Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in Uncategorized
0
Indege itwaye isanduku irimo iryinyo rimwe rya Lumumba yerecyeje muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Isanduku irimo iryinyo rya Patrice Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRCongo, ufatwa nk’Intwari ikomeye y’iki Gihugu, yavanywe i Bruxelles mu Bubiligi yoherezwa muri Congo.

Iyi sanduku irimo iryinyo rya nyakwigendera Patrice Lumumba, yoherezwe muri Congo nyuma y’iminsi ibiri u Bubiligi burishyishyikirije umuryango wa nyakwigendera mu muhango wabereye i Bruxelles.

Indege itwaye iyi sanduku yahagutse i Bruxelles mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022, yerecyeza muri Congo Kinshasa.

Abaherekeje iyi sanduku bazayijyana mu Ntara ya Sankuru aho nyakwigendera Patrice Lumumba yavukiye mu 1925 mu gace kazwi nka Onalua.

Muri Congo hateguwe urugendo rw’iminsi icyenda (9) rwateguwe mu rwego kwakira umubiri w’iyi ntwari ya DRC imaze imyaka 61 yishwe, ruzarangira tariki 30 Kamena 2022.

Umuyobozi mu rwego rw’umuco mu gace k’aho Lumumba akomoka akaba n’umwishywa we, Maurice Tasombo Omatuku yavuze ko bishimiye kuba umubiri wa Lumumba ugarutse iwabo.

Yagize ayti “Ibitekerezo bye byari bifungiye mu Bubiligi none biragarutse.”

Iryinyo rya Lumumba ni igice kimwe cy’umubiri we gisigaye, cyashyikirijwe umuryango we nyuma y’imyaka 61 yiciwe i Katanga muri DRC mu 1961, umubiri we uza gushongeshwa hakoreshejwe acise.

Iri ryinyo rye, ryasigaranywe n’umwe mu bamwishe witwa Gérard Soete, warisigaranye nk’ikimenyetso cy’iyi ntwari.

Abanye-Congo benshi bagiye kwakira iryinyo ry’intwari yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

JIBU imaze iminsi ivugwaho gucuruza amazi atera ibicurane yafatiwe icyemezo gikomeye

Next Post

Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

Guhimba ibirego ni ukwitarutsa inshingano ze nka Perezida- Kagame avuga kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.