Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bitanu bigize Umuryango BRICS wiyemeje gukura idolari rya Amerika mu bucuruzi mpuzamahanga; byavuze ko bifite amahirwe yo kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ryawo.

Ku munsi wa mbere w’inama ihuza Ibihugu bya Brezil, Russia, India, China na Afurika y’Epfo; abashinzwe ubukungu bwabyo bavuga ko nyuma y’imyaka 14 uyu muryango umaze, bagomba kubaka urwego rutajegajega.

Uyu muryango wiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu na politike; uvuga ko ugiye kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ry’uwo mugabane.

Dr. Phuthi Mahanyele-Dabengwa, umwe mu bagize komisiyo y’ubucuruzi mu muryango wa BRICS ishami rya Afurika y’Epfo.

Yagize ati “Afurika ni izingiro by’ibiganiro by’uyu munsi. Uyu Mugabane ufite isoko rigari ku isi. Aya ni amahirwe akomeye ku muryango wacu. Ibyo bizamuta BRICS ikorana n’Umugabane wose. Twiteguye kubyaza umusaruro isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.”

Idorali rya Amerika ryihishe inyuma yo gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ku rugero rwa 8.76% mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.

Nubwo bamwe bafata uyu muryango nk’amahirwe yo kwigobotora idorali rya amerika mu bucuruzi mpuzamahanga kubera ingaruka rigira ku izamuka ry’ibiciro; muri Kamena uyu mwaka, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, ubwo yari mu Rwanda yavuze ko badafite umugambi yo gutera umugongo u Burayi na Amerika mu bucuruzi.

Yagize ati “Kwigobotora idorali tugomba kubiganiraho, ariko ntitugomba kuryamagana.”

Icyo gihe Perezida Paul Kagame we yavuze ko hari ibyo bagomba kubanza gutunganya kugira ngo imikoranire y’Umugabane wa Afurika mu bucuruzi ibanze igire icyerekezo kimwe.

Yagize ati “Abaturage ntibashobora gukorana ubucuruzi mu bwisanzure mu gihe badashobora kwisanzura mu ngendo. Nyuma nibwo wareba ngo baracuruza mu rihe faranga. Aho ni ho haza ikibazo cy’idorali. Ni nko gufata urugendo ruva hano rujya muri Zambia, ariko ukabanza gukora urugendo rw’ibilomero 500 uzenguruka kugira ngo ugereyo. Nyamara kuva i Kigali kugera Lusaka ni amasaha abiri yonyine. Ibyo biracyagaraga no mu itumanaho. Uburyo bwo kubikemura burahari kandi tumaze igihe kinini tubuzi. Tugomba kubanza gukemura ibindi kugira ngo tugere no ku ngingo y’ingenzi uvuze.”

Uyu muryango uyobowe n’ Burusiya n’u Bushinwa, wihariye 30% by’abatuye Isi, ari na byo bituma ugira imbaraga mu bucuruzi mpuzamahanga buri ku kigero cya 25%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eight =

Previous Post

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Next Post

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.