Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibyishimo mbonekarimwe byari bigiye kurara mu Banyarwanda ku bw’intsinzi y’Ikipe y’Igihugu Amavubi, ariko Benin iyigombora igitego yari yayibonyemo mu minota ya nyuma, kirogoya akanyamuneza kari kagiye kurara mu Banyarwanda.

U Rwanda na Benin banganyine 1-1 muri uyu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurica, wabereye i Cotonou muri Benin nk’Igihugu cyawakiriye.

Ni umukino wabanjirijwe n’impaka zabayeho zumvikana nko gushaka kwica mu mutwe abasore b’u Rwanda bagiye gukina uyu mukino bazi neza ko uwo kwishyura wari kuzabera mu Rwanda utakihabereye.

Abasore b’u Rwanda bihariye iminota 15’ ya mbere y’umukino kuko rwasatiriye bidasanzwe abasore ba Benin ndetse rugeragesa gushota mu izamu ruhusha igitego cyari cyabazwe cya Meddie Kagere ku munota wa 9’.

Abasore b’u Rwanda bakomeje kotsa igitutu aba Benin ndetse ku munota wa 15’ basekerwa n’amahirwe ku gitego cyatsinzwe na Mugisha Gilbert AKA Barafinda ku mupira mwiza yari ahawe na Hakim Sahabo.

Abasore b’u Rwanda bahise batangira gukina bugarira izamu ku buryo indi minota yose y’umukino yaranzwe no gukinira mu rubuga rw’ikipe y’u Rwanda.

Byatumye abasore ba Benin bakomeza gusatira izamu ry’u Rwanda, baza no kwishyura ku munota wa 82’ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Steve Mounié.

Ni na ko umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1, agabana amanota, u Rwanda ruhita rugira amanota abiri mu gihe Benin yo yabonye inota rya mbere mu itsinda L riyobowe na Senegal ifite amanota atandatu (6), igakurikirwa na Mozambique ifite amanota ane (4) mu gihe Benin yahuye n’u Rwanda yo iza ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe (1).

Ikipe y’u Rwanda yabanje mu kibuga
Iya Benin
Mugisha Gilbert yafunguye izamu

Kagere Meddie na we yagihushije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Next Post

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

M23 yagaragaje amakuru ababaje y’ibikorwa bya FARDC birimo no kwiheruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.