Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

radiotv10by radiotv10
20/09/2025
in MU RWANDA
0
Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, aravuga ko nyuma yo kubyara afite imyaka 16, yahuye n’imbogamizi zirimo kurera umwana we bimugoye ndetse no kuba hari serivisi atabasha kubona bitewe n’amakosa yakozwe mu irangamimerere ryagaragaje ko afite imyaka 40.

Uyu mubyeyi wo mu Mudugudu wa Nyarubare, Akagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora, ubu afite umwana w’umwaka umwe, arera bigoye, ariko hakaba hariyongereyeho n’ikibazo cy’amakosa yagaragaye mu irangamimerere.

Ati “Njya gusahaka ibyangombwa nk’irangamuntu nsanga mu irangamimerere handitsemo ko navutse mu 1985, ndetse ushinzwe irangamimerere mu Murenge bantuma icyemezo cy’umubatizo ndakibashyira ndetse bantuma n’ibindi byangombwa byerekana igihe cya nyacyo navukiye ndabibashyira, ariko imyaka ibaye ibiri bambwira ngo nintegereze. N’ejobundi nagiyeyo bamkambwira ngo nkomeze ntegereze. Ubu kuvuza umwana wanjye nabyaye ndetse nanjye kwivuza biragoye kuko nta ndangamuntu mfite.”

Ikibazo cye ngo iyo akibajije ababishinzwe bamubwira ko kizakemuka ariko agategereza agaheba bikamugiraho ingaruka kuri we ndetse n’uwo yabyaye.

Ati “Iyo ndwaye njya kwigurira imiti ntazi n’indwara kuko nta kundi nabigeza. Icyifuzo ni uko nabona ibyangombwa nkabasha kwivuza ndetse no kubona serivise zikenera indangamuntu kuko hari serivisi nyinshi zikenera indangamuntu ntahabwa.”

Nyirimana Edouard , se w’uyu mwana asaba ko yafashwa bigakosoka kuko bahangayikishijwe n’ubuzima abayeho atagira ibyangombwa.

Ati “Ubuzima bwe n’uwo yabyaye buri mu kaga kuko ari twe nta bushobozi dufite bwo kubitaho mu gihe barwaye kuko bisaba ko bivuza ijana ku ijana bitewe no kutagira indangamuntu.”

Ibyomanishaka Victoire, Umukozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Ndora avuga ko iki kibazo atakibuka agasaba ko uyu mwana yamwegera akamufasha.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Related Posts

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

by radiotv10
20/09/2025
0

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa,...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

IZIHERUKA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

20/09/2025
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

20/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

20/09/2025
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.