Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama muhoramo zituma umuturage aza kwaka serivisi agatahira aho ni iz’iki?- P.Kagame abaza abayobozi

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama muhoramo zituma umuturage aza kwaka serivisi agatahira aho ni iz’iki?- P.Kagame abaza abayobozi
Share on FacebookShare on Twitter

*Ntabwo mwatowe ngo muze guhora mwishimira ibyagezweho
*Iyo abana bacu bagwingiye n’Igihugu cyacu kiragwingira

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abayobozi baherutse gutorwa mu buyobozi bw’Inzego z’ibanze kugabanya inama za buri munsi zituma abaturage bajya kwaka serivisi bagataha batazihawe kuko abaturage babatoreye guhabwa uburenganzira bwabo aho guhora basiragizwa.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021 ubwo yasozaga umwiherero w’iminsi irindwi wari uhurije hamwe abayobozi bo mu nzego z’ibanze baherutse gutorwa.

Perezida Kagame yavuze ko umuyobozi akwiye guhora iteka atekereza impamvu ari we wabaye umuyobozi ko aba akwiye kuzirikana ko abereyeho abandi.

Ati “Kuba muri hano abandi badahari birenze wowe, ntabwo uri hano gusa kubera ko ari wowe. Uri hano kubera ko uri umuyobozi ufite abo uyobora, ufite abo uhagarariye.”

Perezida Kagame avuga ko kabone nubwo umuntu akora inshingano na we ubwe abanje kureba n’imibereho ye ariko ko akwiye gushyira imbere imibereho y’abo ayobora.

Ati “Ibyo ukora wibuke ko uri aho kubera abandi rwose nushaka wihereho, umuntu utekereza ubuzima bwawe, ibyo ntakibazo mfitanye na byo ariko wibuke inshingano nini ko uri aho uhagarariye abandi.”

Yasabye aba bayobozi kwibuka ko batowe kandi ko ababatoye hari icyo babatoreye kandi ko baba bakibategerejemo.

Ati “Abagutoye ni bo bahagushyize, bahagushyira se ngo bigende gute, ngo wirebe? Nushaka wirebe ariko wibuke ko ari bo bahagushyize kandi banakeneye byinshi kukurusha.”

Yagiriye inama aba bayobozi bashya kubanza kureba ibitaragenze neza ubundi bakabigaragaza bakanashaka uko haboneka umuti wabyo.

Ati “Ibyo dukwiye gutindaho ni ibitagenda neza, bitudindiza cyangwa se bikadusubiza inyuma kuko ni byo mwebwe mwatoroye kuza guhanga na byo mukabikemura, ntabwo ari ugutorwa ngo muzaze kwishimira ibyagezweho, ari abari bahari n’abatari bahari ngo muze duhore twishimira ibyagezweho. Igituma abantu batora ntabwo ari ukuza ngo muhore mwizihiza ibyagezweho.”

Avuga ko imbaraga z’abayobozi zikwiye kwibanda mu bikirimo ibibazo, ubundi bakareba icyabiteye, niba “harabaye uburangare, tuti dukwiye kwirinda uburangare,…habaye iki? Habuze ubumenyi? Ubwo bumenyi na bwo tukabushaka.”

Avuga ko hari n’igihe ibintu byose biba bihari ariko hakabura umuco wo gukora neza gusa.

Ati “Ushobora kugira ubumenyi, ukagira amikoro, ushobora kuba waranahawe n’ubwo bushobozi bw’uko watowe, ibintu byose bikaba bihari ariko hakabura umuco, hakabura umutima muzima wo kuvuga ngo urabizi ngomba gukora ntya,…ntabwo iteka haba habuze amikoro, ntabwo iteka haba habuze ubumenyi.”

 

Iyo abana bacu bagwingiye n’Igihugu kiragwingira

Umukuru w’u Rwanda wakunze kuvuga ko adashobora kugira uwo arenganya ku cyo atagezeho ku byo adafitiye ubushobozi ariko ko ibifitiwe ubushobozi bidakwiye kuba bipfa, yongeye kwibutsa aba bayobozi ko ntakintu gikwiye kugenda nabi kandi hari ubushobozi bwabyo.

Ati “Amashuri arahari, amafaranga yarishyuwe, abarimu barahari, ariko ukajya ku ishuri abana bakakubwira ngo 30% y’abari bakwiye kuba bari hano, bamaze icyumweru batiga, ukabaza uti ‘habaye iki se?’ wenda mbere ntiyazaga kuko umuryango ukennye cyangwa se abarimu barabuze…ariko ntabwo ari byo. Abana bakwiye kuba bari muri iryo shuri, habaye iki? Ikibazo se gikemurwa nande?”

Akomeza avuga ko wenda abo bana bashobora kuba badafite ababyeyi ariko ko abayobozi bo muri ako gace bakwiye kumenya ko ari bo babyeyi babo.

Perezida Kagame wanagarutse ku bibazo by’imirire mibi y’abana ituma bamwe bagwingira, avuga ko ubushobozi buhari ku buryo nta mwana wari ukwiye kuba ahura n’ikibazo cy’igwingira kandi ko iyo abana benshi bahuye n’iki kibazo binagira ingaruka ku Gihugu cyose.

Ati “Abana bacu iyo bagwingira n’Igihugu cyacu kiragwingira, mushaka kuba Igihugu kigwingiye? Kuki mushobora kwemera ibintu nk’ibyo?”

Yavuze ko hari Uturere tubiri tumaze kumenyekana kuba dufitemo abana bahura n’ikibazo cy’igwingira ku buryo baba bari hejuru ya 40% turimo Musanze.

Perezida Kagame yabajije Umuyobozi wa Musanze ati “Buriya muri Musanze mubona habuze iki cyatuma abana bagwingira?” Umuyobozi avuga ko ntakintu kibura cyagakwiye gutuma hari abana bagwingira.

Avuga ko ahari abayobozi bayobora ibice birimo abana bafite ibibazo by’igwingira, “ni ukuvuga ngo na bo baba baragwingiye haba hari Politiki na yo yagwingiye. Ibyo bikwiye gukosorwa.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku Karere ka Karongi na ko karimo ikibazo cy’igwingira, aba umuyobozi niba azi ko icyo kibazo gihari avuga ko abizi, ati “Niba ubizi wikwemera kubana na byo.”

Yavuze ko abayobozi bakwiye guhindura imiyoborere ituma ibi bibazo biranduka bitaba ibyo akaba ari bo bahinduka. Ati “Abantu barabatora mwarangiza mukabagwingiza.”

 

Inama za buri munsi zidakemura ibibazo ni iz’iki?

Abaturage bava ahantu kure bakajya ku biro by’ubuyobozi ariko bakababura bagasanga bari mu nama “umuturage agafata imodoka cyangwa n’amaguru, agasubira iyo yaturutse.”

Ati “Ndagira ngo mbabaze niba inama za buri munsi muhoramo, niba zidakemura ibibazo by’abaturage babagannye, bavunitse, ziba ari izo kugira gute? Inama muhoramo za buri munsi ni izigira zite?”

 

Ibya Kayizari…

Perezida Kagame yavuze hari n’ingeso yo kuba hari abayobozi baharira umwanya imishinga yabo bakibagirwa inshingano batorewe.

Yifashishije ibivugwa muri Bibiliya ngo ‘Kayizari mubihe Kayizari…’, Perezida Kagama yagize ati “mwebwe se ibyanyu byose biba ibya Kayiza?… oya, hagomba kugira uko ubitandukanya, ukamenya ibyawe n’iby’abandi.”

Perezida Kagame yasoje ijambo rye yibutsa aba bayobozi bashya ko nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwiherero yabivugaga, bakwiye kujya mu biro bumva ko Umuturage agomba kuza imbere ndetse agahabwa serivisi zose yemererwa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Next Post

Inkura 30 z’umweru zaturutse muri Afurika y’Epfo zamaze gusanga iz’umukara muri Pariki y’Akagera

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkura 30 z’umweru zaturutse muri Afurika y’Epfo zamaze gusanga iz’umukara muri Pariki y’Akagera

Inkura 30 z’umweru zaturutse muri Afurika y’Epfo zamaze gusanga iz’umukara muri Pariki y’Akagera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.