi, barimo abo mu Bufaransa n’abandi bo muri Romania, kugira ngo bagabe ibitero kuri M23 kugira ngo babageze mu Rwanda, kuko M23 yakomeje kwegekwa ku Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Rero ni n’ikibazo ku mutekano w’u Rwanda, ntabwo ari ikibazo gusa cy’umutwe w’Abanyekongo.”

Nduhungirehe kandi yaboneyeho kongera kwamagana ikinyoma cyakomeje kuzamurwa cyo kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ufashwa n’u Rwanda, avuga ko ari ikinyoma cyacuzwe n’ubutegetsi bwa Congo, ndetse n’amwe mu mahanga akagendera muri uwo murongo.

Yavuze ko ibibazo bya M23 bisanzwe bizwi kandi ko atari bishya, bishingiye ku bibazo by’akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bityo ko bikwiye gushakirwa umuti urambye kugira ngo biranduke burundu, kandi ko nta yindi nzira byanyuramo atari ibiganiro bigomba kuba hagati y’uyu mutwe wa M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twelve =

Previous Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Next Post

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.