Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Yves-Marie Umuhire wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero mu gihe umuryango we wari umutegereje ngo aze basangire Noheli, yabonetse yarapfuye.

Inkuru y’urupfu rw’uyu Munyarwanda Yves-Marie Umuhire w’imyaka 38 y’amavuko, yemejwe n’Ubushinjacyaha bukuru bw’i Bruxelles mu itangazo bwashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022.

Yves-Marie Umuhire wari waburiwe irengero kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 23 Ukuboza 2022, yasanzwe yapfuye ku wa Kabiri tariki 27 Ukuboza 2022 kuri butiki ya 412 iri muri uyu murwa mukuru w’u Bubiligi, i Bruxelles.

Nyakwigendera yaherukaga kugaragara ubwo yajyaga mu kabyiniro ahitwa Avenue Louise, aho nyuma yuko abuze, umuryango we wahise wiyambaza Polisi.

Ubushinjacyaha bw’i Bruxelles buvuga ko uyu Munyarwanda yasanzwe yapfiriye ku ngazi (escalier) zo kuri aka kabyiniro, aho iperereza ryagaragaje ko yazize impanuka yo kwikubita hasi kuri izi ngazi.

Uru rwego rw’ubutabera mu Bubiligi rwatangaje kandi ko ikirego cyo kuba hari umuntu wagize uruhare mu rupfu rw’uyu Munyarwanda cyahise gishyingurwa kuko yazize impanuka nkuko byagaragajwe n’iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

M23 yongeye guha gasopo FARDC na FDLR kubera ikosa ritihanganirwa bakoze

Next Post

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

Abasirikare b’ikindi Gihugu cyo muri EAC boherejwe muri DRCongo berekwa umutego batagomba kuzagwamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.