Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG
Share on FacebookShare on Twitter

Byamaze kwemezwa ko Lionel Messi agiye gusohoka mu ikipe ya Paris Saint Germain, ndetse ko agiye kuyikinira umukino wa nyuma, nyuma y’igihe binugwanugwa ko yaba agiye kuva muri iyi kipe.

Byari biherutse kunugwanugwa ko uyu rutahizamu uyoboye ruhago ku Isi, ashobora kutazongera amasezerano ye arangira mu mpeshyi y’uyu mwaka, none byemejwe n’u mutoza wa Paris Saint Germain, Christophe Galtier.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri iki gicamunsi, yitegura umukino bazakiramo Clermont Foot, Umutoza w’Umufaransa, Christophe Galtier yemeje ko Lionel Messi, kuri uyu wa Gatandatu, ari bukine umukino we wa nyuma muri PSG.

Galtier yagize ati “Nagiriwe ubuntu bwo gutoza umukinnyi mwiza cyane w’ibihe byose, uzaba ari umukino we wa nyuma kuri sitade Parc des Princes, ndizera ko azafatwa neza cyane mu buryo bwose bushoboka, yatubereye umukinnyi w’ingenzi mu ikipe yacu muri uyu mwaka w’imikino kandi iteka yabaga ahari.”

Umukino azakinira iyi kipe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, uzaba ari uwa nyuma muri PSG, yamaze no gutwara igikombe cya Shampiyona, ubwo izaba yakiriye Clermont Foot mu mukino usoza umwaka w’imikino muri Shampiyona y’u Bufaransa (Ligue 1).

Hari amakipe atatu yatangiye kunugwanugwa ko azahita aha ikaze Lionel Messi arimo Al Hilal yo muri Arabie Saudite, Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse FC Barcelone yo muri Espagne yari yanavuyemo ubwo yajyaga muri PSG.

Ikizwi ubu ni uko Messi umaze kwegukana ibikombe 2 bya Shampiyona y’u Bufaransa, azava muri iyi kipe, ibarizwa i Paris, mu murwa mukuru w’iki Gihugu.

Umwaka wa kabiri wa Lionel Messi muri PSG wagenze neza dore ko mu mikino 31 ya Shampiyona, yatsinzemo ibitego 16 ndetse atanga n’imipira 16 yavuyemo ibindi bitego, aho ashobora gusoza uyu mwaka w’imikino ari we utanze imipira myinshi yabyaye ibitego, bitandukanye n’umwaka we wa mbere mu Bufaransa, aho yatsinze ibitego 6 gusa.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Senegal: Urwanya ubutegetsi wateje akaduruvayo yahanaguweho gufata ku ngufu ahamywa ruswa

Next Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.