Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nubwo ibibazo bya M23 ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko bigira ingaruka ku mutekano w’u Rwanda, bityo ko ari yo mpamvu rukomeje gusaba ko ubutegetsi bwa Congo buganira n’uyu mutwe.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, byahagaritswe ku munota wa nyuma.

Imwe mu mpamvu zatumye ibi biganiro bisubikwa, ni ukuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarisubiye ikavuga ko itazaganira n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe mu ibaruwa itumira u Rwanda muri ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu, umuhuza ari we Angola, yavugaga ko noneho ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo.

Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye ku ya 14 Ukuboza, yarangiye ntacyo igezeho kuko Guverinoma ya Congo yongeye kurahira ko itagaanira na M23, ingingo yafashe amasaha icyenda igibwaho impaka.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko nubwo mu biganiro byabanje mbere hari intambwe yatewe ku ngingo ebyiri, zirimo kwemeranya gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko hatagomba no kwirengagizwa ingingo ya gatatu na yo ikomeye, yo kuba Congo igomba kugirana ibiganiro na M23.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe impamvu u Rwanda rukomeza gusaba ko Congo iganira n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo, kandi ari ibibazo bireba Abanyekongo.

Amb. Nduhungirehe yasubije agira ati “Ni byo rwose M23 ni umutwe w’Abanyekongo, ariko ikibazo cya M23, ni ikibazo cyototera umutekano w’u Rwanda, kuko hagendewe kuri iki kibazo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yubatse ubufatanye bwa gisirikare, bwanashyizwemo umutwe w’Abajenosideri wa FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, abasirikare b’u Burundi, ndetse n’abacancuro b’i Burayi, barimo abo mu Bufaransa n’abandi bo muri Romania, kugira ngo bagabe ibitero kuri M23 kugira ngo babageze mu Rwanda, kuko M23 yakomeje kwegekwa ku Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Rero ni n’ikibazo ku mutekano w’u Rwanda, ntabwo ari ikibazo gusa cy’umutwe w’Abanyekongo.”

Nduhungirehe kandi yaboneyeho kongera kwamagana ikinyoma cyakomeje kuzamurwa cyo kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ufashwa n’u Rwanda, avuga ko ari ikinyoma cyacuzwe n’ubutegetsi bwa Congo, ndetse n’amwe mu mahanga akagendera muri uwo murongo.

Yavuze ko ibibazo bya M23 bisanzwe bizwi kandi ko atari bishya, bishingiye ku bibazo by’akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bityo ko bikwiye gushakirwa umuti urambye kugira ngo biranduke burundu, kandi ko nta yindi nzira byanyuramo atari ibiganiro bigomba kuba hagati y’uyu mutwe wa M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Next Post

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.