Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingabo n’Abanyamadini bashimiwe na Perezida Kagame ku butabazi bwakurikiye ibyashegeshe benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye inzego zinyuranye zirimo iz’umutekano nk’Ingabo z’u Rwanda n’abanyamadini, ku kazi ntagereranywa bakoze mu bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza.

Ni nyuma yuko mu bice bitandukanye by’u Rwanda by’umwihariko mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, habaye ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ry’umusibo ejo hashize, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye Abaturage benshi.

Kugeza ubu, hamaze kumenyekana abantu 130 bishwe n’ibi biza, mu gihe abandi batanu bataraboneka, ndetse bikaba byarakomerekeje abaturage 77, barimo 36 bari mu Bitaro.

Ubwo ibi biza byabaga, inzego zinyuranye ndetse n’abaturage ejo ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, baramukiye mu bikorwa byo gutabara abari bagihumeka bari bagwiriwe n’ibikuta by’inzu.

Perezida Paul Kagame yashimiye abantu bose bagize uruhare muri ibi bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka n’ibi biza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati “Reka nshimire inzego z’umutekano zacu n’iza Gisirikare bakoranye n’abaturage ndetse n’izindi nzego zirimo n’amatorero, ku bw’akazi k’indashyikirwa bakoze kandi bakomeje gukora mu gutanga umusanzu mu guhangana n’ibiza byagize ingaruka byabaye ejo hashize.”

Muri ubu butumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasoje agira ati “Dushyize hamwe ntakizatunanira.”

Uretse bariya bantu 130 bahitanywe n’ibi biza, byanangije ibikorwa binyuranye birimo inzu 5 174 zasenyutse, ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu, kuko muri aka Karere gusa hasenyutse inzu 3 371.

Perezida Paul Kagame kandi kuri uyu wa Gatatu, yari yatanze ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango yaburiye ababo muri ibi biza, ndetse n’abo byakomerekeje, anizeza ko Leta ikora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo, ndetse ko na we ubwe akomeza kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − four =

Previous Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Next Post

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Padiri utazibagirana kubyo avugwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe icyemezo cy’ikirenga na Kiliziya y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.