Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje y’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga yateye urujijo mu baturanyi

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru ibabaje y’umukobwa bivugwa ko yicuruzaga yateye urujijo mu baturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 26 y’amavuko bivugwa ko yakoraga akazi ko kwicuruza, bamusanze mu nzu yabagamo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, yarapfuye kandi n’inzu yabagamo ikinze n’ingufuri, bitera urujijo abaturanyi.

Umurambo w’uyu mukobwa wabonetse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2023 ahagana saa tatu, mu Mudugudu wa Bugoyi mu Kagari ka Bugoyi mu Murenge wa Gisenyi.

Byamenyekanye ubwo umukobwa bivugwa ko na we yicuruza uherutse gucumbikirwa na nyakwigendera, yazaga muri aka gace avuga ko iyo nshuti ye yapfiriye mu nzu ngo kuko atamuheruka.

Abaturage bo muri aka gace batunguwe n’ibyavugwaga n’uyu mukobwa, bahise bajya kureba ku nzu yabagamo uyu witabye Imana, basanga ikinze n’ingufuri, bafunguye basanga yapfiriye mu nzu.

Yaba iyi nshuti ya nyakwigendera ndetse n’abaturanyi, bavuga ko baherukaga kumubona mu cyumweru gishize ku wa Gatanu.

Uwitonze Esperance, umuvandimwe w’uyu mukobwa witabye Imana, yabwiye RADIOTV10 ko na we baherukaga kuvugana ku wa Gatanu, kuva icyo gihe akaba atari azi amakuru ye.

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, zari ziri aho nyakwigendera yabonetse, zihita zijyana umurambo ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Basanze urugi rufunze

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seventeen =

Previous Post

Uwafatiwe mu manyanga mu kizamini cya ‘Provisoire’ yameneye Polisi ibanga ry’icyabimuteye

Next Post

Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

Perezida uherutse mu Rwanda yahishuye ikindi cyamukoze ku mutima kikongera ibirungo mu kurwiyumvamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.