• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bitanu bigize Umuryango BRICS wiyemeje gukura idolari rya Amerika mu bucuruzi mpuzamahanga; byavuze ko bifite amahirwe yo kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ryawo.

Ku munsi wa mbere w’inama ihuza Ibihugu bya Brezil, Russia, India, China na Afurika y’Epfo; abashinzwe ubukungu bwabyo bavuga ko nyuma y’imyaka 14 uyu muryango umaze, bagomba kubaka urwego rutajegajega.

Uyu muryango wiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu na politike; uvuga ko ugiye kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ry’uwo mugabane.

Dr. Phuthi Mahanyele-Dabengwa, umwe mu bagize komisiyo y’ubucuruzi mu muryango wa BRICS ishami rya Afurika y’Epfo.

Yagize ati “Afurika ni izingiro by’ibiganiro by’uyu munsi. Uyu Mugabane ufite isoko rigari ku isi. Aya ni amahirwe akomeye ku muryango wacu. Ibyo bizamuta BRICS ikorana n’Umugabane wose. Twiteguye kubyaza umusaruro isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.”

Idorali rya Amerika ryihishe inyuma yo gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ku rugero rwa 8.76% mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.

Nubwo bamwe bafata uyu muryango nk’amahirwe yo kwigobotora idorali rya amerika mu bucuruzi mpuzamahanga kubera ingaruka rigira ku izamuka ry’ibiciro; muri Kamena uyu mwaka, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, ubwo yari mu Rwanda yavuze ko badafite umugambi yo gutera umugongo u Burayi na Amerika mu bucuruzi.

Yagize ati “Kwigobotora idorali tugomba kubiganiraho, ariko ntitugomba kuryamagana.”

Icyo gihe Perezida Paul Kagame we yavuze ko hari ibyo bagomba kubanza gutunganya kugira ngo imikoranire y’Umugabane wa Afurika mu bucuruzi ibanze igire icyerekezo kimwe.

Yagize ati “Abaturage ntibashobora gukorana ubucuruzi mu bwisanzure mu gihe badashobora kwisanzura mu ngendo. Nyuma nibwo wareba ngo baracuruza mu rihe faranga. Aho ni ho haza ikibazo cy’idorali. Ni nko gufata urugendo ruva hano rujya muri Zambia, ariko ukabanza gukora urugendo rw’ibilomero 500 uzenguruka kugira ngo ugereyo. Nyamara kuva i Kigali kugera Lusaka ni amasaha abiri yonyine. Ibyo biracyagaraga no mu itumanaho. Uburyo bwo kubikemura burahari kandi tumaze igihe kinini tubuzi. Tugomba kubanza gukemura ibindi kugira ngo tugere no ku ngingo y’ingenzi uvuze.”

Uyu muryango uyobowe n’ Burusiya n’u Bushinwa, wihariye 30% by’abatuye Isi, ari na byo bituma ugira imbaraga mu bucuruzi mpuzamahanga buri ku kigero cya 25%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Next Post

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.