Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura umukino wa nyuma mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, yasuwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Bazivamo Christophe wababwiye ko yizeye ko iri bubone intsinzi.

Ni imyitozo yabereye kuri sitade ya Godswill Akpabio ari na ho habera uyu mukino wa nyuma wo mu itsinda uhuza u Rwanda rwa gatatu na Nigeria ya mbere.

Ambasaderi Bazivamo Christophe, iyi kipe, yabagejejeho ubutumwa bwo kubatera imbaraga ndetse akaba yanavuze ko yizeye ko intsinzi iboneka nta kabuza.

Amakuru ava muri Nigeria, aremeza ko abakinnyi b’Amavubi bameze neza ndetse biteguye gutanga imbaraga zose zabo, kugira ngo batsinde uyu mukini.

Ni mu gihe nyuma ikipe ya Nigeria bagiye guhura yo yamaze kubona itike yo kuzerekeza mu gikombe cya Afurika, ndetse nyuma y’umukino iheruka, ikaba yarahise irekure bamwe mu bakinnyi bayo ngenderwaho nka Aina Ukinira Nottingham Forest yo mu Bwongereza, Ademola Lookman ufatwa nk’umukinnyi wa mbere muri Afurika akaba akinirira Atalanta yo mu Butaliyani ndetse n’abandi barimo umunyezamu wayo ubanzamo Stanley Nwabali we wagize ibyago agapfusha umubyeyi we.

Imibare y’Amavubi yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika isa nk’iyayoyotse nyuma yo gutsindwa na Libya igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro ku wa Kane w’icyumweru gishize.

Amahirwe asigaye ni uko Amavubi yatsindaa Nigeria mu gihe Libya na yo yatsinda Benin, u Rwanda rwahita rubona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria yasuye ikipe y’Igihugu
Abakinnyi bose bameze neza biteguye gutsinda uyu mukino

Mangwende na we ariteguye

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

Next Post

IFOTO: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje umunezero aterwa n’umwana we

Related Posts

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje umunezero aterwa n’umwana we

IFOTO: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje umunezero aterwa n’umwana we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda n’iza Maroc ziri mu gikorwa cyo gushimangira ubufatanye

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.