Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in Uncategorized
0
Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Uganda, Jean Pierre Massala yasuye inkomere z’abasirikare ba FARDC bahungiye muri Uganda nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 ubu bakaba bari mu Bitaro i Kisaro.

Aba basirikare 10 ba FARDC bari mu baherutse guhunga nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 ubwo yafataga Umujyi wa Bunaga, bagakizwa n’agamaguru bakanata ibikoresho byabo birimo ibifaru, barwariye mu Bitaro Bya Saint Francis i Mutolere mu Karere ka Kisaro muri Uganda.

Bivugwa ko abasirikare 137 ba FARDC bahungiye muri Uganda kuri uyu wa Mbere ubwo M23 yafataga Umujyi wa Bunagana, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Gisirikare ya Kibaya.

Umuyobozi wa Kisaro, Hajji Shaffiq Sekandi avuga ko benshi muri aba basirikare bahise basubira mu Gihugu cyabo mu ijoro ry’umunsi bari bahungiyeho, ndetse bakanafashwa na UPDF yabaherekeje ibarinze ikabageza mu mujyi wa Ishasha ku mupaka.

Hajji Shaffiq Sekandi ari kumwe Ambasaderi wa DRC muri Uganda, Jean Pierre Massala, kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, basuye abasirikare ba FARDC bakomeretse bari kuvurirwa muri biriya Bitaro byitiriwe Mutagatifu Francis.

Umwe muri aba basirikare ni we urembye cyane kuko yarashwe isasu mu gituza, ndetse abaganga bo muri ibi Bitaro bakaba bavuga ko ubuzima bwe butari kumera neza byihuse kuko isasu yarashwe ryanyuze mu bihaha rihinguranya mu mugongo.

Naho abandi bo bari kuvurwa ibikomere batewe n’ibice bya za bombe byabakomerekeje, aho bazagenda babagwa mu bihe binyuranye.

Ambasaderi Massala yizeje aba basirikare ko Igihugu cyabo kifatanyije na bo muri ubu burwayi kandi ko kizishyura ikiguzi cy’ubuvuzi bazahabwa.

Uyu mudipolomate yavuze ko ubutwari bwabo ndetse n’umuhate wabaranze, bizakomeza kuzirikanwa n’Igihugu cyabo.

Amakuru avuga kandi ko umusirikare umwe wa FARDC yapfiriye muri ibi Bitaro bya Mutolere ubwo yari akigagera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

Next Post

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

CHOGM: Ibyamamare byatangiye kuza, ikirangirire mu kubyina Sherrie Silver yaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.