Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG
Share on FacebookShare on Twitter

Byamaze kwemezwa ko Lionel Messi agiye gusohoka mu ikipe ya Paris Saint Germain, ndetse ko agiye kuyikinira umukino wa nyuma, nyuma y’igihe binugwanugwa ko yaba agiye kuva muri iyi kipe.

Byari biherutse kunugwanugwa ko uyu rutahizamu uyoboye ruhago ku Isi, ashobora kutazongera amasezerano ye arangira mu mpeshyi y’uyu mwaka, none byemejwe n’u mutoza wa Paris Saint Germain, Christophe Galtier.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri iki gicamunsi, yitegura umukino bazakiramo Clermont Foot, Umutoza w’Umufaransa, Christophe Galtier yemeje ko Lionel Messi, kuri uyu wa Gatandatu, ari bukine umukino we wa nyuma muri PSG.

Galtier yagize ati “Nagiriwe ubuntu bwo gutoza umukinnyi mwiza cyane w’ibihe byose, uzaba ari umukino we wa nyuma kuri sitade Parc des Princes, ndizera ko azafatwa neza cyane mu buryo bwose bushoboka, yatubereye umukinnyi w’ingenzi mu ikipe yacu muri uyu mwaka w’imikino kandi iteka yabaga ahari.”

Umukino azakinira iyi kipe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, uzaba ari uwa nyuma muri PSG, yamaze no gutwara igikombe cya Shampiyona, ubwo izaba yakiriye Clermont Foot mu mukino usoza umwaka w’imikino muri Shampiyona y’u Bufaransa (Ligue 1).

Hari amakipe atatu yatangiye kunugwanugwa ko azahita aha ikaze Lionel Messi arimo Al Hilal yo muri Arabie Saudite, Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse FC Barcelone yo muri Espagne yari yanavuyemo ubwo yajyaga muri PSG.

Ikizwi ubu ni uko Messi umaze kwegukana ibikombe 2 bya Shampiyona y’u Bufaransa, azava muri iyi kipe, ibarizwa i Paris, mu murwa mukuru w’iki Gihugu.

Umwaka wa kabiri wa Lionel Messi muri PSG wagenze neza dore ko mu mikino 31 ya Shampiyona, yatsinzemo ibitego 16 ndetse atanga n’imipira 16 yavuyemo ibindi bitego, aho ashobora gusoza uyu mwaka w’imikino ari we utanze imipira myinshi yabyaye ibitego, bitandukanye n’umwaka we wa mbere mu Bufaransa, aho yatsinze ibitego 6 gusa.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Senegal: Urwanya ubutegetsi wateje akaduruvayo yahanaguweho gufata ku ngufu ahamywa ruswa

Next Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.