Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo za Ukraine zikimara gutata amakuru y’ahaherereye Umuyobozi ukora mu biro bya Perezida Vladimir Putin, zaharashe imvura y’amabombe zishaka kumwivugana ariko abasirikare b’u Burusiya baramuhungisha.

Ni igitero cyabaye ubwo uyu muyobozi wungirije ushinzwe abakozi muri Perezidansi y’u Burusiya, Sergey Kirienko yari mu gace Kherson ko mu mujyi wa Nova Kakhovka uherereye mu majyepfo ya Ukraine.

Ibinyamakuru bitandukanye birimo Newsweek byatangaje ko Sergey Kirienko yari yagiye muri aka gace gusura urugomero rw’amashanyarazi rwa Kakhovskaya ndetse no guhura n’abayobozi batandukanye b’u Burusiya bari mu bice biri mu maboko y’iki Gihugu.

Ubwo ingabo za Ukraine zamaraga kumenya ko uyu muyobozi usanzwe ari inkoramutima ya Putin ari muri aka gace, zahise zihasuka amabombe kugira ngo ahagwe ariko ingabo z’u Burusiya zihita zimutabara ziramuhungisha.

Umunyamakuru w’Umurusiya, Semyon Pegov yanditse ku muyoboro wa Telegram ko Kirienko yariho asura abayobozi bashyizweho n’u Burusiya mu bice biri mu maboko y’ingabo z’iki Gihugu cyashoje intambara kuri Ukraine.

Yavuze ko ziriya bombe zarashwe n’ingabo za Ukraine ubwo inama Kirienko yagiranaga n’abo bayobozi yari ihumbuje, batangiye no kuva aho bayikoreraga.

Yagize ati “Abari mu nama bahise bafata impunzi bazijyana mu kigo cya gisirikare. Nta n’umwe mu bari muri iki gikorwa wakomeretse.”

Amezi atanu arihiritse u Burusiya bushoje intambara muri Ukraine yangije ibikorwa byinshi ndetse ikanahitana abatari bacye.

Igihugu cy’u Burusiya gikomeje kwigarurira ibice bitandukanye, bukomeje kugaragaza umugambi wo kwiyomekaho ubutaka bunini bwa Ukraine.

Gusa Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zidateze kwemerera u Burusiya kugera kuri uyu mugambi, zinatangaza ko zigiye kongera inkunga y’intwaro buha Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Rubavu: Amahirwe asekeye abaturage bari banze kwandavura bagateza imyenda bambaraga ngo babone icyo kurya

Next Post

Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe

Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.