Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibyishimo mbonekarimwe byari bigiye kurara mu Banyarwanda ku bw’intsinzi y’Ikipe y’Igihugu Amavubi, ariko Benin iyigombora igitego yari yayibonyemo mu minota ya nyuma, kirogoya akanyamuneza kari kagiye kurara mu Banyarwanda.

U Rwanda na Benin banganyine 1-1 muri uyu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurica, wabereye i Cotonou muri Benin nk’Igihugu cyawakiriye.

Ni umukino wabanjirijwe n’impaka zabayeho zumvikana nko gushaka kwica mu mutwe abasore b’u Rwanda bagiye gukina uyu mukino bazi neza ko uwo kwishyura wari kuzabera mu Rwanda utakihabereye.

Abasore b’u Rwanda bihariye iminota 15’ ya mbere y’umukino kuko rwasatiriye bidasanzwe abasore ba Benin ndetse rugeragesa gushota mu izamu ruhusha igitego cyari cyabazwe cya Meddie Kagere ku munota wa 9’.

Abasore b’u Rwanda bakomeje kotsa igitutu aba Benin ndetse ku munota wa 15’ basekerwa n’amahirwe ku gitego cyatsinzwe na Mugisha Gilbert AKA Barafinda ku mupira mwiza yari ahawe na Hakim Sahabo.

Abasore b’u Rwanda bahise batangira gukina bugarira izamu ku buryo indi minota yose y’umukino yaranzwe no gukinira mu rubuga rw’ikipe y’u Rwanda.

Byatumye abasore ba Benin bakomeza gusatira izamu ry’u Rwanda, baza no kwishyura ku munota wa 82’ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Steve Mounié.

Ni na ko umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1, agabana amanota, u Rwanda ruhita rugira amanota abiri mu gihe Benin yo yabonye inota rya mbere mu itsinda L riyobowe na Senegal ifite amanota atandatu (6), igakurikirwa na Mozambique ifite amanota ane (4) mu gihe Benin yahuye n’u Rwanda yo iza ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe (1).

Ikipe y’u Rwanda yabanje mu kibuga
Iya Benin
Mugisha Gilbert yafunguye izamu

Kagere Meddie na we yagihushije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Next Post

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Related Posts

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.