Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Marcel Gatsinzi uri mu ba mbere babonye ipeti rya General mu ngabo z’u Rwanda akaba yaranagize imyanya inyuranye mu buyobozi bwazo, yitabye Imana azize uburwayi.

General Marcel Gatsinzi wari umaze imyaka icumi (10) ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yitabiye Imana mu Bubiligi aho yari amaze igihe atuye ari na ho yivuriza.

Urupfu rwe rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki Indwi Werurwe 2023, gusa yitabye Imana ku munsi wari wabanje, ku wa Mbere tariki 06 Werurwe.

Amakuru aturuka mu bo hafi y’umuryango we, avuga ko nyakwigendera atari arembye bikabije kuko no kujya kwa muganda, yagiyeyo nyuma yo kumva atameze nabi ariko aza guhita yitaba Imana.

 

Ari mu ba mbere babonye ipeti rya General…Amwe mu mateka ye

Mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2013, General Gatsinzi Marcel yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu no mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Kuva mu mwaka wa 2002 kugeza muri 2010, yari Minisitiri w’Ingabo, umwanya yavuyeho akaza kugirwa Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzu yagiyeho kuva muri 2010 kugeza muri 2013.

Uyu mugabo wagiye mu gisirikare ku butegetsi bwa Leta ya Habyarimana Juvenal, yahawe imyanya inyuranye mu ngabo z’icyo gihe.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu 1994, Gatsinzi Marcel yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo ariko uyu mwanya ntiyawutinzeho kuko yawuvuyego nyuma y’icyumweru kimwe kirengaho iminsi micye ndetse anirukanwa na Leta yiyise iy’abatabazi.

Nyuma yaje guhungira mu cyahoze ari Zaire aza kuvayo agaruka mu Rwanda, ubwo ingabo zahoze ari iza RPA za FPR-Inkotanyi zihuzaga n’ingabo zari zatsinzwe, yinjijwe mu ngabo z’u Rwanda ahabwa ipeti rya Colonel.

Kuva icyo gihe yagiye agira imyanya inyuranye mu ngabo z’u Rwanda, irimo kuba yarayoboye Itsinda rya Gisirikare rishinzwe umutekano w’abasirikare rizwi nka Military Police, yayoboye afite ipeti rya Major General.

Uyu mugabo wanayoboye urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza rwa NISS, yaje guhabwa ipeti rya General muri 2004 ari na we wa mbere wahawe iri peti muri izi Ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + fourteen =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Next Post

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.