Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

radiotv10by radiotv10
11/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa RIB mu Ntara y’Iburasirazuba, yahaye urubyiruko impanuro zo guhora rutekereza icyatuma rutaguma aho rwatangiriye, ku buryo uwari umuyede aharanira kuba umufundi, uwari umunyonzi akaba umumotari, ati “umuntu abaho bingana n’uko atekereza.”

Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Ntara y’Iburasirazuba, Rutaro Herbert yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Ugushyingo 2023 mu biganiro byahuje urubyiruko bigamije kubereka amahirwe ahari ku isoko ry’umurimo.

Rutaro yavuze ko benshi mu bari guha impanuro uru rubyiruko, bo batagize amahirwe yo kuzihabwa. Ati “Twe twarirwarije. Ntabwo twigeze tugira umwanya wo kumva izi mpanuro.”

Yakomeje asaba uru rubyiruko ko impanuro rwaherewe muri ibi biganiro, zikwiye kubabera inyota yo gutekereza icyatuma ruharanira kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyababyaye.

Ati “Nanjye ibanga natahuye, ni uko umuntu wese abaho bingana n’uko atekereza. Niba wicaye hano, ndagira ngo mborohereza, hitamo ikintu kimwe kivuga ngo ‘ndashaka iki?’ ibitekerezo bijyanye no kukigeraho bihita byizana.”

Yavuze ko hari ingero nyinshi z’abantu bagaragaza ko ‘umuntu abaho bingana n’uko atakereza’, ati “Mujya mwumva abantu bita abayede, bariya bafasha abafungi, ahembwa amafaranga macye ashoboka, umufundi akamukoresha, ariko ikikwereka ko amahitamo aba afite icyo avuze cyane, ni ukuntu umuntu aba umuyede afite experience [ubunararibonye] y’imyaka 20.”

Rutaro uvuga ko adasuzugura umwuga uwo ari wo wose, ariko ko uwo umuntu atangiriyeho nk’uyu w’ubuyede ukwiye kumubera ingazi imuzamura ku wundi.

Ati “Si ugusuzugura umwuga, kuko n’ubuyede ndabwemera, ariko reka bube intangiriro […] Ni yo waba utwara igare uyu munsi, ariko ukavuga uti ‘ejo ayo ndi bubone, ndagenda nge kwihugura ku modoka cyangwa kuri moto’.”

Yakomeje agira ati “Niba wicaye aha ukumva amaso yawe ari clean [ntacyo abona] nta kavuyo k’ibitekerezo uvuge uti ‘noneho ndakora iki ko menye byinshi ndabigenza gute’ umenye ngo uri muri ba bandi ntashaka kuvuga ariko wumve icyo nshaka kuvuga.”

Avuga ko n’umunyeshuri adashobora kwiga mu mwaka umwe ngo awuhamemo, bityo ko na buri wese uri mu nshingano runaka, akwiye guharanira kugera mu zisumbuyeho.

🤔Niba wibaza uko uyu munsi bizakugenda
🤔Niba umaze iminsi utekereza uko wagera aho kuri za nzozi
🤔Niba hari intambwe ushaka gutera
🤔Niba uri muto wifuza kugira aho ugera;

⚠️Uyu Mukozi w’Imana uhagarariye @RIB_Rw muri @RwandaEast agufitiye IJAMBO RYAHINDURA UBUZIMA!… pic.twitter.com/3YyPfcHPde

— Ruzindana Rugasaguhunga (@RuzindanaRUGASA) November 10, 2023

Yanagarutse ku bafite imyumvire ko bakora akazi kiyubashye gusa, atanga urugero rw’ukora akazi kamugaragaza nk’udasirimutse ariko kakaba karamugejeje kure.

Yatanze urugero rw’uwo mu Karere ka Gatsibo ufite uruganda rwa Kawa, yigeze gusanga mu nama ariko ubuyobozi bwifuza kumva ibitekerezo bye.

Ati “Agira ibipimo ngo ni iby’amakawa [ubwo aba Gatsibo barabizi] umugabo nagiye kubona mbona bamwicaje ahantu arimo aratubyiga, twebwe tukavuga tuti ‘ariko se uyu mugabo n’iri koti ko wateraho n’igishyimbo rwose kikamera’ nkareba barakomeza kumuha ijambo kugira ngo ataza gucikanwa, ahagurutse afashe micro, ukagira ngo hari ibintu yibitseho, naho ni amafaranga.

Ndangije ndabaza nti ‘ariko uyu muntu mbona abantu babyigana kumuha ijambo kandi mbona ntaryo yakabaye afite mu by’ukuri…’ arangije arahaguruka afata n’umwanya, burya iyo ufite ibyo wibitseho ufata n’umwanya wawe, ntabwo ahubuka, avuga ijambo ukagira ngo ni dogiteri wa filozofi, atangira koriyanta [guha icyerekezo] Akarere ka Gatsibo, ngo ‘mugire vuba dukeneye umuriro, inganda zacu z’ikawa ntabwo zikora neza’.”

Yasabye urubyiruko gutangira kwiha umukoro ubu bagifite imbaraga, bakumva ko aho bari uyu munsi atari ho bagomba kuguma, ubundi bagatekereza uko bagera ku rwego rwisumbuyeho bifuza kugeraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye

Next Post

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.