Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impanuka idasanzwe muri Kenya: Indege ebyiri zagonganiye mu kirere

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA
1
Impanuka idasanzwe muri Kenya: Indege ebyiri zagonganiye mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivile muri Kenya (KCCA/ Kenyan Civil Aviation Authority) cyemeje ko indege ebyiri zirimo itwara abagenzi, zagonganiye mu kirere.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ubwo indege ya Dash 8 ya sosiyete ya Safarilink yagonganaga n’indege yo kwigiraho ya Cessna 172 nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’Indege cya Wilson Airport.

Izi ndege zombi zagonganye ubwo zari zigihaguruka kuri iki Kibuga cy’Indege cy’i Nairobi muri Kenya nk’uko byemejwe n’ikigo gishinzwe iby’indege muri Kenya.

Mu itangazo ryatanzwe na KCAA ku rubuga nkoranyambaga rwa X, iki kigo cyatangaje ko habaye iyi mpanuka yahuje Indege ebyiri.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa KCCA, rivuga ko iyi mpanuka y’indege ebyiri yabaye saa 10:05’.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iperereza ryahise ritangira gukorwa n’ikigo gishinzwe iperereza ry’indege AAID (Air Accident Investigation Departement) na Polisi y’Igihugu, kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.”

Ntihatangajwe amakuru arambuye kuri iyi mpanuka, ku mubare w’abo yahitanye cyangwa ibyangirikiyemo byose.

Indege ya Safarilink yerecyezaga i Diani, yari itwaye abagenzi 39 ndetse n’abakozi batanu ba Kompanyi y’iyi ndege, mu gihe indi ndege isanzwe ikoreshwa mu myitozo y’ikigo cy’imyitozo y’abapilote kizwi nka ‘Ninety-Nines pilot training academy’.

Imwe muri izi ndege yahise yangirika burundu

RADIOTV10

Comments 1

  1. eee says:
    2 years ago

    trump eill make America great again otherwise china becomes superior

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Amakuru mashya yo kumenya ku mukino w’ishiraniro utegerejwe mu Rwanda

Next Post

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.