Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza na Afurika y’Epfo, yaciye agahigo ko kwambukiranya Umugabane wa Afurika n’amaguru aho yagiye yirukanka, agakoresha iminsi itageze ku mwaka, agahita agabanyaho iminsi 17 ku wari ufite aka gahigo.

Uyu mugabo witwa Keith Boyd w’imyaka 57, yakoresheje iminsi 301 akuraho agahigo kari karaciwe n’undi wabikoze afite imyaka 25 y’amavuko.

Uru rugendo yakoze yirukanka, yarutangiriye Cape Town muri Afurika y’Epfo, arusoreza i Cairo mu Misiri mu Gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika, bituma yandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi cya ‘Guinness World Records’.

Uru rugendo rwatumwe Keith Boyd aca agahigo ku Isi, rureshya n’ibilometero 10 793, aho yaturutse muri Afurika y’Epfo, anyura Botswana, yinjira Zimbabwe, akomereza Zambia, anaca hirya aha muri Tanzania no muri Kenya, akomereza muri Ethiopia, aho yavuye yinjira muri Sudan, aza gusoreza mu Misiri.

Mbere y’uko atangira uru rugendo, yari yateguye kurutangirira i Cairo mu Misiri agasoreza i Cape Town muri Afurika y’Epfo, ariko aza gukora ibinyuranye n’uku yari yabiteguye kubera intambara yari iri kuba muri Sudan, aho yatekerezaga ko ashobora kuzagera muri iki Gihugu, iyi ntambara yarahosheje.

Ni mu gihe kandi muri Ethiopia yaje kuhahurira n’ibibazo bikomeye, byatumye uru rugendo rwe arwita “hell on Earth” cyangwa “Ikuzimu ho mu Isi.” Aho yari agiye gushimutwa.

Iyo ataza guhura n’ibi bibazo, byarashobokaga ko yari gukoresha igihe kiri munsi y’icyo yakoresheje muri uru rugendo rwe, ku buryo hari ibyumweru byari kuvaho.

Ni igikorwa yakoze agamije gukusanya amafaranga yo gutera inkunga umuryango we udaharanira inyungu wa ‘Rainbow Leaders’, ugamije kurwanya ubukene muri Afurika, aho yari agamije gukangurira urubyiruko kwitabira gahunda za Leta z’Ibihugu byabo, nk’amatora.

Yagize ati “Nigendeye urugendo rwanjye n’amaguru kuva i Cape Town kugera i Cairo mu mbogamizi zikomeye zagiye zikora ku buzima bwanjye bw’umubiri n’ubwo mu mutwe. Kandi nari nizeye ko ngomba kuzarusoza nciye agahigo ku Isi ku myaka yanjye, ibi bizabera urugero abantu mu buryo bunyuranye.”

Yavuze ko muri uru rugendo yari agamije gushishikariza urubyiruko rwa Afurika kwitabira ibikorwa bya Leta z’Ibihugu byabo mu kubahiriza ihame rya Demokarasi.

Ati “Ubu ni bwo buryo bwonyine bushobora kuzamura ubukungu mu buryo bwihuse, nanone kandi bugatuma habaho guhanga imirimo ikenewe no kugabanya ubukene.”

Keith Boyd wakoreye Ibigo by’Itumanaho bitandukanye muri Afurika mu gihe cy’imyaka 30, yamaze amezi ane ari mu myitozo yo guca aka gahigo, aho yagendaga ibilometero nibura 200 mu cyumweru mu rwego rwo gukomeza ibirenge bye, amaguru ndetse n’umugongo nka bimwe mu bice by’umubiri bifasha umuntu gukora urugendo n’amaguru.

Keith Boyd ubwo yirukanka mu mihanda inyuranye muri Afurika
Yageraga aho agahura n’abana b’Abanyafurika bagahuza urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Ukutavuga rumwe ku ngeso bamwe buvugaho kuzamura bumboribombori abandi bati “ntabirenze”

Next Post

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Related Posts

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.