Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo zagiye mu butumwa bw’Umuryango Ugamije Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zavuze ko zikomeje guha imyitozo abasirikare ba FARDC, mu rwego rwo kuzamura urwego rwayo mu mirwanire.

Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amafoto agaragaza izi ngabo za SADC ziri mu butumwa bwiswe ‘SAMIDRC’ ziri gutoza abasirikare ba FARDC.

Mu butumwa bwatangajwe n’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC, bwatangaje ko izi ngabo ziri gufasha FARDC guhasyha umutwe wa M23, koko zikomeje guha imyitozo abasirikare ba Congo.

Muri ubu butumwa, ubunyamabanga bwa SADC bwagize buti “Nka bimwe mu bikubiye mu butumwa, SAMIDRC ikomeje guha imyitozo igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa bitandukanye.”

Ubutumwa bw’Ubunyamabanga bukuru bwa SADC, bukomeza bugira buti “Imyitozo igamije kuzamura urwego mu mirwanire ndetse n’imikoranire ya SADC.”

Ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ubu butumwa SADC, zirimo izaturutse muri Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi.

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri muri ubu butumwa, ziherutse gutaka zivuga ko hari bamwe mu basirikare bazo basize ubuzima mu rugamba bari gufashamo FARDC guhangana na M23.

Ni ubutumwa buherutse gushyigikirwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu nama iherutse guterana, aho u Rwanda rwari rwasabye uyu Muryango kutabushyigikira kubera inenge rububonaho.

Guverinoma y’u Rwanda mu ibaruwa yari yandikiye Afurika Yunze Ubumwe, yagaragazaga ko izi ngabo zigiye gukorana n’ubufatanye burimo imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR urimo bamwe mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko hasanzwe hariho inzira z’amahoro zafashwe zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, zirimo izemerejwe i Luanda muri Angola ndetse n’iz’i Nairobi muri Kenya, kandi ko zari zatangiye gukoreshwa ndetse zaranatangiye gutanga icyizere, ku buryo kuba hakoreshejwe inzira za gisirikare biteye impungenge.

Nanone kandi u Rwanda rwavugaga ko ubu bufatanye bwa FARDC burimo na FDLR, butahwemye kugaragaza ko bunafite umugambi wo guhungabanya umutekano warwo, bityo ko izindi ngabo zije kubutera ingabo mu bitugu zidakwiye gushyigikirwa.

Ingabo za SADC ziri guha imyitozo FARDC kugira ngo babashe guhashya M23
Babaha n’amasomo
Banabigisha kurashisha imbunda za rutura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Andi mahirwe yasekeye umuhanzi ukomeje kuba nk’inyenyeri ya muzika Nyarwanda

Next Post

Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w’abana n’abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w’abana n’abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w'abana n'abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.