Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda byongeye kubura umubano wabyo wigeze kuzamo igitotsi, hafashwe ikindi cyemezo gishimangira ko umubano w’ibi Bihugu uhagaze neza.

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda wa Gatuna, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’imyaka ibiri wari ufunze, kuko wafunzwe muri Werurwe 2019.

Uyu mupaka wafunguwe nyuma y’ibiganiro byagiye biba hagati ya Guveirnoma y’u Rwanda n’iya Uganda, byaje kugira ingufu mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo General Muhoozi Kainerugaba yagiriraga uruzinduko mu Rwanda.

Kuva icyo gihe umubano w’u Rwanda wakomeje kugenda neza ndetse abayobozi bakuru barimo na Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni baragendererana.

Mu mpera za Nyakanga 2022, mu Rwanda hari hateraniye inama ya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi yashyiriweho gukomeza gushyira ku murongo umubano w’Ibi Bihugu by’ibituranyi.

Icyo gihe kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, Dr Vincent Biruta na Gen. Odongo Jeje Abubakhar, bayoboye iyi nama, banashyize hanze itangazo rihuriweho bagaragaza ko bashima intambwe yariho iterwa mu kuzahura umubano w’Ibihugu.

Iyi Komisiyo ihuriweho yongeye guteranira i Kigali kuri iyi nshuro aho yabaye muri iki cyumweru ikaba yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ndetse inatangarizwamo ibindi bikorwa bikomeje kugerwaho mu gukomeza gutsimbataza umubano w’ibi Bihugu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen. Odongo Jeje witabiriye ibi biganiro, yatangaje ko u Rwanda rwemeye ko sosiyete y’Indege ya Uganda (Uganda Airlines), ikorera ingendo mu Rwanda.

Yavuze ko iki cyemezo kizatuma umubano ndetse n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Uganda, birushaho gutera imbere, kuko bizagura imigenderanire ndetse n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’ibi Bihugu.

Yagize ati “Bizatuma ubucuruzi burushaho gutera imbere ndetse n’abaturage barusheho kugenderana no guhahirana hagati yabo.”

Uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Uganda, yongeye gushimangira ko Igihugu cye n’u Rwanda ari abavandimwe, uretse kuba bitandukanywa n’imipaka yashyizweho n’abakoloni, ariko ko ibindi byinshi babihuriyeho.

Gen. Odongo Jeje yaboneyeho kongera gushimira Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni kuba bakomeje kuzamura umubano w’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Biruta na Odongo kuri uyu wa Gatanu
Gen. Odongo yavuze indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.