Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, nyuma yuko uregwa arugaragarije inzitizi z’ubwunganizi bwe, agasaba ko umunyamategeko ukomoka muri Kenya yafashwa kuzuza inshingano zo kumuburanira.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nyakanga 2025 nyuma yuko Ingabire Victoire Umuhoza agaragarije Urukiko izi nzitizi zo kuba yitabye Urukiko atunganiwe mu mategeko.

Ingabire Victoire Umuhoza witabye Urukiko atunganiwe, yagaragarije Urukiko afite inzitizi zo kuba atunganiwe, kandi yifuza kuburana afite umunyamategeko.

Yavuze ko afite umunyamategeko w’Umunya-Kenya ugomba kumwungabira muri uru rubanza, bityo ko yafashwa kugira ngo azabashe kuzuza inshingano ze zo kumuburanira.

Ubushinjacyaha bwasabaga Urukiko gutesha agaciro izi nzitizi, bwavuze ko uregwa yari yunganiwe ubwo yabazwaga mu mabazwa yakozwe n’uru rwego rw’Ubushinjacyaha, bukavuga ko iki cyifuzo cye kigamije gutinza nkana urubanza.

Urukiko rumaze kumva ibyatangajwe n’impande zombi, rwafashe icyemezo cyo gusubika urubanza, rwanzura ko ruzasubukurwa mu cyumweru gitaha tariki 15 Nyakanga 2025.

Ingabire uregwa ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gukurura imvururu muri rubanda, yatawe muri yombi nyuma yuko agiye agarukwaho inshuro nyinshi mu rubanza ruregwamo abantu icyenda (9) baregwa ibyaha birimo gushaka gukuraho ubutegetsi hatabaye imirwano.

Uyu munyapolitiki washinze ishya DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yavuzwe muri ruriya rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru ko yagiranye ibiganiro na bariya bantu baruregwamo bari no mu ishyaka rye, ndetse akanatera inkunga ibikorwa byabo, mu bufasha bw’amikoro ndetse n’ibitekerezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 15 =

Previous Post

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Next Post

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.