Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda umaze umwaka wongeye gusigwa ibirungo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umwaka Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda byongeye kubura umubano wabyo wigeze kuzamo igitotsi, hafashwe ikindi cyemezo gishimangira ko umubano w’ibi Bihugu uhagaze neza.

Kuva tariki 31 Mutarama 2022 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda wa Gatuna, wongeye kuba nyabagendwa nyuma y’imyaka ibiri wari ufunze, kuko wafunzwe muri Werurwe 2019.

Uyu mupaka wafunguwe nyuma y’ibiganiro byagiye biba hagati ya Guveirnoma y’u Rwanda n’iya Uganda, byaje kugira ingufu mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo General Muhoozi Kainerugaba yagiriraga uruzinduko mu Rwanda.

Kuva icyo gihe umubano w’u Rwanda wakomeje kugenda neza ndetse abayobozi bakuru barimo na Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni baragendererana.

Mu mpera za Nyakanga 2022, mu Rwanda hari hateraniye inama ya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi yashyiriweho gukomeza gushyira ku murongo umubano w’Ibi Bihugu by’ibituranyi.

Icyo gihe kandi Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane b’u Rwanda na Uganda, Dr Vincent Biruta na Gen. Odongo Jeje Abubakhar, bayoboye iyi nama, banashyize hanze itangazo rihuriweho bagaragaza ko bashima intambwe yariho iterwa mu kuzahura umubano w’Ibihugu.

Iyi Komisiyo ihuriweho yongeye guteranira i Kigali kuri iyi nshuro aho yabaye muri iki cyumweru ikaba yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, ndetse inatangarizwamo ibindi bikorwa bikomeje kugerwaho mu gukomeza gutsimbataza umubano w’ibi Bihugu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen. Odongo Jeje witabiriye ibi biganiro, yatangaje ko u Rwanda rwemeye ko sosiyete y’Indege ya Uganda (Uganda Airlines), ikorera ingendo mu Rwanda.

Yavuze ko iki cyemezo kizatuma umubano ndetse n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Uganda, birushaho gutera imbere, kuko bizagura imigenderanire ndetse n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’ibi Bihugu.

Yagize ati “Bizatuma ubucuruzi burushaho gutera imbere ndetse n’abaturage barusheho kugenderana no guhahirana hagati yabo.”

Uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Uganda, yongeye gushimangira ko Igihugu cye n’u Rwanda ari abavandimwe, uretse kuba bitandukanywa n’imipaka yashyizweho n’abakoloni, ariko ko ibindi byinshi babihuriyeho.

Gen. Odongo Jeje yaboneyeho kongera gushimira Perezida Paul Kagame na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni kuba bakomeje kuzamura umubano w’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Biruta na Odongo kuri uyu wa Gatanu
Gen. Odongo yavuze indi nkuru nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 10 =

Previous Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Next Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.