Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in AMAHANGA
0
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis; yitabye Imana kuri uyu wa Mbere, nyuma y’amasaha macye Abakristu barimo n’aba Kiliziya Gatulika bizihije izuka rya Yezu.

Urupfu rwa Papa Francis rwatangajwe n’Ibiro bye, i Vatican kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, ko Nyirubutungane Papa yatabarutse ku myaka 88 y’amavuko.

Amakuru y’itabaruka rya Papa Francis, yatangajwe na Karidinari Kevin Farrell mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki, aho yavuze ko Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi yashizemo umwuka saa moya na mirongo itatu n’itanu (07:35), aho yitabiye Imana iwe mu rugo ruri i Casa Santa Marta.

Karidinari Kevin Farrell yagize ati “Nshuti bavandimwe, mbabajwe bikomeye no gutangaza urupfu rwa Nyirubutungane Papa Francis. Saa 7:35 zo muri iki gitondo, Umushumba wa Roma, Francis, yatabarutse mu rugo kwa Data.”

Yakomeje avuga ko Nyirubutungane Papa Francis, mu buzima bwe bwose, yaranze no gukorera Nyagasani na Kiliziya Gaturuka, kandi ko abo babanye yabigishije indangagaciro zo “gukurera Imana, kurangwa n’ubudahemuka, umuhate no gukunda abantu bose nta vangura cyane cyane abakene, n’abandi bose b’abanyantege nke.”

Asoza agira ati “Turashima byimazeyo urugero rwiza yaduhaye rw’imyitwarire ya Nyagasani Yezu, turashima roho ya Papa Francis ku bw’urutundo rwe ruhebuje n’ingabire y’Imana.”

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yitabye Imana nyuma y’igihe gito avuye mu Bitaro bya Gemelli Hospital yari yajyanywemo tariki 14 Gashyantare 2025, nyuma yo kugira ibibazo mu myanya y’ubuhumekero.

Mu bihe bitandukanye, yagiye agira uburwayi bunyuranye byumwihariko bw’ibibazo byo mu buhumekero, ndetse n’umusonga, byari byarangije ibihaha bye byombi, byatumaga atabasha guhumeka neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

Next Post

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.