Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in AMAHANGA
0
Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako y’ishuri rya Lycée Mwanga riherereye muri Komini ya Dilala mu Mujyi wa Kolwezi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro bitazwi icyayiteye, itera ubwoba abanyeshuri basimbutse igorofa bakiza amagara yabo, barakomereka, abandi bagahungabana.

Iyi nkongi yibasiye inyubako y’iri shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023, itangirira mu gisenge cy’inzu yo hejuru.

Minisititi w’Umutekano w’Imbere, Adeoudat Kapenda yatangaje ko nta muntu waburiye ubuzima muri iyi nkongi y’umuriro.

Gusa abanyeshuri bagera muri 30 bakomeretse ubwo basimbukaga igorofa, bahunga iyi nkongi, nkuko bitangazwa na bamwe mu bibonye iby’iyi nkongi.

Me Gautier Kayombo wo mu Muryango utari uwa Leta uharanira Uburenganzira bwa Muntu uzwi nka Amis d’Obama, yagize ati “Abanyeshuri bagize ubwoba. Hari bamwe muri bo bakomeretse kuko bamwe bakijije amagara yabo banyura mu madirishya.”

Yavuze ko kandi hari n’abana bagize ikibazo cy’ihungabana kubera ubukana bw’iyi nkongi y’umuriro yari ifite ikibatsi kidasanzwe.

Atangaza ko abana bakomerekeye muri ibi bikorwa byo guhunga, ari benshi, ati “Njyewe ubwanjye niboneye abana bagera muri mirongo bajyanywe n’imbangukiragutabara ku Bitaro bya Mwangezi. Ariko hari abandi benshi bagize ibibazo barimo n’abagize ihungabana, na bo bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Kolwezi.”

Iyi nkongi y’umuriro yamaze igihe kinini kuko yatangiye saa yine ikarinda igeza saa sita, kuko muri aka gace hari ikibazo cy’imodoka zizimya umuriro.

Iyi nkongi yari ifite ubukana
Abanyeshuri basimbutse bamwe barahakomerekera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 14 =

Previous Post

Muri Soudan byarushijeho kuba bibi, Ibihugu bikomeye bitangira guhungisha ababyo

Next Post

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away
MU RWANDA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.