Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza na Afurika y’Epfo, yaciye agahigo ko kwambukiranya Umugabane wa Afurika n’amaguru aho yagiye yirukanka, agakoresha iminsi itageze ku mwaka, agahita agabanyaho iminsi 17 ku wari ufite aka gahigo.

Uyu mugabo witwa Keith Boyd w’imyaka 57, yakoresheje iminsi 301 akuraho agahigo kari karaciwe n’undi wabikoze afite imyaka 25 y’amavuko.

Uru rugendo yakoze yirukanka, yarutangiriye Cape Town muri Afurika y’Epfo, arusoreza i Cairo mu Misiri mu Gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika, bituma yandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi cya ‘Guinness World Records’.

Uru rugendo rwatumwe Keith Boyd aca agahigo ku Isi, rureshya n’ibilometero 10 793, aho yaturutse muri Afurika y’Epfo, anyura Botswana, yinjira Zimbabwe, akomereza Zambia, anaca hirya aha muri Tanzania no muri Kenya, akomereza muri Ethiopia, aho yavuye yinjira muri Sudan, aza gusoreza mu Misiri.

Mbere y’uko atangira uru rugendo, yari yateguye kurutangirira i Cairo mu Misiri agasoreza i Cape Town muri Afurika y’Epfo, ariko aza gukora ibinyuranye n’uku yari yabiteguye kubera intambara yari iri kuba muri Sudan, aho yatekerezaga ko ashobora kuzagera muri iki Gihugu, iyi ntambara yarahosheje.

Ni mu gihe kandi muri Ethiopia yaje kuhahurira n’ibibazo bikomeye, byatumye uru rugendo rwe arwita “hell on Earth” cyangwa “Ikuzimu ho mu Isi.” Aho yari agiye gushimutwa.

Iyo ataza guhura n’ibi bibazo, byarashobokaga ko yari gukoresha igihe kiri munsi y’icyo yakoresheje muri uru rugendo rwe, ku buryo hari ibyumweru byari kuvaho.

Ni igikorwa yakoze agamije gukusanya amafaranga yo gutera inkunga umuryango we udaharanira inyungu wa ‘Rainbow Leaders’, ugamije kurwanya ubukene muri Afurika, aho yari agamije gukangurira urubyiruko kwitabira gahunda za Leta z’Ibihugu byabo, nk’amatora.

Yagize ati “Nigendeye urugendo rwanjye n’amaguru kuva i Cape Town kugera i Cairo mu mbogamizi zikomeye zagiye zikora ku buzima bwanjye bw’umubiri n’ubwo mu mutwe. Kandi nari nizeye ko ngomba kuzarusoza nciye agahigo ku Isi ku myaka yanjye, ibi bizabera urugero abantu mu buryo bunyuranye.”

Yavuze ko muri uru rugendo yari agamije gushishikariza urubyiruko rwa Afurika kwitabira ibikorwa bya Leta z’Ibihugu byabo mu kubahiriza ihame rya Demokarasi.

Ati “Ubu ni bwo buryo bwonyine bushobora kuzamura ubukungu mu buryo bwihuse, nanone kandi bugatuma habaho guhanga imirimo ikenewe no kugabanya ubukene.”

Keith Boyd wakoreye Ibigo by’Itumanaho bitandukanye muri Afurika mu gihe cy’imyaka 30, yamaze amezi ane ari mu myitozo yo guca aka gahigo, aho yagendaga ibilometero nibura 200 mu cyumweru mu rwego rwo gukomeza ibirenge bye, amaguru ndetse n’umugongo nka bimwe mu bice by’umubiri bifasha umuntu gukora urugendo n’amaguru.

Keith Boyd ubwo yirukanka mu mihanda inyuranye muri Afurika
Yageraga aho agahura n’abana b’Abanyafurika bagahuza urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”

Next Post

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.