Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo zagiye mu butumwa bw’Umuryango Ugamije Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zavuze ko zikomeje guha imyitozo abasirikare ba FARDC, mu rwego rwo kuzamura urwego rwayo mu mirwanire.

Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amafoto agaragaza izi ngabo za SADC ziri mu butumwa bwiswe ‘SAMIDRC’ ziri gutoza abasirikare ba FARDC.

Mu butumwa bwatangajwe n’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC, bwatangaje ko izi ngabo ziri gufasha FARDC guhasyha umutwe wa M23, koko zikomeje guha imyitozo abasirikare ba Congo.

Muri ubu butumwa, ubunyamabanga bwa SADC bwagize buti “Nka bimwe mu bikubiye mu butumwa, SAMIDRC ikomeje guha imyitozo igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa bitandukanye.”

Ubutumwa bw’Ubunyamabanga bukuru bwa SADC, bukomeza bugira buti “Imyitozo igamije kuzamura urwego mu mirwanire ndetse n’imikoranire ya SADC.”

Ingabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ubu butumwa SADC, zirimo izaturutse muri Tanzania, Afurika y’Epfo na Malawi.

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri muri ubu butumwa, ziherutse gutaka zivuga ko hari bamwe mu basirikare bazo basize ubuzima mu rugamba bari gufashamo FARDC guhangana na M23.

Ni ubutumwa buherutse gushyigikirwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu nama iherutse guterana, aho u Rwanda rwari rwasabye uyu Muryango kutabushyigikira kubera inenge rububonaho.

Guverinoma y’u Rwanda mu ibaruwa yari yandikiye Afurika Yunze Ubumwe, yagaragazaga ko izi ngabo zigiye gukorana n’ubufatanye burimo imitwe yitwaje intwaro irimo n’uw’iterabwoba wa FDLR urimo bamwe mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko hasanzwe hariho inzira z’amahoro zafashwe zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, zirimo izemerejwe i Luanda muri Angola ndetse n’iz’i Nairobi muri Kenya, kandi ko zari zatangiye gukoreshwa ndetse zaranatangiye gutanga icyizere, ku buryo kuba hakoreshejwe inzira za gisirikare biteye impungenge.

Nanone kandi u Rwanda rwavugaga ko ubu bufatanye bwa FARDC burimo na FDLR, butahwemye kugaragaza ko bunafite umugambi wo guhungabanya umutekano warwo, bityo ko izindi ngabo zije kubutera ingabo mu bitugu zidakwiye gushyigikirwa.

Ingabo za SADC ziri guha imyitozo FARDC kugira ngo babashe guhashya M23
Babaha n’amasomo
Banabigisha kurashisha imbunda za rutura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 9 =

Previous Post

Andi mahirwe yasekeye umuhanzi ukomeje kuba nk’inyenyeri ya muzika Nyarwanda

Next Post

Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w’abana n’abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w’abana n’abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Sudan: Hatangajwe umubare ukanganye w'abana n'abagore bashobora guhitanwa n’inzara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.