Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in AMAHANGA
0
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis; yitabye Imana kuri uyu wa Mbere, nyuma y’amasaha macye Abakristu barimo n’aba Kiliziya Gatulika bizihije izuka rya Yezu.

Urupfu rwa Papa Francis rwatangajwe n’Ibiro bye, i Vatican kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, ko Nyirubutungane Papa yatabarutse ku myaka 88 y’amavuko.

Amakuru y’itabaruka rya Papa Francis, yatangajwe na Karidinari Kevin Farrell mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki, aho yavuze ko Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi yashizemo umwuka saa moya na mirongo itatu n’itanu (07:35), aho yitabiye Imana iwe mu rugo ruri i Casa Santa Marta.

Karidinari Kevin Farrell yagize ati “Nshuti bavandimwe, mbabajwe bikomeye no gutangaza urupfu rwa Nyirubutungane Papa Francis. Saa 7:35 zo muri iki gitondo, Umushumba wa Roma, Francis, yatabarutse mu rugo kwa Data.”

Yakomeje avuga ko Nyirubutungane Papa Francis, mu buzima bwe bwose, yaranze no gukorera Nyagasani na Kiliziya Gaturuka, kandi ko abo babanye yabigishije indangagaciro zo “gukurera Imana, kurangwa n’ubudahemuka, umuhate no gukunda abantu bose nta vangura cyane cyane abakene, n’abandi bose b’abanyantege nke.”

Asoza agira ati “Turashima byimazeyo urugero rwiza yaduhaye rw’imyitwarire ya Nyagasani Yezu, turashima roho ya Papa Francis ku bw’urutundo rwe ruhebuje n’ingabire y’Imana.”

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yitabye Imana nyuma y’igihe gito avuye mu Bitaro bya Gemelli Hospital yari yajyanywemo tariki 14 Gashyantare 2025, nyuma yo kugira ibibazo mu myanya y’ubuhumekero.

Mu bihe bitandukanye, yagiye agira uburwayi bunyuranye byumwihariko bw’ibibazo byo mu buhumekero, ndetse n’umusonga, byari byarangije ibihaha bye byombi, byatumaga atabasha guhumeka neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

Next Post

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.