Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye inzego zinyuranye zirimo iz’umutekano nk’Ingabo z’u Rwanda n’abanyamadini, ku kazi ntagereranywa bakoze mu bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza.

Ni nyuma yuko mu bice bitandukanye by’u Rwanda by’umwihariko mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, habaye ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ry’umusibo ejo hashize, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye Abaturage benshi.

Kugeza ubu, hamaze kumenyekana abantu 130 bishwe n’ibi biza, mu gihe abandi batanu bataraboneka, ndetse bikaba byarakomerekeje abaturage 77, barimo 36 bari mu Bitaro.

Ubwo ibi biza byabaga, inzego zinyuranye ndetse n’abaturage ejo ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, baramukiye mu bikorwa byo gutabara abari bagihumeka bari bagwiriwe n’ibikuta by’inzu.

Perezida Paul Kagame yashimiye abantu bose bagize uruhare muri ibi bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibi biza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati “Reka nshimire inzego z’umutekano zacu n’iza Gisirikare bakoranye n’abaturage ndetse n’izindi nzego zirimo n’amatorero, ku bw’akazi k’indashyikirwa bakoze kandi bakomeje gukora mu gutanga umusanzu mu guhangana n’ibiza byagize ingaruka byabaye ejo hashize.”

Muri ubu butumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasoje agira ati “Dushyize hamwe ntakizatunanira.”

Uretse bariya bantu 130 bahitanywe n’ibi biza, byanangije ibikorwa binyuranye birimo inzu 5 174 zasenyutse, ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu, kuko muri aka Karere gusa hasenyutse inzu 3 371.

Perezida Paul Kagame kandi kuri uyu wa Gatatu, yari yatanze ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango yaburiye ababo muri ibi biza, ndetse n’abo byakomerekeje, anizeza ko Leta ikora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo, ndetse ko na we ubwe akomeza kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Next Post

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.