Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

radiotv10by radiotv10
11/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa RIB mu Ntara y’Iburasirazuba, yahaye urubyiruko impanuro zo guhora rutekereza icyatuma rutaguma aho rwatangiriye, ku buryo uwari umuyede aharanira kuba umufundi, uwari umunyonzi akaba umumotari, ati “umuntu abaho bingana n’uko atekereza.”

Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Ntara y’Iburasirazuba, Rutaro Herbert yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 09 Ugushyingo 2023 mu biganiro byahuje urubyiruko bigamije kubereka amahirwe ahari ku isoko ry’umurimo.

Rutaro yavuze ko benshi mu bari guha impanuro uru rubyiruko, bo batagize amahirwe yo kuzihabwa. Ati “Twe twarirwarije. Ntabwo twigeze tugira umwanya wo kumva izi mpanuro.”

Yakomeje asaba uru rubyiruko ko impanuro rwaherewe muri ibi biganiro, zikwiye kubabera inyota yo gutekereza icyatuma ruharanira kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyababyaye.

Ati “Nanjye ibanga natahuye, ni uko umuntu wese abaho bingana n’uko atekereza. Niba wicaye hano, ndagira ngo mborohereza, hitamo ikintu kimwe kivuga ngo ‘ndashaka iki?’ ibitekerezo bijyanye no kukigeraho bihita byizana.”

Yavuze ko hari ingero nyinshi z’abantu bagaragaza ko ‘umuntu abaho bingana n’uko atakereza’, ati “Mujya mwumva abantu bita abayede, bariya bafasha abafungi, ahembwa amafaranga macye ashoboka, umufundi akamukoresha, ariko ikikwereka ko amahitamo aba afite icyo avuze cyane, ni ukuntu umuntu aba umuyede afite experience [ubunararibonye] y’imyaka 20.”

Rutaro uvuga ko adasuzugura umwuga uwo ari wo wose, ariko ko uwo umuntu atangiriyeho nk’uyu w’ubuyede ukwiye kumubera ingazi imuzamura ku wundi.

Ati “Si ugusuzugura umwuga, kuko n’ubuyede ndabwemera, ariko reka bube intangiriro […] Ni yo waba utwara igare uyu munsi, ariko ukavuga uti ‘ejo ayo ndi bubone, ndagenda nge kwihugura ku modoka cyangwa kuri moto’.”

Yakomeje agira ati “Niba wicaye aha ukumva amaso yawe ari clean [ntacyo abona] nta kavuyo k’ibitekerezo uvuge uti ‘noneho ndakora iki ko menye byinshi ndabigenza gute’ umenye ngo uri muri ba bandi ntashaka kuvuga ariko wumve icyo nshaka kuvuga.”

Avuga ko n’umunyeshuri adashobora kwiga mu mwaka umwe ngo awuhamemo, bityo ko na buri wese uri mu nshingano runaka, akwiye guharanira kugera mu zisumbuyeho.

🤔Niba wibaza uko uyu munsi bizakugenda
🤔Niba umaze iminsi utekereza uko wagera aho kuri za nzozi
🤔Niba hari intambwe ushaka gutera
🤔Niba uri muto wifuza kugira aho ugera;

⚠️Uyu Mukozi w’Imana uhagarariye @RIB_Rw muri @RwandaEast agufitiye IJAMBO RYAHINDURA UBUZIMA!… pic.twitter.com/3YyPfcHPde

— Ruzindana Rugasaguhunga (@RuzindanaRUGASA) November 10, 2023

Yanagarutse ku bafite imyumvire ko bakora akazi kiyubashye gusa, atanga urugero rw’ukora akazi kamugaragaza nk’udasirimutse ariko kakaba karamugejeje kure.

Yatanze urugero rw’uwo mu Karere ka Gatsibo ufite uruganda rwa Kawa, yigeze gusanga mu nama ariko ubuyobozi bwifuza kumva ibitekerezo bye.

Ati “Agira ibipimo ngo ni iby’amakawa [ubwo aba Gatsibo barabizi] umugabo nagiye kubona mbona bamwicaje ahantu arimo aratubyiga, twebwe tukavuga tuti ‘ariko se uyu mugabo n’iri koti ko wateraho n’igishyimbo rwose kikamera’ nkareba barakomeza kumuha ijambo kugira ngo ataza gucikanwa, ahagurutse afashe micro, ukagira ngo hari ibintu yibitseho, naho ni amafaranga.

Ndangije ndabaza nti ‘ariko uyu muntu mbona abantu babyigana kumuha ijambo kandi mbona ntaryo yakabaye afite mu by’ukuri…’ arangije arahaguruka afata n’umwanya, burya iyo ufite ibyo wibitseho ufata n’umwanya wawe, ntabwo ahubuka, avuga ijambo ukagira ngo ni dogiteri wa filozofi, atangira koriyanta [guha icyerekezo] Akarere ka Gatsibo, ngo ‘mugire vuba dukeneye umuriro, inganda zacu z’ikawa ntabwo zikora neza’.”

Yasabye urubyiruko gutangira kwiha umukoro ubu bagifite imbaraga, bakumva ko aho bari uyu munsi atari ho bagomba kuguma, ubundi bagatekereza uko bagera ku rwego rwisumbuyeho bifuza kugeraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 19 =

Previous Post

Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye

Next Post

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Hatahuwe abakoreshaga amayeri adasanzwe mu gutuma abantu babona ikiyobyabwenge gikarishye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.