Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye inzego zinyuranye zirimo iz’umutekano nk’Ingabo z’u Rwanda n’abanyamadini, ku kazi ntagereranywa bakoze mu bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza.

Ni nyuma yuko mu bice bitandukanye by’u Rwanda by’umwihariko mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, habaye ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ry’umusibo ejo hashize, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye Abaturage benshi.

Kugeza ubu, hamaze kumenyekana abantu 130 bishwe n’ibi biza, mu gihe abandi batanu bataraboneka, ndetse bikaba byarakomerekeje abaturage 77, barimo 36 bari mu Bitaro.

Ubwo ibi biza byabaga, inzego zinyuranye ndetse n’abaturage ejo ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, baramukiye mu bikorwa byo gutabara abari bagihumeka bari bagwiriwe n’ibikuta by’inzu.

Perezida Paul Kagame yashimiye abantu bose bagize uruhare muri ibi bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibi biza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati “Reka nshimire inzego z’umutekano zacu n’iza Gisirikare bakoranye n’abaturage ndetse n’izindi nzego zirimo n’amatorero, ku bw’akazi k’indashyikirwa bakoze kandi bakomeje gukora mu gutanga umusanzu mu guhangana n’ibiza byagize ingaruka byabaye ejo hashize.”

Muri ubu butumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasoje agira ati “Dushyize hamwe ntakizatunanira.”

Uretse bariya bantu 130 bahitanywe n’ibi biza, byanangije ibikorwa binyuranye birimo inzu 5 174 zasenyutse, ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu, kuko muri aka Karere gusa hasenyutse inzu 3 371.

Perezida Paul Kagame kandi kuri uyu wa Gatatu, yari yatanze ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango yaburiye ababo muri ibi biza, ndetse n’abo byakomerekeje, anizeza ko Leta ikora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo, ndetse ko na we ubwe akomeza kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − one =

Previous Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Next Post

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.