Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inkuru ibaye impamo hagati ya kizigenza muri ruhago y’Isi Messi na PSG
Share on FacebookShare on Twitter

Byamaze kwemezwa ko Lionel Messi agiye gusohoka mu ikipe ya Paris Saint Germain, ndetse ko agiye kuyikinira umukino wa nyuma, nyuma y’igihe binugwanugwa ko yaba agiye kuva muri iyi kipe.

Byari biherutse kunugwanugwa ko uyu rutahizamu uyoboye ruhago ku Isi, ashobora kutazongera amasezerano ye arangira mu mpeshyi y’uyu mwaka, none byemejwe n’u mutoza wa Paris Saint Germain, Christophe Galtier.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri iki gicamunsi, yitegura umukino bazakiramo Clermont Foot, Umutoza w’Umufaransa, Christophe Galtier yemeje ko Lionel Messi, kuri uyu wa Gatandatu, ari bukine umukino we wa nyuma muri PSG.

Galtier yagize ati “Nagiriwe ubuntu bwo gutoza umukinnyi mwiza cyane w’ibihe byose, uzaba ari umukino we wa nyuma kuri sitade Parc des Princes, ndizera ko azafatwa neza cyane mu buryo bwose bushoboka, yatubereye umukinnyi w’ingenzi mu ikipe yacu muri uyu mwaka w’imikino kandi iteka yabaga ahari.”

Umukino azakinira iyi kipe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, uzaba ari uwa nyuma muri PSG, yamaze no gutwara igikombe cya Shampiyona, ubwo izaba yakiriye Clermont Foot mu mukino usoza umwaka w’imikino muri Shampiyona y’u Bufaransa (Ligue 1).

Hari amakipe atatu yatangiye kunugwanugwa ko azahita aha ikaze Lionel Messi arimo Al Hilal yo muri Arabie Saudite, Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse FC Barcelone yo muri Espagne yari yanavuyemo ubwo yajyaga muri PSG.

Ikizwi ubu ni uko Messi umaze kwegukana ibikombe 2 bya Shampiyona y’u Bufaransa, azava muri iyi kipe, ibarizwa i Paris, mu murwa mukuru w’iki Gihugu.

Umwaka wa kabiri wa Lionel Messi muri PSG wagenze neza dore ko mu mikino 31 ya Shampiyona, yatsinzemo ibitego 16 ndetse atanga n’imipira 16 yavuyemo ibindi bitego, aho ashobora gusoza uyu mwaka w’imikino ari we utanze imipira myinshi yabyaye ibitego, bitandukanye n’umwaka we wa mbere mu Bufaransa, aho yatsinze ibitego 6 gusa.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Senegal: Urwanya ubutegetsi wateje akaduruvayo yahanaguweho gufata ku ngufu ahamywa ruswa

Next Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.