Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo za EAC zari zoherejwe muri Congo zasubije ibendera zinavuga uko byari byifashe

radiotv10by radiotv10
27/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ingabo za EAC zari zoherejwe muri Congo zasubije ibendera zinavuga uko byari byifashe

Muri Mutarama uyu mwaka yashyikirije EAC ibendera nyuma y'uko EACRF isoje ubutumwa bwayo muri Congo

Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo zari zoherejwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), zasubije uyu muryango ibendera, zinavuga ko zasohoje ubutumwa bwazo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024 ku cyicaro gikuru cya EAC; i Arusha muri Tanzania, kiyoborwa n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu wari uyoboye izi ngabo za EACRF, washyikirije Dr Peter Mathuki ibendera rya EAC, yagarutse kuri bimwe mu byaranze ubutumwa bwazo, birimo kuba zarashoboye gucungira umutekano abasivile ndetse ko zatanze umusanzu mu gutuma habaho agahenge ko guhagarika imirwano hagati ya FARDC na M23.

Yagize ati “Muri macye, kohereza EACRF byafashije gutanga umusanzu muri Goma na Sake. Ibikorwa byose byagezweho, byose bigaruka ku gucungira umutekano abari bakuwe mu byabo no gusubira mu ngo zabo, by’umwihariko muri Sake, Korolirwe, Kitshanga na Mweso muri Teritwari ya Masisi ndetse no muri Kibumba, Rumangabo, Kiwanja na Bunagana muri Teritwari za Nyiragongo na Rutshuru.”

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki yavuze ko uyu Muryango uzakomeza guha imbaraga ubushobozi bwawo mu gushaka umuti w’ibibazo by’amahoro n’umutekano biri mu Bihugu binyamuryango.

Yavuze ko ku bw’ubunararibonye bw’ubu butumwa bw’ingabo zari zoherejwe muri Congo Kinshasa “EAC yabonye ko ishobora kwishakira ibisubizo by’ibibazo by’umutekano kandi ko ibyishoboreye ifatanyije n’abafatanyabikorwa mu kuba yakwicungira ikanikemurira amakimbirane.”

Yaboneyeho kandi gushimira izi ngabo za bimwe mu Bihugu by’ibinyamuryango bya EAC, zemeye gushyira ubuzima bwazo mu kaga, zikemera kujya muri ubu butumwa.

EAC yashimiye izi ngabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Next Post

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.