Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi, ibera muri Afurika y’Epfo, Perezida w’iki Gihugu kigiye kuba icya mbere muri Afurika kiyakiriye, yavuze amagambo atashimishije kiriya Gihugu.

Kuri uyu wa Gatandatu, Abakuru b’Ibihugu bikize kurusha ibindi, barateranira i Johannesburg mu nama yiga ku iterambere ry’ubukungu bw’isi. Abakuru b’ibihugu bikomeye ku isi mu bukungu, imiryango y’ibihugu n’abatumirwa muri iyi nama bamaze kugera muri Afurika y’Epfo, ariko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’Igihugu cya mbere ku isi mu bukungu, yanze kwitabira iyi nama.

Icyakora Perezida wa Afurika y’Epfo, Bwana Matamela Cyril Ramaphosa, yavuze ko i Washington bamumenyesheje ko bifuza guhindura ibitekerezo.

“Twakiriye ubutumwa buvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko turacyabiganiraho. Barashaka guhindura ibitekerezo bakitabira iyi nama mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ibiganiro birakomeje.

Ibi bije mbere y’amasaha make kugira ngo inama itangire. Turacyaganira ngo turebe uko byakorwa. Ibi twabyakiriye neza. Nk’uko nkunda kubivuga; politiki yo kwigumura ntacyo imaze. Ni byiza kwitabira inama aho kwigumura. Ibihugu byose bikomeye mu bukungu biri hano. Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ikiyoboye ibindi muri urwo rwego, cyakagombye kuba kiri hano.Nishimiye kumva ko hari ibyo bahinduye.

Turacyabiganiraho. Ni ingenzi gusobanukirwa ibishoboka n’ibidashoboka, ukanamenya n’ibigomba guhinduka. Ibihugu byose bigize uyu muryango wa G20 byihariye 85% by’umusaruro mbumbe w’isi yose, byihariye 75% by’ubucuruzi ku isi, kandi bigize 1/3 cy’abatuye isi bose.

Kugira ngo uyu muryango ugere ku ntego zo guteza imbere ubukungu bw’isi no kwimakaza imikoranire mu bukungu, nta gihugu kigomba gukoresha amategeko atanditse kugira ngo gipyinagaze abandi.

Ntabwo aho igihugu giherereye, ubukungu gifite cyangwa ingabo gifite bitanga uburenganzira bwo kugena abafite ijambo n’abagomba gusuzugurwa. Ibyo bivuze ko nta Gihugu kigomba gusuzugura ikindi. Twese turangana.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizahakanye ko zafashe umwanzuro wo kutitabira iyi nama. Ariko igice cya kabiri cy’ayo magambo ya Perezida wa Afurika y’Epfo bagaragaje ko kitabashimishije.

Karoline Leavitt, umuvugizi w’ibiro bya Perezida Trump, yagize ati “Ntabwo twahindutse ku ijambo. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntabwo iri mu biganiro bigamije kwitabira inama ya G20 muri Afurika y’Epfo.

Nabonye Perezida wa Afurika y’Epfo avuga nabi Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Perezida w’iki gihugu. Irya mvugo ntabwo Perezida n’itsinda rye bayishimiye.

Ariko umuntu uhagarariye ambasade yacu muri Afurika y’Epfo azajya kwakira ubuyobozi bw’iyi nama kugira ngo tuzayakire. Nta biganiro bihari, kabone n’ubwo Perezida wa Afurika y’Epfo avuga amagambo atari yo.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigumuye kuri iyi nama igiye kubera ku mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere. Bashinja Afurika y’Epfo ko yananiwe gukemura ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanya-Afurika y’Epfo b’abazungu. Amerika ivuga ko bakorerwa jenoside, ariko Afurika y’Epfo ikabihakana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 3 =

Previous Post

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Next Post

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.