Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in AMAHANGA
0
Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Sosiyete ya Singapore yari irimo abagenzi 211, yavaga i London mu Bwongereza yerecyeza muri Singapore, yahuye n’ikibazo cyo kwicekagura cyane mu kirere, cyatumye umwe yitaba Imana, abandi barenga 30 barakomereka.

Iyi ndege ya Singapore Airlines yarimo kandi abakoze b’iyi sosiyete 18, yasabwe kugwa by’igitaraganya muri Thailand nyuma yo guhura n’iki kibazo.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 777 yahuye n’ibibazo byo kubura umurongo mu kirere ubwo yari igeze mu kirere cy’aho yerecyezaga, muri iyi minsi kiri kurangwa n’ibibazo birimo imirabyo myinshi.

Yahise isabwa kugwa ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Suvarnabhumi i Bangkok muri Thailand.

Byari bitegenyijwe ko iyi ndege igwa ku Kibuga cy’Indege cya Changi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu masaha y’i Singapore.

Indege itwara indembe yagaragaye yihuta yerecyeza aho iyi ndege yari imaze kugwa. Itangazamakuru rikaba rivuga ko umuntu umwe yitabye Imana, abandi barenga 30 bagakomereka.

Umuvugizi wa Singapore Airlines yatangaje ko “Indege yari ifite urugendo rwa SQ321 yavaga i London (Heathrow) yerecyeza Singapore kuri uyu wa 21 Gicurasi 2024, yahuye n’ihungabana ryo mu kirere. Indege yasabwe kugwa i Bangkok ku isaha ya saa 15:45 ku isaha yaho.”

Iyi sosiyete y’indege kandi yaboneyeho kwihanganisha umuryango w’umugenzi witabye Imana, ndetse inizeza abakomerekeye muri iyi mpanuka kuza kubaha ubufasha bwose bakenera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nineteen =

Previous Post

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

Next Post

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

IZIHERUKA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.