Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yakuyeho umusoro ku nyongeragaciro (VAT/TVA) kuri Kawunga n’Umuceri, bisanzwe biri mu biribwa bikenerwa n’Abanyarwanda benshi, mu rwego rwo gutuma ibiciro byabyo byorohera bose, ndetse hanatanganzwa ibiciro ntarengwa ku bindi biribwa.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023.

Iyi Minisiteri ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku bugenzuzi bwakozwe mu masoko atandukanye hirya no hino mu Gihugu, ryagaragaje ko bamwe mu bacuruzi bazamuye ibiciro by’ibiribwa mu buryo bukabije bagamije kubona inyungu y’umurengera.

Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura ryakozwe ku mpamvu zituma ibiciro by’ibiribwa bizamuka, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagiranye ibiganiro n’izindi nzego za Leta n’iz’abikorera ku cyakorwa.

Rigakomeza rigira riti “MINICOM iramenyesha Abanyarwanda bose ko umusoro ku nyongera-gaciro (VAT) ku ifu y’ibigori n’umuceri, utagomba gucibwa.”

Rikomeza rigaragaza uko ibiciro bizahita bimera, aho ikilo cy’ibigori bihunguye kizajya kugura 500 Frw, naho icy’ifu yabyo (Kawunga), kizajya kigura 800 Frw.

Naho ku muceri, ikilo cy’umuceri w’intete ngufi uzwi nka Kigori, kizajya kigura 820 Frw, naho umuceri w’intete ndende ukazajya ugura 850 Frw, mu gihe ikilo cy’umuceri wa Basmati cyo kitagomba kurenza amafaranga 1 455 Frw.

Naho ku biciro by’ibirayi, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagaragaje ko uko bigenda bitandukana bitewe n’ubwoko bwabyo, aho nta birayi bizageza mu mafaranga 500 Frw ku kilo.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Muhawenayo says:
    3 years ago

    Muraho mdabashimiye nibuwitwa muhawenayo ndabakunda cyane dufite igihugu kiyobowe na demukalasi kagame oyeeeee ubu ngiye kongera guhahira umuryango wanjye umuceli Koko bizatangira kubahirizwa ryari? Ko ibyishimo byandenze

    Reke mbatume mutubarize isukalo gaze amavuya ibishyimbo kbs mwubahwe

    Reply
  2. Itangishaka Maurice says:
    3 years ago

    cyakoze twishimiye iryo vugurura kbs hano niho tuba twemereye byanyabyo ko leta yacu idu tekerezaho ubundi kuri buri kintu jyi kenerwa cyane hajyiye hajyaho igiciro ntarengwa gs twishimiye iryo manuka ryibiciro kwisoko

    Reply
  3. RUGAMBA Rafiki says:
    3 years ago

    Turushijeho gukomeza kunyurwa niryo gabanuka ry’ibiciro by’ibyo biribwa Ku isoko, gusa twakomeza gusaba minister w’ubucuruzi n’inganda ko yatuvuganira kubiribwa bikurikira:
    1. Amavuta
    2. Isukari
    3. Ibishyimbo
    4. Amakara
    Ibi nabyo ibiciro byabyo bikomeje kuzamurwa muburyo bukabije.
    Murakoza!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Hagiye kuba igitaramo kidasanzwe kizanakinwamo umukino usogongeza ku mateka akomeye y’u Rwanda

Next Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.