Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yakuyeho umusoro ku nyongeragaciro (VAT/TVA) kuri Kawunga n’Umuceri, bisanzwe biri mu biribwa bikenerwa n’Abanyarwanda benshi, mu rwego rwo gutuma ibiciro byabyo byorohera bose, ndetse hanatanganzwa ibiciro ntarengwa ku bindi biribwa.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023.

Iyi Minisiteri ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku bugenzuzi bwakozwe mu masoko atandukanye hirya no hino mu Gihugu, ryagaragaje ko bamwe mu bacuruzi bazamuye ibiciro by’ibiribwa mu buryo bukabije bagamije kubona inyungu y’umurengera.

Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura ryakozwe ku mpamvu zituma ibiciro by’ibiribwa bizamuka, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagiranye ibiganiro n’izindi nzego za Leta n’iz’abikorera ku cyakorwa.

Rigakomeza rigira riti “MINICOM iramenyesha Abanyarwanda bose ko umusoro ku nyongera-gaciro (VAT) ku ifu y’ibigori n’umuceri, utagomba gucibwa.”

Rikomeza rigaragaza uko ibiciro bizahita bimera, aho ikilo cy’ibigori bihunguye kizajya kugura 500 Frw, naho icy’ifu yabyo (Kawunga), kizajya kigura 800 Frw.

Naho ku muceri, ikilo cy’umuceri w’intete ngufi uzwi nka Kigori, kizajya kigura 820 Frw, naho umuceri w’intete ndende ukazajya ugura 850 Frw, mu gihe ikilo cy’umuceri wa Basmati cyo kitagomba kurenza amafaranga 1 455 Frw.

Naho ku biciro by’ibirayi, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagaragaje ko uko bigenda bitandukana bitewe n’ubwoko bwabyo, aho nta birayi bizageza mu mafaranga 500 Frw ku kilo.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Muhawenayo says:
    3 years ago

    Muraho mdabashimiye nibuwitwa muhawenayo ndabakunda cyane dufite igihugu kiyobowe na demukalasi kagame oyeeeee ubu ngiye kongera guhahira umuryango wanjye umuceli Koko bizatangira kubahirizwa ryari? Ko ibyishimo byandenze

    Reke mbatume mutubarize isukalo gaze amavuya ibishyimbo kbs mwubahwe

    Reply
  2. Itangishaka Maurice says:
    3 years ago

    cyakoze twishimiye iryo vugurura kbs hano niho tuba twemereye byanyabyo ko leta yacu idu tekerezaho ubundi kuri buri kintu jyi kenerwa cyane hajyiye hajyaho igiciro ntarengwa gs twishimiye iryo manuka ryibiciro kwisoko

    Reply
  3. RUGAMBA Rafiki says:
    3 years ago

    Turushijeho gukomeza kunyurwa niryo gabanuka ry’ibiciro by’ibyo biribwa Ku isoko, gusa twakomeza gusaba minister w’ubucuruzi n’inganda ko yatuvuganira kubiribwa bikurikira:
    1. Amavuta
    2. Isukari
    3. Ibishyimbo
    4. Amakara
    Ibi nabyo ibiciro byabyo bikomeje kuzamurwa muburyo bukabije.
    Murakoza!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seven =

Previous Post

Hagiye kuba igitaramo kidasanzwe kizanakinwamo umukino usogongeza ku mateka akomeye y’u Rwanda

Next Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.