Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yakuyeho umusoro ku nyongeragaciro (VAT/TVA) kuri Kawunga n’Umuceri, bisanzwe biri mu biribwa bikenerwa n’Abanyarwanda benshi, mu rwego rwo gutuma ibiciro byabyo byorohera bose, ndetse hanatanganzwa ibiciro ntarengwa ku bindi biribwa.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023.

Iyi Minisiteri ivuga ko iki cyemezo gishingiye ku bugenzuzi bwakozwe mu masoko atandukanye hirya no hino mu Gihugu, ryagaragaje ko bamwe mu bacuruzi bazamuye ibiciro by’ibiribwa mu buryo bukabije bagamije kubona inyungu y’umurengera.

Iri tangazo rivuga ko nyuma y’isesengura ryakozwe ku mpamvu zituma ibiciro by’ibiribwa bizamuka, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yagiranye ibiganiro n’izindi nzego za Leta n’iz’abikorera ku cyakorwa.

Rigakomeza rigira riti “MINICOM iramenyesha Abanyarwanda bose ko umusoro ku nyongera-gaciro (VAT) ku ifu y’ibigori n’umuceri, utagomba gucibwa.”

Rikomeza rigaragaza uko ibiciro bizahita bimera, aho ikilo cy’ibigori bihunguye kizajya kugura 500 Frw, naho icy’ifu yabyo (Kawunga), kizajya kigura 800 Frw.

Naho ku muceri, ikilo cy’umuceri w’intete ngufi uzwi nka Kigori, kizajya kigura 820 Frw, naho umuceri w’intete ndende ukazajya ugura 850 Frw, mu gihe ikilo cy’umuceri wa Basmati cyo kitagomba kurenza amafaranga 1 455 Frw.

Naho ku biciro by’ibirayi, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yagaragaje ko uko bigenda bitandukana bitewe n’ubwoko bwabyo, aho nta birayi bizageza mu mafaranga 500 Frw ku kilo.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Muhawenayo says:
    3 years ago

    Muraho mdabashimiye nibuwitwa muhawenayo ndabakunda cyane dufite igihugu kiyobowe na demukalasi kagame oyeeeee ubu ngiye kongera guhahira umuryango wanjye umuceli Koko bizatangira kubahirizwa ryari? Ko ibyishimo byandenze

    Reke mbatume mutubarize isukalo gaze amavuya ibishyimbo kbs mwubahwe

    Reply
  2. Itangishaka Maurice says:
    3 years ago

    cyakoze twishimiye iryo vugurura kbs hano niho tuba twemereye byanyabyo ko leta yacu idu tekerezaho ubundi kuri buri kintu jyi kenerwa cyane hajyiye hajyaho igiciro ntarengwa gs twishimiye iryo manuka ryibiciro kwisoko

    Reply
  3. RUGAMBA Rafiki says:
    3 years ago

    Turushijeho gukomeza kunyurwa niryo gabanuka ry’ibiciro by’ibyo biribwa Ku isoko, gusa twakomeza gusaba minister w’ubucuruzi n’inganda ko yatuvuganira kubiribwa bikurikira:
    1. Amavuta
    2. Isukari
    3. Ibishyimbo
    4. Amakara
    Ibi nabyo ibiciro byabyo bikomeje kuzamurwa muburyo bukabije.
    Murakoza!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

Hagiye kuba igitaramo kidasanzwe kizanakinwamo umukino usogongeza ku mateka akomeye y’u Rwanda

Next Post

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.