Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Inkuru ibabaje y’umukobwa ukiri muto bakekaho kwiyahura ku mpamvu y’amayobera

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Inkuru ibabaje y’umukobwa ukiri muto bakekaho kwiyahura ku mpamvu y’amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukiri muto wari umunyeshuri mu kigo cy’amashuri yisumbuye giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bamusanze mu mugozi yapfuye, bikaba bikekwa ko yiyahuye kubera ibibazo yari afite byo mu muryango, cyangwa biturutse ku rukundo yari afitanye n’umuhungu bavuganye mbere yuko yiyahura.

Uyu mukobwa w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa kabiri mu Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Bruno ruherereye mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, bamusanze mu mugozi yapfuye iwabo mu rugo kuri uyu wa Kane.

Kuri uwo munsi bamusanze yapfiriyeho ntiyari yagiye ku ishuri kuko yari yavuze ko arwaye mu nda, bakaza kumusanga amanitse mu mugozi ku mugoroba.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa yari afite ibibazo byo mu muryango kuko yarerwaga na Mukase ndetse na Se akaba aherutse gufungwa akanakatirwa n’inkiko.

Nanone kandi amakuru agera kuri RADIOTV10 avuga ko mukase w’uyu mukobwa, wanamureraga, yahamagaye inshuro nyinshi uyu mwana w’umukobwa ariko akumva telefone ari kuyivugiraho ndetse bikaza kugaragara ko yavuganaga n’umuhungu bikekwa ko bakundanaga.

Uyu mubyeyi wareraga nyakwigendera, wababajwe n’urupfu rwe, asaba ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rukora iperereza ryimbitse, hakamenyekana uwo muntu bavuganye mbere yuko yiyahura ndetse n’icyo bavuganaga.

Ingabire Joyeux uyobora Umurenge wa Gihundwe, yemeye iby’uru rupfu rw’uyu mukobwa, avuga ko ubuyobozi bwabimenye nyuma yuko butabajwe n’abaturage.

Yagize ati “Twihutiye kujyayo, tugezeyo dusanga amakuru ni yo koko umwana ari mu kagozi.”

Uyu muyobozi avuga ko inzego z’ibanze zihutiye kubimenyesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, na rwo rukihutira kuhagera ndetse rukaba rwatangiye gukora iperereza, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Mu burakari umurwanyi wa M23 yavuze icyatumye ataba umupasiteri agahitamo guheka imbunda

Next Post

Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga

Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.