Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo muri Kenya yafashe isura idasanzwe: Mu Nteko hakorewe iby’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Kenya bakomeje ibikorwa by’imyigaragambyo imaze igihe ivuza ubuhuha muri iki Gihugu, noneho abigaragambya bakaba babashije gukura mu nzira inzego z’umutekano, bigabiza Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, bangiza ibirimo ibirango by’Igihugu.

Iyi myigarambyo imaze igihe ibera i Nairobi mu Murwa Mukuru wa Kenya, ikorwa n’abiganjemo urubyiruko, rwamagana umushinga w’itegeko rishya ry’ubukungu, uzongera imisoro,

Abaturage bamagana uyu mushinga, bavuga ko ugamije gukomeza gukanyaga imibereho n’ubundi itaboroheye, ndetse n’ubukene bwakomeje kunuma kuva Perezida William Ruto yajya ku butegetsi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kamena 2024, inzego z’umutekano zari zawukajije ku biro bimwe by’Ibigo bya Leta birimo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, ku Biro by’Umukuru w’Igihugu ndetse no kuri za Minisiteri.

Gusa amakuru aturuka i Nairobi mu masaha ya nyuma ya saa sita zo kuri uyu wa Kabiri, avuga ko abigaragambya bakozanyijeho bidasanzwe n’abapolisi, ndetse bakabanesha, ubundi bakinjira mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Iyi myigaragambyo yahinduye isura, nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Inteko Ishinga Amategeko itoye umushinga w’itegeko rigamije kongera Miliyari 2,7 $ ku misoro, hagamijwe kwikura mu myenda y’inguzanyo iremereye iki Gihugu gifite.

Amashusho yagiye hanze, agaragaza rumwe mu rubyiruko ruri muri iyi myigaragambyo, rwamaze kugera mu Nteko, ndetse ruri gushwanyaguza bimwe mu birango by’Igihugu, nk’amabendera, ndetse runangiza na bimwe mu bikoresho nk’intebe.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida William Ruto yari yahamagaje abari muri iyi myigaragambyo, abizeza ko ubuyobozi bugiye gusuzuma ubusabe bwabo, gusa bamwe mu basesenguzi bavugaga ko mu byo yatangaje bidatanga igisubizo cy’ibyo Abanya-Kenya basaba.

Amakuru aturika i Nairobi, kandi aravuga kandi ko kuri uyu wa Kabiri, abantu 10 baguye muri iyi myigaragambyo yabereye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu gihe abandi benshi bakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Next Post

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazasubira mu miryango yagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.