Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingimbi n’abangavu babangamiwe no kuba itegeko ritabemerera kwijyana kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in IMIBEREHO MYIZA
0
Ingimbi n’abangavu babangamiwe no kuba itegeko ritabemerera kwijyana kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abangavu babwiye Radio & TV10 ko babangamirwa no kuba itegeko ritabemerera, kujya kuboneza urubyaro bijyanye kuko  bagira isoni zo kuba babwira ababyeyi ko bashaka kujyayo , kugira ngo birinde kuba batwara inda zimburagihe,ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC kivuga ko itegeko ririmo kuvugurwa kuko umunsinga washyikirijwe inteko ishingamategeko.

Ingingo ya karindwi y’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere y’abantu mu Rwanda, ikumira abana bari munsi y’imyaka 18 mu kwifatira icyemezo kuri ahunda yo kuboneza urubyaro, umukobwa wese ukeneye iyi serivise yo kuboneza urubyaro  bimusaba kujyana n’umubyeyiwe cyangwase umurera, nyamara   iminsi uko ishira mu Rwanda abangavu baterwa inda bakomeje kwiyongera hari ababona igisubizo cyava mukwemerera abangavu bakijyana bidasabye guherekezwa nkuko nabo babyibwiriye Radio &Tv10.

Imibare igaragaza ko abakobwa b’abangavu babyariye iwabo mu myaka itanu ishize basaga ibihumbi 75 (75,000) mu gihe umwaka  wa 2019 habaruwe abana bangana n’abaturage bashingirwaho ngo bagire umubare w’abaturage batuye umurenge wose, ni ukuvuga abasaga ibihumbi 20.

Niyonshuti Pierre umukozi mu ihuriro ry’imiryango itari iya leta avuga ko igihe kigeze ngo abakobwa bari munsi y’imyaka 18 bemererwe kuboneza urubyaro, kuko abana bakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato kabone n’iyo byaba bitarajya ku mugaragaro ku buryo bweruye.

Agira Ati “Urubyiruko abenshi banga kujya kuboneza urubyaro ku bajyanama b’ubuzima baturanye cyangwa mubigo by’urubyiruko  kandi rubikeneye.  bibatera isoni kuko abo bagannye baba babazi neza bityo bakanga ko babibwira ababyeyi babo cyangwa bakabataranga mu gace batuyemo, bagahitamo kubyihorera kandi batareka gukora imibonano mpuzabitsina”.

N’ubwo bivugwa uku ariko  hari ababyeyi batera utwatsi iki kifuzo  cy’uko itegeko ryakwemerera abangavu kujya kuboneza urubyaro  bidasabye ko baherekezwa.

Agira ati “Inshingano zo guhanura abana zifitwe n’umubyeyi, birakwiye ko abana berekwa ko nibatwita imburagihe inzozi zabo batazazigeraho, hari abana bigishwa kubara ukwezi k’umugore bararangije gutwita, ababyeyi ntibaha umwana umwanya kandi nyamara ababyeyi bafashe umwanya hakiri kare byatuma umwana yumva hakiri kare uko yitwararika”.

Undi we avuga ko umwana uri munsi y’imyaka 18 akwiye kwitabwaho , kuko umwana waganirijwe neza ku buzima bw’imyororokere agira uko yitwara bitandukanye n’utaraganirijwe.

Ese kuvugurura iri tegeko byaba bigeze he?

Umukozi mu kigo cy’ubuzima RBC ushizwe ubuzima ingimbi n’abangavu bw’imyororokere Elphaz  Karamage avuga ko harimo gutegurwa umushinga wakwemerera abangavu kuboneza urubyaro kuko uyumushinga kugeza ubu uri munteko ishingamategeko.

Imibare itangwa na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) igaragaza ko abakobwa bari hagati y’imyaka 15-19 bahawe serivisi zo kuboneza urubyaro,muri 2018 ni 27,357 naho muri 2019 ni 23,916.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 15 =

Previous Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Next Post

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Related Posts

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.