Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari utuye mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi, yabonywe mu gitondo yitabye Imana, ubwo umuryango we wabyukaga ujya kumushakisha kuko atari yaraye atashye bakararana impungenge.

Nsabimana Berchimas yabonywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 09 Mutarama 2024, ubwo umugore we yabyukaga ajya kumushakisha kuko atari yaraye atashye, agahita amubona yitabye Imana hafi y’urugo rwabo.

Bamwe mu baturanyi ba nyakwigendera ndetse n’abo mu muryango we, babwiye RADIOTV10 ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi barangiza bakazana umurambo we hafi y’urugo rwe, dore ko bamusanze yambaye ingofero ndetse n’inkweto.

Aba baturage babihera ku kuba hari amakuru avuga ko ejo hashize, hari umuntu wari wamuhamagaye, amuha gahunda ijyanye no kugura inka.

Nanone kandi bavuga ko kuri kuri uyu wa Gatatu yari yiriwe mu isantere ya Kizika, nta n’igicurane ataka, ari na ho yavuye ahamagawe n’uwo muntu.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, umubiri wa nyakwigendera wari ukiri aho wabonywe, hategerejwe ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruza gutangira iperereza, ndetse no kuba umubiri we wajyanwa mu Bitaro.

Ubwo twandikaga iyi nkuru kandi, Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze bwari bwahamagaje abaturage bo muri aka gace, kugira ngo hakorwe inama, no kubahumuriza no kubihanganisha.

Nyakwigendera wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yishwe mu gihe hakomeje kumvikana ibikorwa nk’ibi by’ubugome bikorerwa abacitse ku icumu rya Jenoside, aho undi witwa Sibomana Emmanuel wari utuye mu Mudugudu wa Abakina, Akagari ka Ruhumbi, Umurenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, yishwe mu ijoro ryo ku wa 13 Ukuboza 2024 ubwo yari atashye iwe.

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba kandi, Pauline Nduwamungu na we wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatusti, yishwe tariki 14 Ugushyingo ariko umubiri we uboneka bucyeye bwaho tariki 15 Ugushyingo 2024, ariko haboneka igihimba gusa mu kimoteri iwe aho yari atuye mu Mudugudu wa Akabungo mu Kagari ka Rubago mu Murenge wa Rukumberi.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Next Post

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gukoresha umuti mushya urinda kwandura SIDA mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.