Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo za EAC zari zoherejwe muri Congo zasubije ibendera zinavuga uko byari byifashe

radiotv10by radiotv10
27/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ingabo za EAC zari zoherejwe muri Congo zasubije ibendera zinavuga uko byari byifashe

Muri Mutarama uyu mwaka yashyikirije EAC ibendera nyuma y'uko EACRF isoje ubutumwa bwayo muri Congo

Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo zari zoherejwe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), zasubije uyu muryango ibendera, zinavuga ko zasohoje ubutumwa bwazo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024 ku cyicaro gikuru cya EAC; i Arusha muri Tanzania, kiyoborwa n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki.

Maj Gen Aphaxard Muthuri Kiugu wari uyoboye izi ngabo za EACRF, washyikirije Dr Peter Mathuki ibendera rya EAC, yagarutse kuri bimwe mu byaranze ubutumwa bwazo, birimo kuba zarashoboye gucungira umutekano abasivile ndetse ko zatanze umusanzu mu gutuma habaho agahenge ko guhagarika imirwano hagati ya FARDC na M23.

Yagize ati “Muri macye, kohereza EACRF byafashije gutanga umusanzu muri Goma na Sake. Ibikorwa byose byagezweho, byose bigaruka ku gucungira umutekano abari bakuwe mu byabo no gusubira mu ngo zabo, by’umwihariko muri Sake, Korolirwe, Kitshanga na Mweso muri Teritwari ya Masisi ndetse no muri Kibumba, Rumangabo, Kiwanja na Bunagana muri Teritwari za Nyiragongo na Rutshuru.”

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuki yavuze ko uyu Muryango uzakomeza guha imbaraga ubushobozi bwawo mu gushaka umuti w’ibibazo by’amahoro n’umutekano biri mu Bihugu binyamuryango.

Yavuze ko ku bw’ubunararibonye bw’ubu butumwa bw’ingabo zari zoherejwe muri Congo Kinshasa “EAC yabonye ko ishobora kwishakira ibisubizo by’ibibazo by’umutekano kandi ko ibyishoboreye ifatanyije n’abafatanyabikorwa mu kuba yakwicungira ikanikemurira amakimbirane.”

Yaboneyeho kandi gushimira izi ngabo za bimwe mu Bihugu by’ibinyamuryango bya EAC, zemeye gushyira ubuzima bwazo mu kaga, zikemera kujya muri ubu butumwa.

EAC yashimiye izi ngabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + four =

Previous Post

Baribaza icyagendeweho bamwe bahabwa ibyo basabiye rimwe bo ntibabibone

Next Post

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Related Posts

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa
AMAHANGA

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.