Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari utuye mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, yabonywe mu gitondo yitabye Imana, ubwo umuryango we wabyukaga ujya kumushakisha kuko atari yaraye atashye bakararana impungenge.

Nsabimana Berchimas yabonywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 09 Mutarama 2024, ubwo umugore we yabyukaga ajya kumushakisha kuko atari yaraye atashye, agahita amubona yitabye Imana hafi y’urugo rwabo.

Bamwe mu baturanyi ba nyakwigendera ndetse n’abo mu muryango we, babwiye RADIOTV10 ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi barangiza bakazana umurambo we hafi y’urugo rwe, dore ko bamusanze yambaye ingofero ndetse n’inkweto.

Aba baturage babihera ku kuba hari amakuru avuga ko ejo hashize, hari umuntu wari wamuhamagaye, amuha gahunda ijyanye no kugura inka.

Nanone kandi bavuga ko kuri kuri uyu wa Gatatu yari yiriwe mu isantere ya Kizika, nta n’igicurane ataka, ari na ho yavuye ahamagawe n’uwo muntu.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, umubiri wa nyakwigendera wari ukiri aho wabonywe, hategerejwe ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruza gutangira iperereza, ndetse no kuba umubiri we wajyanwa mu Bitaro.

Ubwo twandikaga iyi nkuru kandi, Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze bwari bwahamagaje abaturage bo muri aka gace, kugira ngo hakorwe inama, no kubahumuriza no kubihanganisha.

Nyakwigendera wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yishwe mu gihe hakomeje kumvikana ibikorwa nk’ibi by’ubugome bikorerwa abacitse ku icumu rya Jenoside, aho undi witwa Sibomana Emmanuel wari utuye mu Mudugudu wa Abakina, Akagari ka Ruhumbi, Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, yishwe mu ijoro ryo ku wa 13 Ukuboza 2024 ubwo yari atashye iwe.

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba kandi, Pauline Nduwamungu na we wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatusti, yishwe tariki 14 Ugushyingo ariko umubiri we uboneka bucyeye bwaho tariki 15 Ugushyingo 2024, ariko haboneka igihimba gusa mu kimoteri iwe aho yari atuye mu Mudugudu wa Akabungo mu Kagari ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seventeen =

Previous Post

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Next Post

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.