Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingimbi n’abangavu babangamiwe no kuba itegeko ritabemerera kwijyana kuboneza urubyaro

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in IMIBEREHO MYIZA
0
Ingimbi n’abangavu babangamiwe no kuba itegeko ritabemerera kwijyana kuboneza urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abangavu babwiye Radio & TV10 ko babangamirwa no kuba itegeko ritabemerera, kujya kuboneza urubyaro bijyanye kuko  bagira isoni zo kuba babwira ababyeyi ko bashaka kujyayo , kugira ngo birinde kuba batwara inda zimburagihe,ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC kivuga ko itegeko ririmo kuvugurwa kuko umunsinga washyikirijwe inteko ishingamategeko.

Ingingo ya karindwi y’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere y’abantu mu Rwanda, ikumira abana bari munsi y’imyaka 18 mu kwifatira icyemezo kuri ahunda yo kuboneza urubyaro, umukobwa wese ukeneye iyi serivise yo kuboneza urubyaro  bimusaba kujyana n’umubyeyiwe cyangwase umurera, nyamara   iminsi uko ishira mu Rwanda abangavu baterwa inda bakomeje kwiyongera hari ababona igisubizo cyava mukwemerera abangavu bakijyana bidasabye guherekezwa nkuko nabo babyibwiriye Radio &Tv10.

Imibare igaragaza ko abakobwa b’abangavu babyariye iwabo mu myaka itanu ishize basaga ibihumbi 75 (75,000) mu gihe umwaka  wa 2019 habaruwe abana bangana n’abaturage bashingirwaho ngo bagire umubare w’abaturage batuye umurenge wose, ni ukuvuga abasaga ibihumbi 20.

Niyonshuti Pierre umukozi mu ihuriro ry’imiryango itari iya leta avuga ko igihe kigeze ngo abakobwa bari munsi y’imyaka 18 bemererwe kuboneza urubyaro, kuko abana bakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato kabone n’iyo byaba bitarajya ku mugaragaro ku buryo bweruye.

Agira Ati “Urubyiruko abenshi banga kujya kuboneza urubyaro ku bajyanama b’ubuzima baturanye cyangwa mubigo by’urubyiruko  kandi rubikeneye.  bibatera isoni kuko abo bagannye baba babazi neza bityo bakanga ko babibwira ababyeyi babo cyangwa bakabataranga mu gace batuyemo, bagahitamo kubyihorera kandi batareka gukora imibonano mpuzabitsina”.

N’ubwo bivugwa uku ariko  hari ababyeyi batera utwatsi iki kifuzo  cy’uko itegeko ryakwemerera abangavu kujya kuboneza urubyaro  bidasabye ko baherekezwa.

Agira ati “Inshingano zo guhanura abana zifitwe n’umubyeyi, birakwiye ko abana berekwa ko nibatwita imburagihe inzozi zabo batazazigeraho, hari abana bigishwa kubara ukwezi k’umugore bararangije gutwita, ababyeyi ntibaha umwana umwanya kandi nyamara ababyeyi bafashe umwanya hakiri kare byatuma umwana yumva hakiri kare uko yitwararika”.

Undi we avuga ko umwana uri munsi y’imyaka 18 akwiye kwitabwaho , kuko umwana waganirijwe neza ku buzima bw’imyororokere agira uko yitwara bitandukanye n’utaraganirijwe.

Ese kuvugurura iri tegeko byaba bigeze he?

Umukozi mu kigo cy’ubuzima RBC ushizwe ubuzima ingimbi n’abangavu bw’imyororokere Elphaz  Karamage avuga ko harimo gutegurwa umushinga wakwemerera abangavu kuboneza urubyaro kuko uyumushinga kugeza ubu uri munteko ishingamategeko.

Imibare itangwa na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) igaragaza ko abakobwa bari hagati y’imyaka 15-19 bahawe serivisi zo kuboneza urubyaro,muri 2018 ni 27,357 naho muri 2019 ni 23,916.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Next Post

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Adrien Niyonshuti Cycling Academy yatoranyije abakinnyi 6 izajyana mu irushanwa rizabera muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.