Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama yari itegerejwemo Putin ntayigaragaremo yavugiwemo ingingo yihariye kuri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bitanu bigize Umuryango BRICS wiyemeje gukura idolari rya Amerika mu bucuruzi mpuzamahanga; byavuze ko bifite amahirwe yo kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ryawo.

Ku munsi wa mbere w’inama ihuza Ibihugu bya Brezil, Russia, India, China na Afurika y’Epfo; abashinzwe ubukungu bwabyo bavuga ko nyuma y’imyaka 14 uyu muryango umaze, bagomba kubaka urwego rutajegajega.

Uyu muryango wiyemeje guhangana n’u Burayi na Amerika mu bukungu na politike; uvuga ko ugiye kwigarurira Umugabane wa Afurika binyuze mu isoko rusange ry’uwo mugabane.

Dr. Phuthi Mahanyele-Dabengwa, umwe mu bagize komisiyo y’ubucuruzi mu muryango wa BRICS ishami rya Afurika y’Epfo.

Yagize ati “Afurika ni izingiro by’ibiganiro by’uyu munsi. Uyu Mugabane ufite isoko rigari ku isi. Aya ni amahirwe akomeye ku muryango wacu. Ibyo bizamuta BRICS ikorana n’Umugabane wose. Twiteguye kubyaza umusaruro isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.”

Idorali rya Amerika ryihishe inyuma yo gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ku rugero rwa 8.76% mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.

Nubwo bamwe bafata uyu muryango nk’amahirwe yo kwigobotora idorali rya amerika mu bucuruzi mpuzamahanga kubera ingaruka rigira ku izamuka ry’ibiciro; muri Kamena uyu mwaka, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, ubwo yari mu Rwanda yavuze ko badafite umugambi yo gutera umugongo u Burayi na Amerika mu bucuruzi.

Yagize ati “Kwigobotora idorali tugomba kubiganiraho, ariko ntitugomba kuryamagana.”

Icyo gihe Perezida Paul Kagame we yavuze ko hari ibyo bagomba kubanza gutunganya kugira ngo imikoranire y’Umugabane wa Afurika mu bucuruzi ibanze igire icyerekezo kimwe.

Yagize ati “Abaturage ntibashobora gukorana ubucuruzi mu bwisanzure mu gihe badashobora kwisanzura mu ngendo. Nyuma nibwo wareba ngo baracuruza mu rihe faranga. Aho ni ho haza ikibazo cy’idorali. Ni nko gufata urugendo ruva hano rujya muri Zambia, ariko ukabanza gukora urugendo rw’ibilomero 500 uzenguruka kugira ngo ugereyo. Nyamara kuva i Kigali kugera Lusaka ni amasaha abiri yonyine. Ibyo biracyagaraga no mu itumanaho. Uburyo bwo kubikemura burahari kandi tumaze igihe kinini tubuzi. Tugomba kubanza gukemura ibindi kugira ngo tugere no ku ngingo y’ingenzi uvuze.”

Uyu muryango uyobowe n’ Burusiya n’u Bushinwa, wihariye 30% by’abatuye Isi, ari na byo bituma ugira imbaraga mu bucuruzi mpuzamahanga buri ku kigero cya 25%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Next Post

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.