Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in AMAHANGA
0
Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko mu gace ka Panzi mu Ntara ya Kwango, hari indwara itaramenyekana, bikekwa ko imaze guhitana abantu barenga 70.

Byemejwe na Minisitiri w’Ubuzima muri DRC, Samuel Roger Kamba Mulamba kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, asaba abaturage bo muri aka gace kwitwararika.

Yavuze ko kugeza ubu habarwa abantu 27 bamaze kwitaba Imana baguye ku Bitaro, ndetse n’abandi 44 bamaze kuburira ubuzima mu ngo.

Ubwo yatangazaga ibi, Minisitiri w’Ubuzima muri DRC, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko bikigoye kwemeza ko aba bantu bose bamaze kwitaba Imana, byatewe n’iyi ndwara itaramenyekana.

Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko hafashwe ibizamini bikoherezwa mu kigo gishinzwe ubushakashatsi mu buzima INRB (Institut National de Recherche Biomédicale) kugira ngo hamenyekane iyi ndwara.

Yagize ati “Hafashwe ibizamini by’ibanze biroherezwa kugira ngo bisuzumwe. Ikindi kandi twohereje itsinda rigizwe n’abaganga b’ibyorezo n’abasuzuma ibizamini, kugira ngo bajye guha ubufasha amatsinda y’abaganga bo muri kariya gace.”

Yavuze ko ibyavuye muri ibi bizamini bitahita bishyirwa hanze mu gihe cya vuba, ariko ko mu gihe bigitegerejwe, abaganga bakomeza kuvura ibimenyetso by’iyi ndwara, birimo kubura amaraso, umuriro mwinshi, kubabara mu gihe umuntu ahumeka, no kubabara umutwe.

Kugeza ubu, iyi ndwara ikomeje kwibasira abana bari munsi y’imyaka itanu, aho kuri bo igipimo cyo kwandura kiri kuri 40%.

Amakuru ava muri aka gace ka Panzi, avuga ko abamaze kwitaba Imana baguye mu ngo no kwa muganga, bakabakaba mu ijana, imibare itandukanye n’iyatangajwe na Minisitiri.

Minisitiri w’Ubuzima muri Congo, Samuel Roger Kamba Mulamba yavuze ko ibisubizo ku bizamini byafashwe bitazahita biboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

Next Post

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Amakuru agezweho ku mukino utegerejwe na benshi mu Rwanda ni amateka yiyanditse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.