Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu

radiotv10by radiotv10
21/04/2025
in AMAHANGA
0
BREAKING: Inkuru y’incamugongo muri Kiliziya Gatulika yari ikiri mu byishimo by’izuka rya Yezu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis; yitabye Imana kuri uyu wa Mbere, nyuma y’amasaha macye Abakristu barimo n’aba Kiliziya Gatulika bizihije izuka rya Yezu.

Urupfu rwa Papa Francis rwatangajwe n’Ibiro bye, i Vatican kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, ko Nyirubutungane Papa yatabarutse ku myaka 88 y’amavuko.

Amakuru y’itabaruka rya Papa Francis, yatangajwe na Karidinari Kevin Farrell mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki, aho yavuze ko Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi yashizemo umwuka saa moya na mirongo itatu n’itanu (07:35), aho yitabiye Imana iwe mu rugo ruri i Casa Santa Marta.

Karidinari Kevin Farrell yagize ati “Nshuti bavandimwe, mbabajwe bikomeye no gutangaza urupfu rwa Nyirubutungane Papa Francis. Saa 7:35 zo muri iki gitondo, Umushumba wa Roma, Francis, yatabarutse mu rugo kwa Data.”

Yakomeje avuga ko Nyirubutungane Papa Francis, mu buzima bwe bwose, yaranze no gukorera Nyagasani na Kiliziya Gaturuka, kandi ko abo babanye yabigishije indangagaciro zo “gukurera Imana, kurangwa n’ubudahemuka, umuhate no gukunda abantu bose nta vangura cyane cyane abakene, n’abandi bose b’abanyantege nke.”

Asoza agira ati “Turashima byimazeyo urugero rwiza yaduhaye rw’imyitwarire ya Nyagasani Yezu, turashima roho ya Papa Francis ku bw’urutundo rwe ruhebuje n’ingabire y’Imana.”

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yitabye Imana nyuma y’igihe gito avuye mu Bitaro bya Gemelli Hospital yari yajyanywemo tariki 14 Gashyantare 2025, nyuma yo kugira ibibazo mu myanya y’ubuhumekero.

Mu bihe bitandukanye, yagiye agira uburwayi bunyuranye byumwihariko bw’ibibazo byo mu buhumekero, ndetse n’umusonga, byari byarangije ibihaha bye byombi, byatumaga atabasha guhumeka neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fifteen =

Previous Post

Ntibumva uko amakosa y’umuntu umwe yavamo igihano cy’Umudugudu wose

Next Post

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Ingabo za Mozambique zabwiye iz’u Rwanda icyo zizishimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.