Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya, byahise bigira ingaruka ku isoko ry’ibi bicuruzwa bisanzwe bigena n’ishusho y’ibiciro by’ibindi.

Ibyo Perezida Donald trump yabyemeje ubwo yari amaze kwakira Mark Rutt, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ubutabarane uhuriweho n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u burayi, Canada na Leta Zunze Ubumwe za America (NATO).

Mark Rutte yari yagiye kuganira na Perezida Trump ku buryo bwose bwo bushobora guhagarika intambara u Burusiya bumazemo imyaka 3 n’igice muri Ukraine.

Ku munsi nk’uyu w’icyumweru gishize ni bwo Perezida Trump yaganiriye na mugenzi we utegeka u Burusiya bemeranya ko bashobora guhurira i Budapest muri Hongiriya.

Ubu Trump yavuze ko yahagaritse iyo nama, anashimangira ko yafatiye ibihano u Burusiya. Yagize ati “Nahagaritse inama ikomeye nagombaga kugirana na Perezida putin. Byatewe n’uko nasanze tudashobora kugera aho nifuza. Nsanga nta mpamvu yo guhura, ariko ubwo tuzahura mu gihe kiri imbere.”

Nyuma yo guhagarika iyi nama yagombaga kumuhuza na Perezida Putin; Trump yahise anavuga ko yafatiye u Burusiya ibihano by’ubukungu, icyakora ngo ntabwo yizeye ko nabyo bizashyira iherezo kuri iyi ntambara.

Yagize ati “Nafashe ibihano kubera ko nabonye igihe cyabyo kigeze. Ntabwo nizeye ko ibi bihano bizahagarika iyi ntambara, ariko nizeye ko bizagira ingaruka ku Burusiya. Ariko kompanyi ebyiri twashyiriyeho ibihano ni zo zikomeye mu Burusiya. Nizeye ko bizatuma u Burusiya na Ukraine bashyira mu gaciro. Birasaba igihe.”

Yakomeje agira ati “Aba bantu bombi barazirana cyane, ndagira ngo murabizi kurusha undi muntu wese. Ni yo mpamvu kumvikana bigoye. Guhagarika yi ntambara byakabe byoroshye cyane ariko urwango ruri hagati ya Perezida Zelensky na Putin rurakabije.”

Nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za America zifashe ibi bihano; ibiciro by’ibikomoka kuri petrole byahise bizamukaho 4%.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bigaragaza ko kuri uyu wa Kane ibiciro by’ibikomoka kuri petrole ku masoko byahise bitumbagira. Ubu akagunguru kamwe karagura amadorali ya amerika ari hagati ya 61 na 65.

 

Ibi byatumye Ibihugu nk’u Buhindi bitangira gutekereza uku byaca ukubiri n’isoko ry’u Burusiya. Ingaruka z’ibyo bihano zishobora kurushaho gukomera; kuko n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wafatiye u Burusiya bihano ku nshuro ya 19.

Ibi bihano birimo no guhagarika gutumiza mu Burusiya ibikomoka kuri petrole. Uburusiya nibudahagarika intambara, ibyo Bihugu byose bivuga ko bazakomeza gushyira igitutu kuri Perezida Putin binyuze muri iyo nzira y’ibihano.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

Next Post

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.