Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Marcel Gatsinzi uri mu ba mbere babonye ipeti rya General mu ngabo z’u Rwanda akaba yaranagize imyanya inyuranye mu buyobozi bwazo, yitabye Imana azize uburwayi.

General Marcel Gatsinzi wari umaze imyaka icumi (10) ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yitabiye Imana mu Bubiligi aho yari amaze igihe atuye ari na ho yivuriza.

Urupfu rwe rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki Indwi Werurwe 2023, gusa yitabye Imana ku munsi wari wabanje, ku wa Mbere tariki 06 Werurwe.

Amakuru aturuka mu bo hafi y’umuryango we, avuga ko nyakwigendera atari arembye bikabije kuko no kujya kwa muganda, yagiyeyo nyuma yo kumva atameze nabi ariko aza guhita yitaba Imana.

 

Ari mu ba mbere babonye ipeti rya General…Amwe mu mateka ye

Mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2013, General Gatsinzi Marcel yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu no mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Kuva mu mwaka wa 2002 kugeza muri 2010, yari Minisitiri w’Ingabo, umwanya yavuyeho akaza kugirwa Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzu yagiyeho kuva muri 2010 kugeza muri 2013.

Uyu mugabo wagiye mu gisirikare ku butegetsi bwa Leta ya Habyarimana Juvenal, yahawe imyanya inyuranye mu ngabo z’icyo gihe.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu 1994, Gatsinzi Marcel yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo ariko uyu mwanya ntiyawutinzeho kuko yawuvuyego nyuma y’icyumweru kimwe kirengaho iminsi micye ndetse anirukanwa na Leta yiyise iy’abatabazi.

Nyuma yaje guhungira mu cyahoze ari Zaire aza kuvayo agaruka mu Rwanda, ubwo ingabo zahoze ari iza RPA za FPR-Inkotanyi zihuzaga n’ingabo zari zatsinzwe, yinjijwe mu ngabo z’u Rwanda ahabwa ipeti rya Colonel.

Kuva icyo gihe yagiye agira imyanya inyuranye mu ngabo z’u Rwanda, irimo kuba yarayoboye Itsinda rya Gisirikare rishinzwe umutekano w’abasirikare rizwi nka Military Police, yayoboye afite ipeti rya Major General.

Uyu mugabo wanayoboye urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza rwa NISS, yaje guhabwa ipeti rya General muri 2004 ari na we wa mbere wahawe iri peti muri izi Ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 12 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Next Post

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.