Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera

radiotv10by radiotv10
22/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Impinduka no ku mubiri: Uwavugiraga MRCD-FLN ya Rusesabagina hari icyo avumira ku gahera
Share on FacebookShare on Twitter

Nsengimana Herman wabaye Umuvugizi w’Umutwe MRCD-FLN wari ukuriwe na Paul Rusesabagina, akaba ari umwe mu baherewe rimwe imbabazi, avuga ko nyuma yo kubona ibyiza biri mu Rwanda, nta muntu yakwifuriza ubuzima bwo mu mashyamba.

Nsengimana Herman wari wasimbuye Nsabimana Callixte Sankara ku mwanya w’Umuvugizi wa FLN, na we akaza gufatwa akoherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda, ni umwe mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro, basoje amahugurwa i Mutobo kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2023.

Ni umwe kandi mu baherewe imbabazi rimwe na Paul Rusesabagina, babariwe na Perezida Paul Kagame nyuma yo kubisaba, we na bagenzi be, bagahita boherezwa i Mutobo.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Igihe, Nsengimana Herman yagarutse ku buryo yisanze muri uyu mutwe wa MRCD-FLN, avuga ko yabanje kuva mu Rwanda akajya muri Uganda, ari na bwo yatangiye kujya avuga na Nsabimana Callixte Sankara, akaza kumusaba ko bakorana.

Avuga ko haje kubaho ihuriro ry’imitwe irwanya Leta y’u Rwanda, irimo PDR-Ihumure ya Rusesabagina ndetse na CNRD-Ubwiyunge, mu gihe we na Sankara bari bafite ishyaka ryitwa RRM, yose hamwe yaje kuvukamo uriya mutwe wahungabanyaga umutekano w’u Rwanda.

Agaruka ku byo kuba yaragizwe Umuvugizi, yagize ati “Aho Sankara afatiwe, kubera amasezerano bari bagiranye ko RRM ari yo izajya itanga umuvugizi, njyewe bahita bangira umuvugizi nk’umuntu wari usanzwe uhamenyereye.”

Herman akiri mu mashyamba

Mu ishyamba nta buzima

Nsengimana uvuga ko ubwo yafatwaga yari amaze iminsi arwaye, yavuze ko nubwo barwanaga ariko nta buzima bufatika bari bafite mu mashyamba.

Ashimira Umukuru w’u Rwanda ku mbabazi yabahaye, kandi ko adashobora gutekereza kuba yatekereza ikibi ku Rwanda, ku buryo impinduka ze zizagaragarira mu bikorwa agiye gukora nyuma y’uko arekuwe.

Atanga ubutumwa by’umwihariko ageneye urubyiruko, yavuze ko niba hari abatekereza kuba bumva ko bashobora kujya mu mashyamba, bakwiye kuzibukira.

Ati “Hariya nta buzima bundi buhari, ni ahantu ahubwo haba hakujyana ahandi hantu habi, mu rupfu, bakagombye kuvuga bati ‘reka tunyurwe n’uko turi kandi dushakishirize aho turi’.”

Avuga ko we ingero zose azizi, kuko ayo mashyamba yayagiyemo yibonera ibyaho, ndetse no mu Rwanda yarubayemo akaba yaranarugarutsemo.

Ati “Hariya nta buzima buhari, cyane ko buriya njyewe nkinariyo na Sankara najyaga mubwira nti ‘ibintu biri aha nta gahunda bifite’.”

Nsengimana Herman ni umwe mu bantu 22 bari baburanye mu rubanza rwaregwamo Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte Sankara, bose baza no guhamywa ibyaha baranakatirwa, aho we yari yakatiwe gufungwa imyaka irindwi, akaza kurekurwa we na bagenzi be badasoje igihano, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame.

Uyu musore wahoze mu mitwe irwanya u Rwanda, ubu akaba yasoje amahugurwa i Mutobo, avuga ko ubu agiye gushakisha imibereho nk’abandi banyarwanda bose, ubundi akaba yanashinga urugo, akiteza imbere.

Avuga ko ubu agiye gushakisha icyo akora ubundi akazanashinga urugo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Kenya: Umubare udasanzwe w’ibyaha bishinjwa Umunyarwanda bishingiye ku cyateye urupfu rw’abantu 53

Next Post

Bitunguranye Klyian Mbappe yemeye kwicara muri PSG aho kugenda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Klyian Mbappe yemeye kwicara muri PSG aho kugenda

Bitunguranye Klyian Mbappe yemeye kwicara muri PSG aho kugenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.