Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Uganda yatangaje indwara yahitanye Jacob Oulanyah wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, waguye muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari yaragiye kwivuriza.

Inyandiko dukesha urubuga rw’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ivuga ko Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Hon. Jane Ruth Aceng yatangaje ko Jacob L’Okori Oulanyah yazize indwara ya Cancer yari yarangije ibice by’umubiri we.

Yagize ati “Umutima, ibihaha, umwijima n’impyiko ze ntizari zikibasha gukora. Umwijima watangiye gutakaza ubushobozi akiri muri Uganda ndetse n’ibihaha byari byatangiye kuzamo amazi.”

Minisitiri w’Ubuzima Jane Ruth Aceng yatangaje ibi ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko ibyereke ubuzima bwa nyakwigendera mu Nteko Rusange idasanzwe yareranye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022.

Jane Ruth Aceng yavuze ko nyakwigendera Jacob Oulanyah yasanzwemo Cancer muri 2019 ubwo yabanzaga kugira ikibazo cy’ikibyimba cyo ku zuru akajya kwivuriza mu Budage bakamubaga ariko ibizamini bikagaragaza ko ari Cancer.

Yagize ati “Yatangiye gufata imiti aza kuyirangiza ayifatira mu kigo kirwanya Cancer muri Uganda [Uganda Cancer Institute].”

Minisitiri Jane Ruth Aceng yavuze ko nyakwigendera yagiye ajya kwivuriza mu bindi bitaro ariko akaza guhura n’imbogamizi z’ingamba zashyizweho zo gukumira icyorezo cya COVID-19 ntabashe gukomeza kwivuza nk’uko byari bisanzwe.

Urupfu rwa Jacob Oulanyah L’Okori rwatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ku itariki 19 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Amarira y’Abanyakigali bamara amasaha bategereje imodoka muri Gare yaba agiye guhanagurwa?

Next Post

Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.