Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in AMAHANGA
0
Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko mu gace ka Panzi mu Ntara ya Kwango, hari indwara itaramenyekana, bikekwa ko imaze guhitana abantu barenga 70.

Byemejwe na Minisitiri w’Ubuzima muri DRC, Samuel Roger Kamba Mulamba kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, asaba abaturage bo muri aka gace kwitwararika.

Yavuze ko kugeza ubu habarwa abantu 27 bamaze kwitaba Imana baguye ku Bitaro, ndetse n’abandi 44 bamaze kuburira ubuzima mu ngo.

Ubwo yatangazaga ibi, Minisitiri w’Ubuzima muri DRC, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko bikigoye kwemeza ko aba bantu bose bamaze kwitaba Imana, byatewe n’iyi ndwara itaramenyekana.

Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko hafashwe ibizamini bikoherezwa mu kigo gishinzwe ubushakashatsi mu buzima INRB (Institut National de Recherche Biomédicale) kugira ngo hamenyekane iyi ndwara.

Yagize ati “Hafashwe ibizamini by’ibanze biroherezwa kugira ngo bisuzumwe. Ikindi kandi twohereje itsinda rigizwe n’abaganga b’ibyorezo n’abasuzuma ibizamini, kugira ngo bajye guha ubufasha amatsinda y’abaganga bo muri kariya gace.”

Yavuze ko ibyavuye muri ibi bizamini bitahita bishyirwa hanze mu gihe cya vuba, ariko ko mu gihe bigitegerejwe, abaganga bakomeza kuvura ibimenyetso by’iyi ndwara, birimo kubura amaraso, umuriro mwinshi, kubabara mu gihe umuntu ahumeka, no kubabara umutwe.

Kugeza ubu, iyi ndwara ikomeje kwibasira abana bari munsi y’imyaka itanu, aho kuri bo igipimo cyo kwandura kiri kuri 40%.

Amakuru ava muri aka gace ka Panzi, avuga ko abamaze kwitaba Imana baguye mu ngo no kwa muganga, bakabakaba mu ijana, imibare itandukanye n’iyatangajwe na Minisitiri.

Minisitiri w’Ubuzima muri Congo, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko ibisubizo ku bizamini byafashwe bitazahita biboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

Next Post

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.