• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA
0
Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako y’ishuri rya Lycée Mwanga riherereye muri Komini ya Dilala mu Mujyi wa Kolwezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro bitazwi icyayiteye, itera ubwoba abanyeshuri basimbutse igorofa bakiza amagara yabo, barakomereka, abandi bagahungabana.

Iyi nkongi yibasiye inyubako y’iri shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, itangirira mu gisenge cy’inzu yo hejuru.

Minisititi w’Umutekano w’Imbere, Adeoudat Kapenda yatangaje ko nta muntu waburiye ubuzima muri iyi nkongi y’umuriro.

Gusa abanyeshuri bagera muri 30 bakomeretse ubwo basimbukaga igorofa, bahunga iyi nkongi, nkuko bitangazwa na bamwe mu bibonye iby’iyi nkongi.

Me Gautier Kayombo wo mu Muryango utari uwa Leta uharanira Uburenganzira bwa Muntu uzwi nka Amis d’Obama, yagize ati “Abanyeshuri bagize ubwoba. Hari bamwe muri bo bakomeretse kuko bamwe bakijije amagara yabo banyura mu madirishya.”

Yavuze ko kandi hari n’abana bagize ikibazo cy’ihungabana kubera ubukana bw’iyi nkongi y’umuriro yari ifite ikibatsi kidasanzwe.

Atangaza ko abana bakomerekeye muri ibi bikorwa byo guhunga, ari benshi, ati “Njyewe ubwanjye niboneye abana bagera muri mirongo bajyanywe n’imbangukiragutabara ku Bitaro bya Mwangezi. Ariko hari abandi benshi bagize ibibazo barimo n’abagize ihungabana, na bo bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Kolwezi.”

Iyi nkongi y’umuriro yamaze igihe kinini kuko yatangiye saa yine ikarinda igeza saa sita, kuko muri aka gace hari ikibazo cy’imodoka zizimya umuriro.

Iyi nkongi yari ifite ubukana
Abanyeshuri basimbutse bamwe barahakomerekera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Muri Soudan byarushijeho kuba bibi, Ibihugu bikomeye bitangira guhungisha ababyo

Next Post

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.