Ubuyobozi bw’Ikipe y’Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal, ndetse no kuba umutoza mukuru yarahisemo nabi abakinnyi.
Uyu mwanzuro wafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Mutarama 2026, nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru Amagaju yanyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal SC mu mukino wa shampiyona wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium guhera saa tatu z’ijoro.
Uyu mukino Amagaju yatsinzwe uje usanga indi mikino itari mike iyi kipe itakaza, kuko mu mikino 10 iheruka Amagaju afitemo intsinzi 2 gusa, ari na byo byatumye ubuyobozi bw’iyi kipe buhitamo kwirukana Niyongabo Amars wayitozaga.
Mu bindi bivugwa ko uyu mutoza yazize mu Magaju harimo no kuzana abakinnyi badashoboye, byatumaga iyi kipe itabona intsinzi.
Iyi kipe yo mu Karere ka Nyamagabe ubu iri ku mwanya wa 17 ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo, n’amanota 12 n’umwenda w’ibitego 16 mu mikino 16 imaze gukina, aho isigaje gukina n’ikipe ya APR FC igasoza imikino y’igice kibanza cya shampiyona.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10










