Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo, atazemererwa guhura n’izindi mfungwa ngenzi ze.

Nicolas Paul Stéphane Sarközy de Nagy-Bocsa wabaye Perezida w’u Bufaransa hagati y’umwaka wa 2007 kugeza muri 2012, amaze iminsi itatu muri gereza yo mu mujyi wa Paris yitwa La Santé.

Laurent Nuñez, Minisitiri w’Umutekano muri iki Gihugu, yavuze ko Perezida Sarkozy mu myaka itanu azamara muri gereza azaba arinzwe n’abapolisi babiri.

Aba bacunga umutekano, bagomba kuzaba bari iruhande rw’icyumba Sarközy afungiyemo. Igihe abagororwa bose basohotse muri gereza; abo bapolisi bazajya bamuguma iruhande kugira ngo adahura na bagenzi be bafungiwe ibyaha bitandukanye.Iki cyemezo kigamije kurinda ubuzima bwa bwa Perezida Sarkozy.

Minisitiri w’Umutekano yavuze ko hari abagororwa bamaze iminsi bavuga ko bazivugana Perezida Sarközy. Hari abahise bigaragambiriza icyo cyemezo, bavuga ko iyo gereza isanzwe icungiwe umutekano mu buryo bukomeye.

Icyakora Guverinoma y’u Bufaransa yo ivuga ko abo bapolisi bazakomeza gusimburana kuri izo nshingano kugeza igihe Sarkozy azasohokera muri iyo gereza.

Sarkozy yatangiye igifungo cy’imyaka itanu muri iki cyumweru nyuma yuko Urukiko rumuhamije icyaha gifitanye isano na ruswa ikomoka ku mafaranga bivugwa ko yahawe na Muammar Gaddafi nk’inkunga yo kwiyamamaza mu mwaka wa 2007.

Perezida Sarkozy ngo yari yarizeje ko uyu munyepolitike wayoboraga Libya ko azamushakira igikundiro ku Mugabane w’u Burayi.

Ayo matora y’Umukuru w’Igihugu cy’u bufaransa, Sarkozy yarayatsinze. abanyepolitike bakavuga ko ibyo bikorwa bya Sarkozy binyuranyije n’amategeko.

Icyakora we mu iburana rye kugeza ku munsi wo kwinjira muri gereza; yasubiyemo kenshi ko ibyo ashinjwa bifitanye isano na politike, kugeza n’ubu avuga ko atakabaye aryamye muri gereza kubera ko yiyumva nk’umuntu urengana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + fourteen =

Previous Post

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Next Post

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Related Posts

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Colonel Bonfort Ndoreraho usanzwe ari Komiseri Mukuru wa polisi y’Intara ya Ngozi mu Burundi, ari mu maboko y’urwego rushinzwe iperereza...

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.