Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda byongeye kubura umubano wabyo wigeze kuzamo igitotsi, hafashwe ikindi cyemezo gishimangira ko umubano w’ibi Bihugu uhagaze neza.

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda wa Gatuna, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’imyaka ibiri wari ufunze, kuko wafunzwe muri Werurwe 2019.

Uyu mupaka wafunguwe nyuma y’ibiganiro byagiye biba hagati ya Guveirnoma y’u Rwanda n’iya Uganda, byaje kugira ingufu mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo General Muhoozi Kainerugaba yagiriraga uruzinduko mu Rwanda.

Kuva icyo gihe umubano w’u Rwanda wakomeje kugenda neza ndetse abayobozi bakuru barimo na Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni baragendererana.

Mu mpera za Nyakanga 2022, mu Rwanda hari hateraniye inama ya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi yashyiriweho gukomeza gushyira ku murongo umubano w’Ibi Bihugu by’ibituranyi.

Icyo gihe kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, Dr Vincent Biruta na Gen. Odongo Jeje Abubakhar, bayoboye iyi nama, banashyize hanze itangazo rihuriweho bagaragaza ko bashima intambwe yariho iterwa mu kuzahura umubano w’Ibihugu.

Iyi Komisiyo ihuriweho yongeye guteranira i Kigali kuri iyi nshuro aho yabaye muri iki cyumweru ikaba yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ndetse inatangarizwamo ibindi bikorwa bikomeje kugerwaho mu gukomeza gutsimbataza umubano w’ibi Bihugu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen. Odongo Jeje witabiriye ibi biganiro, yatangaje ko u Rwanda rwemeye ko sosiyete y’Indege ya Uganda (Uganda Airlines), ikorera ingendo mu Rwanda.

Yavuze ko iki cyemezo kizatuma umubano ndetse n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Uganda, birushaho gutera imbere, kuko bizagura imigenderanire ndetse n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’ibi Bihugu.

Yagize ati “Bizatuma ubucuruzi burushaho gutera imbere ndetse n’abaturage barusheho kugenderana no guhahirana hagati yabo.”

Uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Uganda, yongeye gushimangira ko Igihugu cye n’u Rwanda ari abavandimwe, uretse kuba bitandukanywa n’imipaka yashyizweho n’abakoloni, ariko ko ibindi byinshi babihuriyeho.

Gen. Odongo Jeje yaboneyeho kongera gushimira Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni kuba bakomeje kuzamura umubano w’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Biruta na Odongo kuri uyu wa Gatanu
Gen. Odongo yavuze indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.