Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Uganda, Jean Pierre Massala yasuye inkomere z’abasirikare ba FARDC bahungiye muri Uganda nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 ubu bakaba bari mu Bitaro i Kisaro.

Aba basirikare 10 ba FARDC bari mu baherutse guhunga nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 ubwo yafataga Umujyi wa Bunaga, bagakizwa n’agamaguru bakanata ibikoresho byabo birimo ibifaru, barwariye mu Bitaro Bya Saint Francis i Mutolere mu Karere ka Kisaro muri Uganda.

Bivugwa ko abasirikare 137 ba FARDC bahungiye muri Uganda kuri uyu wa Mbere ubwo M23 yafataga Umujyi wa Bunagana, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Gisirikare ya Kibaya.

Umuyobozi wa Kisaro, Hajji Shaffiq Sekandi avuga ko benshi muri aba basirikare bahise basubira mu Gihugu cyabo mu ijoro ry’umunsi bari bahungiyeho, ndetse bakanafashwa na UPDF yabaherekeje ibarinze ikabageza mu mujyi wa Ishasha ku mupaka.

Hajji Shaffiq Sekandi ari kumwe Ambasaderi wa DRC muri Uganda, Jean Pierre Massala, kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, basuye abasirikare ba FARDC bakomeretse bari kuvurirwa muri biriya Bitaro byitiriwe Mutagatifu Francis.

Umwe muri aba basirikare ni we urembye cyane kuko yarashwe isasu mu gituza, ndetse abaganga bo muri ibi Bitaro bakaba bavuga ko ubuzima bwe butari kumera neza byihuse kuko isasu yarashwe ryanyuze mu bihaha rihinguranya mu mugongo.

Naho abandi bo bari kuvurwa ibikomere batewe n’ibice bya za bombe byabakomerekeje, aho bazagenda babagwa mu bihe binyuranye.

Ambasaderi Massala yizeje aba basirikare ko Igihugu cyabo kifatanyije na bo muri ubu burwayi kandi ko kizishyura ikiguzi cy’ubuvuzi bazahabwa.

Uyu mudipolomate yavuze ko ubutwari bwabo ndetse n’umuhate wabaranze, bizakomeza kuzirikanwa n’Igihugu cyabo.

Amakuru avuga kandi ko umusirikare umwe wa FARDC yapfiriye muri ibi Bitaro bya Mutolere ubwo yari akigagera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Next Post

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.